Wema
ni izina rishya ryo guhanga amaso mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana aha
mu Rwanda kubera ubuhanga bwe ndetse n’imbaraga azanye muri uyu murimo w’ivugabutumwa
rishingiye ku kuririmba.
Wema
yatangaje ko yinjiye mu muziki mu rwego rwo kugira ngo atere ikirenge mu cy’umubyeyi
we nawe wari umuhanzikazi ndetse agira ngo akoreshe impano ye mu kuvuga
ubutumwa.
Yagize
ati: “Ni ugukurikiza umurage wa Mama wange. Nawe yari umuhanzikazi kandi w’umuhanga.
Uretse ibyo, dukeneye kubwiriza abantu bose mu buryo bwose bishoboka, nifuza
gukoresha impano yange mbwiriza ijambo ry’Imana.”
Yavuze
ko yifashishije Danny Mutabazi ngo amwandikire indirimbo kubera ko ari umuhanga
kandi ko hari ibyo amurusha bityo yinjiye mu muziki areberera ku bandi kandi
nabo bamufasha.
Ati: “Danny Mutabazi ni umuhanga murabizi. N’ubwo nange mbishoboye, ariko nabonye
byaba ari byiza gukorana n’undi muhanga umaze igihe kirekire kugira ngo
anyereke inzira.”
Indirimbo “Agakiza” niyo ya mbere yinjije Wema mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana yinjiyemo ateye ikirenge mu icy’umubyeyi we.


Wema yinjiye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ashyira hanze indirimbo "Agakiza"
Reba indirimbo "Agakiza" ya Wema
