Aya
makuru yatangajwe n’urubuga rukurikirana imibare y’umuziki muri Afurika rwa
ChartsAfrica, rwavuze ko Wizkid akomeje kwandika amateka mashya mu rugendo rwe
rwa muzika ndetse no gushyira Afurika ku rwego mpuzamahanga.
Mu
butumwa rwanyujije ku rubuga rwa X, ChartsAfrica rwagize ruti: “Wizkid abaye
umuhanzi wa mbere wo muri Afurika ugejeje kuri miliyari 11 z’abamaze kumva
ibikorwa bye kuri Spotify.”
Iyi
ntambwe nshya Wizkid agezeho ije nyuma y’iminsi mike ashyize hanze indirimbo
nshya yakoranye na DJ Tunez yitwa “State of Mind”, yasohotse tariki 15 Gicurasi
2026.
Iyo
ndirimbo yakiriwe neza ku rwego mpuzamahanga kuko ku munsi wa mbere gusa
yumviswe inshuro zirenga ibihumbi 685 kuri Spotify ku Isi yose, ibintu byongeye
kugaragaza ubuhangange bwa Wizkid mu muziki wa Afurika no hanze yawo.
Si
ubwa mbere uyu muhanzi akoze amateka kuri uru rubuga rucurangirwaho umuziki,
kuko no muri Mutarama 2026 yari yabaye umuhanzi wa mbere wo muri Afurika
ugejeje kuri miliyari 10 z’abamaze kumva indirimbo ze kuri Spotify.
Wizkid,
benshi bita ‘Big Wiz’, amaze imyaka ari umwe mu bahanzi b’abanyafurika bafite
izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga.
Yagiye
akorana indirimbo n’abahanzi bakomeye ku Isi barimo Drake, Beyoncé na Chris
Brown, ibintu byafashije umuziki wa Afurika gukomeza kwagura isoko no kugera
kure.
Abakunzi
b’umuziki n’abasesenguzi bavuga ko iyi miliyari 11 ya ‘streams’ ari ikimenyetso
gikomeye cy’uko umuziki wa Afurika ukomeje gufata indi ntera ku Isi, cyane
cyane injyana ya Afrobeats ikomeje gukundwa n’abatari bake hirya no hino ku
mugabane w’u Burayi, Amerika no muri Aziya.
Iyi
ntambwe kandi yongeye gushimangira ko Wizkid ari umwe mu bahanzi bafite uruhare
runini mu gutuma Afurika iba igicumbi cy’umuziki uri guhindura isura y’inganda
z’imyidagaduro ku rwego rw’Isi.

Wizkid
yongeye gukora amateka! Uyu muhanzi wa Nigeria abaye uwa mbere muri Afurika
ugejeje kuri miliyari 11 z’abamaze kumva indirimbo ze kuri Spotify
