Chali
Bravo yitabye Imana ku wa 3 Werurwe 2026 aguye mu bitaro bya Levy Mwanawasa
Teaching Hospital biherereye i Lusaka, nyuma y’igihe gito arwaye.
Biteganyijwe
ko ashyingurwa kuri uyu wa Mbere mu muhango wo kumusezeraho urangwa no kwibuka
ubuzima bwe n’umurage yasize mu muziki.
Urupfu
rwe rwateye agahinda abahanzi benshi bakoranye na we, barimo n’itsinda rya
Radio & Weasel ryo muri Uganda ryigeze gukorana na we mu bihe bitandukanye.
Umuhanzi
Weasel yagaragaje agahinda yatewe no kubura uyu mu-producer abinyujije ku
rukuta rwe rwa Instagram mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 8 Werurwe 2026,
aho yibukije ko Chali Bravo ari umwe mu bagize uruhare mu ndirimbo zabo
zakunzwe cyane.
Yagize
ati: “Twababajwe cyane no kumva inkuru y’urupfu rwa Chali Bravo. Ni we
wadukoreye indirimbo zacu zakunzwe zirimo ‘Potential’ na ‘Take My Heart’
n’izindi.”
Yakomeje
agaragaza ko iki ari igihombo gikomeye ku muziki wa Zambia n’abamuzi bose. Ati
“Imitima yacu iri kumwe n’abaturage ba Zambia n’abantu bose bari bamuzi. Ni
igihombo gikomeye. Umurage we uzakomeza kubaho binyuze mu bihangano byiza
yadusigiye. Ruhukira mu mahoro Champ Chali.”
Ishyirahamwe
ry’abahanzi muri Zambia (Zambia Association of Musicians) na ryo ryemeje urupfu
rwe, rivuga ko Chali Bravo yari umwe mu ba-producer bagize uruhare rukomeye mu
guteza imbere no guhindura isura y’umuziki wa Zambia.
Uyu
mugabo wari washinze inzu itunganya umuziki ya Slingbeats Entertainment, akaba
yari azwiho ubuhanga mu gutunganya indirimbo ndetse no kuzandika.
Ubu
buhanga bwatumye akorana n’abahanzi batandukanye bakomeye muri Zambia ndetse
n’abo mu bindi bihugu.
Mu
bahanzi bakoranye na we harimo CQ, Crystal Shaun, K’Millian, Tommy D, Mampi,
Ty2, Namanje, Hamooba, General Ozzy, Kanji n’abandi benshi, aho benshi mu
ndirimbo yabakoreye zabaye ibyamamare mu muziki wa Zambia.
Producer
Chali Bravo yanakoranye n’itsinda rya Radio & Weasel, ryari rigizwe na
Moses Radio na Douglas Mayanja (Weasel), rimwe mu matsinda akomeye mu muziki wa
Uganda mu myaka yashize.
Yabakoreye
indirimbo zirimo “Potential” na “Take My Heart”, zigeze gukundwa cyane mu
karere ka Afurika y’Iburasirazuba, zikaba zarafashije gukomeza kumenyekanisha
iri tsinda hanze ya Uganda.
Radio
& Weasel ryamenyekanye cyane mu njyana ya Afrobeats na Dancehall, rikaba
ryarakoze indirimbo nyinshi zakunzwe zirimo “Nakudata”, “Bread & Butter”,
“Lwaki Onumya” n’izindi. Nubwo Moses Radio yitabye Imana mu 2018, Weasel
yakomeje umuziki asigasira umurage w’iri tsinda.
Chali
Bravo asize amateka akomeye mu muziki, aho benshi bamufata nk’umwe mu bantu
bagize uruhare mu kubaka umwihariko w’injyana n’imiterere y’umuziki wa Zambia
w’iki gihe. Urupfu rwe rufatwa nk’igihombo gikomeye ku ruganda rw’umuziki muri
iki gihugu no ku bahanzi benshi yakoranye na bo.

Weasel
yunamiye Producer Chali Bravo wamukoreye indirimbo zirimo ‘Potential’ na ‘Take
My Heart’, avuga ko urupfu rwe ari igihombo gikomeye ku muziki wa Zambia no ku
bahanzi benshi bakoranye na we
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘POTENTIAL’ YA GOOD LIFE YAKOZWE NA PRODUCERCHALI BRAVO WITABYE IMANA
