Wendy Waeni yakeje ibihe yagiranye na Perezida Kagame

Inkuru zishyushye - 11/08/2023 10:12 AM
Share:

Umwanditsi:

Wendy Waeni  yakeje  ibihe yagiranye na  Perezida  Kagame

Hashize imyaka irindwi Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Wendy Waeni. Uyu mwana ufite impano itangaje mu mikino ngororamubiri ukomoka mu gihugu cya Kenya, yongeye kwibuka ibihe yagiranye na Perezida Paul Kagame.

Wendy Waeni yavutse mu 2005, avukira i Nairobi akura arerwa na nyina umubyara gusa, Magdalene Syombus nyuma y’uko se abataye akigendera. Yize amashuri abanza kuri Daima Primali school, yiga ay’ikiciro rusange kuri St Georges Girls High School.

Mu gitondo cyo ku  wa Kane taeiki 10 Kanama 2023, nibwo Wendy Waeni yagiye ku rukuta rwe rwa X maze ashyiraho amafoto ari kumwe na Perezida Kagame ubwo aheruka mu Rwanda mu 2016 yandikaho ati “Imyaka irindwi irashize hamwe na Perezida Paul Kagame, ubwo yantumiraga muri Village Urugwiro muri 2016!!! Igihe kirihuta."


Wendy wamenyekanye kubera impano ye idasanzwe, yongeye kwishimira imyaka 7 ishize ahuye na Perezida Paul Kagame

Wendy ukomoka mu gihugu cya Kenya, kuva mu bwana bwe azwiho kugira impano idasanzwe mu mukino ngororamubiri wa Acrobacy. Ku myaka ye mike cyane yari amaze kwigarurira imitima ya benshi bitewe n’ubuhanga afite mu kwerekana ko umubiri we ugororotse.  

Mu Kuboza 2014 nibwo Perezida Paul Kagame yemereye uyu mwana w’umukobwa kuzamutumira i Kigali mu Rwanda. Abimwerera, hari mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’ubwigenge bwa Kenya ‘Jamhuri Day.’ Wendy Waeni yakomeje kubizirikana aza kubyibutsa Perezida Kagame muri Kanama 2016, abinyujije ku rubuga rwe rwa twitter.


Wendy, yari umwana muto cyane ariko ufite impani ihambaye ubwo yahuraga na Perezida w'u Rwanda Paul Kagame

Yanditse agira ati: “Muraho neza Perezida Paul Kagame! Ndacyategereje ubutumire bwange mu Rwanda nk’uko mwabinsezeranije Nyakubahwa."

Perezida Kagame yahise amusubiza, amwizeza kuzamugezaho ubutumire mu gihe cya vuba. Aho yagize ati: “Nta kibazo nzabitunganya. Ubutumire buzoherezwa vuba. Wagize neza gukomeza kubikurikirana!"


Wendy yaje mu Rwanda aherekejwe na nyina ndetse n'umutoza we

Inzozi z’uyu mwana zaje kuba impamo nyuma y’ukwezi kumwe gusa kuko yahise aza mu Rwanda guhura na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame. Wendy Waeni aherekejwe na Nyina umubyara ndetse n’umutoza we, bakiriwe na Perezida Kagame muri Village Urugwiro.

Mu biganiro bagiranye, Wendy Waeni yabwiye Perezida Kagame ati: “Uri ikitegererezo cyange. Ninkura nshaka kuzaba nkawe. Nziga cyane nshyizeho umwete."


Byari ibyishimo bikomeye kuri Wendy guhura na Perezida Paul Kagame

Perezida Kagame nawe yamusabye gukomeza gukora cyane ntatume amateka ye agoye cyane amubuza kugera ku ntego yiyemeje.


Wendy yabwiye Perezida ko nakura azaba nkawe

Wendy Waeni yatangiye imikino ngororamubiri afite imyaka ine gusa. Uyu mwana w’umukobwa yazengurutse imigabane itandukanye yerekana impano ye. Yahagarariye Kenya mu imurika mpuzamahanga ry’impano “World Talent Expo " ryabereye mu bihugu nka Taiwan n’ u Bushinwa. Impano ye yishimiwe byimazeyo n’abayobozi bagiye bayobora ibihugu batandukanye harimo nka Yoweri Museveni wa Uganda, Uhuru Kenyatta wa Kenya, uwahoze ari Perezida wa Ghana, John Mahama n’abandi.

Nyuma yo kuvugwa cyane mu itangazamakuru no gutangarirwa na benshi, muri 2018 ku myaka 13 gusa, Wendy yatorewe kuba Ambasaderi wa UNICEF, uhagarariye uburenganzira bw’abana.

Muri 2019 nibwo humvikanye inkuru ibabaje ivuga ko Wendy ufite impano mu mikino ngororamubiri arembejwe n’ubukene yatewe n’ubwambuzi yakorewe n’uwari umujyanama we, Joe Mwangi.

Kurubu, uyu mwana w’umukobwa ufite impano yakuruye benshi, aherutse gusezeraho iguhugu cye cya Kenya yimukira mu Bushinwa.

Abinyujije ku rubuga rwe rwahoze rwitwa Twitter, X yatangaje ko yahisemo kwimukira mu Bushinwa kubera urukundo akunda umukino we ndetse n’akazi.


Wendy akomereje impano ye mu Bushinwa


Ati: “Tekereza kuva mu gihugu cyawe ukagenda ibirometero birenga 7000! Urukundo rwatumye nsezera kuri byose, ndetse n’abantu bose bo muri Kenya. Nabonye urukundo i Beijing, mu Bushinwa."

Yongeraho ati: “Natangiye kwiyumamo kuva muri Kenya nkajya mu gihugu gishya mfite imyaka 17 gusa."


Yarakuze ubu afite imyaka 18, mu gihe yahuye na Perezida Kagame afite imyaka 11 gusa

Wendy avuga ko ari mu Bushinwa kubera urukundo akunda imikino ngororamubiri, kandi ko afite icyizere ko azaba icyamamare ku rwego rw’isi kubera impano ye yihariye.


Wendy afite impano itangaje

Ati: “Ntewe ishema nange ubwange, kuva muri Huruma Slums i Nairobi none ubu nkaba ndi kugaragara kuri ‘Stage’ ya mbere ku isi."

Mbere y’uko yimukira mu Bushinwa, Wendy yagiye atsindira ibihembo bitandukanye byaba iby’imbere mu gihugu, ndetse n’ibindi mpuzamahanga. 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...