Imyaka
30 ubu irashize ari mu buhanzi. Mu kiganiro kirambuye yagiranye na InyaRwanda,
Karisa Erneste wamamaye nka Samusure, yasubije amaso inyuma ku myaka ya 2006 na
2007, igihe yahisemo kwegera Niyitegeka akamwumvisha kugerageza gukina filime
bwa mbere. Icyo gihe, Papa Sava yabanje kubyanga.
Samusure
avuga ko igitekerezo cyo kumwinjiza muri cinema kitaturutse ku busa. Byaturutse
ku mukino umwe yamubonyemo i Huye, mu maserukiramuco yahuzaga za Kaminuza.
Icyo
gihe Niyitegeka yari umunyeshuri muri KIE, azwi mu itorero ry’ishuri, ndetse anavuga
amazina y’inka mu bukwe, impano idasanzwe mu muco Nyarwanda. Ariko umunsi umwe,
yakoze ‘one man show’ imara iminota irenga 40 ari wenyine ku rubyiniro.
Abantu
ntibarambiwe. Baramushyigikiye. Baraseka, barishima. Samusure na we yararebye,
aranyurwa.
Ni
bwo yatangiye kubona ko hari umukinnyi wa filime wihishe mu musizi n’umunyarwenya
wakiniraga kuri radio.
“Si ibintu
byanjye” – uko Papa Sava yabanje kubyanga
Icyakora
kubona impano si ko guhita uyijyana aho wifuza. Samusure yegereye Habyarimana
Charles, amubwira ko hari umuntu babonye i Huye ukwiye kwifashishwa muri filime.
Bafashe icyemezo cyo kumusanga.
Ariko
igisubizo cyari gitunguranye. Papa Sava yarabyanze.
Yavuze
ko atari ibintu bye. Ko we yamenyereye gukina ibitambuka kuri radio. Icyo gihe
yakoraga ibiganiro n’ibitaramo bya radiyo 10, ndetse anakora imivugo. Yumvaga ko
igihe cyo kujya imbere ya camera kitaragera, kandi ko akiri mu masomo.
Iryo
jambo rye rishobora gusobanurwa nk’ubwitonzi, ariko no gushidikanya. Hari
benshi baba bafite impano, ariko bakumva batiteguye kuyigaragaza ku rwego
runaka.
Icyakora,
nk’uko Samusure abivuga, igihe cyaje kugera. Papa Sava yaje kwemera ati: “Reka
tugerageze.”
Ni
bwo yatangiye gukina muri filime Zirara Zishya, imwe mu zahaye icyerekezo
gishya cinema Nyarwanda mu myaka ya mbere y’izamuka ryayo.
Iyo
ntambwe nto yo “kugerageza” ni yo yaje kuba umusingi w’urugendo rurerure. Uyu
munsi, Papa Sava ni umwe mu bakinnyi bubakiye izina rikomeye kuri televiziyo no
muri filime, by’umwihariko muri ‘Seburikoko’, yamugize icyamamare mu gihugu
hose no hanze yacyo.
“Biranshimisha
cyane” – ishema rya Samusure
Samusure
ntahisha ko yishimira intambwe mugenzi we agezeho. Avuga ko kubona uwo yigeze
kwegera, akanga, ariko akaza kwemera akazamuka, ari ishema rikomeye. Ati:
“Biranshimisha cyane, kandi si we wenyine. Ni benshi nagiye ncira inzira.”
Aya
magambo agaragaza uruhare rukomeye rw’ababaye abatangizi muri cinema Nyarwanda
– abantu babonye impano mu bandi, bakazifasha kubona aho zigaragarira.
Inkuru ya Papa Sava si iy’umukinnyi wamenyekanye gusa. Ni inkuru y’umuntu wigeze gutinya intambwe, ariko aza kuyitera. Ni inkuru y’undi wabonye impano, akayizirikaho, akayirwanira kugeza igeze ku nzozi zitari zagaragara neza.

Yabonye impano i Huye, arayikurikira kugeza yemeye kugerageza – Samusure asobanura uko yinjije Papa Sava muri cinema n’uburyo atigeze acika intege n’ubwo yabanje kubyanga

Kuva
kuri radio no mu mivugo, Papa Sava yaje kwemera kujya imbere ya camera,
intambwe yahinduye amateka ye, ubu arizihiza imyaka 30 mu buhanzi
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA SAMUSURE
VIDEO: Melvin Pro/ InyaRwanda.com
