Wasafi yanyomoje ibyo Rayvanny yavuze kuri Diamond Platnumz

Imyidagaduro - 17/06/2026 10:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Wasafi yanyomoje ibyo Rayvanny yavuze kuri Diamond Platnumz

Label ya WCB Wasafi yagaragaje ko amakuru yavuzwe na Rayvanny avuga ko urubuga rwa FIFA rwatangiye gukurikira Diamond Platnumz nyuma y’igitaramo cya FIFA Countdown Concert i Toronto atari yo.

WCB Wasafi yavuze ko FIFA itatangiye gukurikira Diamond vuba aha, ahubwo ko yamaze igihe kinini imukurikira kuva mu mwaka wa 2021, bityo ko ibyo byavuzwe bidafite ishingiro.

Ibi byatangajwe mu gihe Rayvanny yari yavuze ko igitaramo Diamond Platnumz yitabiriye muri gahunda ya FIFA ari intambwe ikomeye ku muziki wa Afurika, ndetse ko bishobora gufungurira abandi bahanzi bo mu karere amahirwe yo kwigaragaza ku ruhando mpuzamahanga.

Diamond Platnumz na Rayvanny bahuriye mu mishinga itandukanye. Muri yo harimo “Tetema” yamenyekanye cyane ku rwego mpuzamahanga, ndetse na “Iyena” yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki. Hari kandi n’indi mishinga bakoranye mu gihe bari bakiri kumwe mu nzu itunganya umuziki ya WCB Wasafi.

Wasafi yanyomoje ibyo Rayvanny yavuze kuri Diamond Platnumz



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...