Yabitangaje
ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Gicurasi 2026, mu kiganiro
nyunguranabitekerezo cyahuje Kiliziya Gatolika n’abavuga rikumvikana ku mbuga
nkoranyambaga, cyiswe “Catholic Influencers Connect”, cyabereye muri Sainte
Famille Hotel i Kigali.
Mu
ijambo rye, Karidinali Kambanda yavuze ko isi y’iki gihe iri kugenda irushaho
kujagarara mu bijyanye no gutandukanya ukuri n’ikinyoma, aho ikoranabuhanga
n’imbuga nkoranyambaga biri kugira uruhare rukomeye mu guhindura imyumvire
y’abantu.
Yagize
ati " "Uyu
munsi twisanga mu Isi yuzuye urusaku rwinshi. Urusaku rwiza n'urusaku rusenya.
Isi y'ikoranabuhanga irimo iragenda ku muvuduko uhambaye, Isi wacyeka ko nta
kuri n'inzira bibaho muri iyi si yacu.”
Yakomeje
avuga ko n’ishingwa ry’urugo na ryo riri gufatwa mu buryo bw’ubucuruzi, aho bamwe
barugereranya na “deal” cyangwa “contract”, ibintu avuga ko bigaragaza uko
indangagaciro zigenda zicika.
Yanagarutse
ku kuba hari n’abahuje ibitsina basigaye bumva ko gushyingiranwa ari
uburenganzira bwabo, ibintu Kiliziya Gatolika idashyigikira.
Ati
“Kugeza aho usanga umuntu yihitiramo kuba yakwihindura igitsina, uwari umugabo
akigira umugore, uwari umugore akagira umugabo, nkaho Imana yamuremye yibeshye
cyangwa ariwe wigenga icyo ari cyo, ugasanga ibyo gushyingirwa byabaye nka
'business' ni nka 'deal' ni contract (Kontaro) kugeza n'aho n'abahuje igitsina
nabo bumva ari uburenganzira bwabo bwo gushyingiranwa. Ni Isi nyine usanga
kumenya ukuri (bigoye)."
Karidinali
Kambanda yanagaragaje impungenge ku ruhare rw’imbuga nkoranyambaga mu
gukwirakwiza amakuru atari yo, avuga ko hari igihe ikinyoma gishobora
kwamamazwa ku buryo gifatwa nk’ukuri.
Ati
“Umuntu ashobora gufata ikinyoma akacyamamaza ku mbuga akakimenyekanisha,
benshi bacyakira cyangwa se badatohoje bakagifata uko kiri, ugasanga gihindutse
ukuri, benshi nicyo bemera, nicyo batoye, akagira ukuri, usanga ukuri kurayoba
[...] Ku buryo rero muri iki gihe cyacu kumenya ukuri no kuyoborwa n'ukuri
(biragoye), ariko n'ibintu byumvikana, iyo abantu bateye Imana umugongo, nta
kundi kuri baba bagifite. Buri umwe aravuga ati uku niko kuri kwanjye,
ntibagire aho bahurira."
Yasoje
agaragaza ko muri iki gihe kugendera ku kuri no kukumenya bigenda birushaho
kugorana, cyane cyane iyo abantu bateye Imana umugongo, kuko buri wese ashobora
kwihitiramo “ukuri kwe” bigatuma habura aho abantu bahurira.
Ku
rwego mpuzamahanga, ikibazo kijyanye no kwihinduza ibitsina n’uburenganzira bwo
gushyingiranwa kw’abahuje ibitsina kiri mu mpaka zikomeye, kandi ibihugu
n’imiryango mpuzamahanga bifite imyitwarire itandukanye cyane.
Ibihugu
byinshi byo mu Burayi, Amerika n’ibindi byateye imbere byamaze kwemerera
abahuje ibitsina gushyingiranwa. Urugero ni Leta Zunze Ubumwe z’Amerika,
Canada, u Budage, u Bufaransa n’ibindi.
Hari
n’ibihugu byemera ko umuntu ahindura igitsina mu buryo bwemewe n’amategeko,
ndetse bikanoroshya uburyo bwo kubikora.
Ku
rundi ruhande, ibihugu byinshi byo muri Afurika, Aziya n’Uburasirazuba bwo
Hagati ntibyemera ibyo. Mu bihugu nka Uganda cyangwa Saudi Arabia, amategeko
aracyahana ibikorwa bifitanye isano n’ubutinganyi, ndetse n’ibijyanye no
kwihinduza igitsina ntibyemerwa.
Amadini
menshi arimo Kiliziya Gatolika, Islam n’andi madini ya gakondo, akomeza
kwigisha ko igitsina cy’umuntu ari icyo yavukanye, kandi ko gushyingiranwa
bigomba kuba hagati y’umugabo n’umugore. Ni muri urwo rwego amagambo ya
Karidinali Kambanda ahura n’umurongo rusange w’inyigisho za Kiliziya ku isi.
Ariko kandi hari amadini cyangwa amatsinda y’amadini mu Burayi na Amerika yatangiye kwemera abahuje ibitsina no kubashyingira, bigaragaza ko no mu rwego rw’iyobokamana harimo impinduka ku bice bimwe by’isi.
Imiryango
nk’Umuryango Mpuzamahanga ishyigikira ko abantu bose bagomba kurindwa
ihohoterwa n’ivangura, harimo n’abihinduza ibitsina cyangwa abahuje ibitsina.
Ariko ntishyiraho itegeko rihuriweho n’ibihugu byose ku bijyanye no
gushyingiranwa, kuko ibyo bigengwa n’amategeko y’ibihugu ku giti cyabyo.
Ku
isi hose, imbuga nkoranyambaga zagize uruhare runini mu gukwirakwiza ibi
bitekerezo. Abashyigikira uburenganzira bw’aba LGBTQ+ bavuga ko ari
uburenganzira bwa muntu bwo kwihitiramo ubuzima bwe, mu gihe ababirwanya, harimo
n’amadini menshi, babifata nk’ihinduka rinyuranye n’umuco n’ukwemera.
Karidinali
Kambanda yagaragaje impungenge ku Isi iri kugendera ku “kuri kwa buri wese” mu
gihe ukuri nyakuri kugenda kuyoba
Karidinali
Kambanda yavuze ko imbuga nkoranyambaga ziri gutuma ikinyoma gifatwa nk’ukuri
mu Isi y’iki gihe
KANDA HANO UBASHE KUREBA IJAMBO RYOSE RYA KARIDINALI KAMBANDA
KANDA HANO UREBE CHRISTOPHER ABAZA IBIBAZO KARIDINALI KAMBANDA