Uyu
muhanzi wageze i Kigali aho yari yitabiriye igitaramo cya Oldies Music Fest, yagaragaje
ko kuba yarinjiye muri uru rwego bifungura amarembo mashya ku bahanzi bo mu
karere, cyane cyane ab’Abanyarwanda.
Mu
kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Wyre yavuze ko u Rwanda rufite impano
zidasanzwe mu muziki, kandi ko igihe kigeze ngo izo mpano zigaragare ku rwego
mpuzamahanga.
Yagaragaje
ko kuba ari mu bagize inteko itora ya Recording Academy bimuha ijwi mu gufata
ibyemezo, bikaba bishobora gutuma abahanzi bo mu karere barushaho kumenyekana
no kugera ku rwego rwo guhatanira ibihembo bya Grammy.
Yagize
ati: “muri iki gihe umuziki wa Afurika ntukiri uw’ibihugu byihariye gusa, ahubwo
wabaye isoko rimwe rinini aho indirimbo ikunzwe muri Kenya ishobora guhita ikundwa
no mu Rwanda, ndetse n’ikunzwe mu Rwanda ikagera no mu bindi bihugu byo mu
karere.”
Mu
gushimangira ubuhanga buri mu Rwanda, Wyre yashimye by’umwihariko abahanzi
barimo The Ben na Bruce Melodie, avuga ko bafite impano idasanzwe kandi
bakomeje kwigaragaza ku rwego rwo hejuru, by’umwihariko Bruce Melodie yise
umuririmbyi ufite ijwi ryihariye kandi rikomeye.
Uretse
ibyo, yibukije amateka y’imikoranire hagati ye n’abahanzi b’Abanyarwanda, aho
yavuze ku ndirimbo “Kutaka” yakoranye na Miss Shanel, ikaba yarabaye imwe mu
ndirimbo za mbere zafunguye amarembo y’ubufatanye hagati ye n’abahanzi bo mu
Rwanda.
Wyre
yavuze ko umujyanama we (manager) ari mu biganiro n’abahanzi b’Abanyarwanda
bafite izina rikomeye, hagamijwe kureba uko hakorwa imishinga mishya
y’indirimbo zihuriweho (collaborations) mbere y’uko asubira muri Kenya.
Wyre yasezeranyije abakunzi b’umuziki ibirori bidasanzwe mu gitaramo cya Oldies Music Fest, aho yavuze ko azaririmba indirimbo zakunzwe cyane mu bihe byashize ndetse asaba abantu kuza bikwije biteguye kubyina.
REBA IKIGANIRO WYRE YAGIRANYE N'ITANGAZAMAKURU UBWO YAGERAGA I KIGALI
