Umukino w’amahirwe w’Akadege (uzwi cyane nka Aviator)
ni umwe mu mikino yo kuri internet igezweho cyane mu Rwanda no muri Afurika
yose, aho ukorera ku muvuduko ndetse ukagira uburyo bw’ikoranabuhanga
butandukanye n'indi mikino isanzwe y'amapari.
Uyu mukino utangira hari akadege gahaguruka, uko
kagenda kazamuka ni nako umubare w'ibikubo (Multiplier) ugenda uzamuka ari na ko amafaranga uri
kuwukina yashoye agenda yikuba.
Kugira ngo umuntu uri gukina akadege atsindire aya mafaranga
ahita agahagarikira aho kageze kazamuka, akayatsindira gutyo. Gusa iyo aka kadege kaguye utarahagarika ngo
ubikuze ayo mafaranga cyangwa kakagwa kakiri kuri rimwe uwari urimo aragakina aba
ahombye.
Abenshi bagakina bavuga ko biba bigoye kurya aya
mafaranga kuko uba utekereza ko ugiye kurya menshi kurushaho bikarangira
akadege gahise kagwa.
Abantu batandukanye bakomeje gusabwa ko kacibwa
Nyuma y’uko haciwe inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi
nk’ibyuma, kuri ubu abantu batandukanye binyuze ku mbuga nkoranyambaga bakomeje
gusaba ko aka kadege kaba muri sosiyete zitandukanye za Betting kacibwa.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga
yagiriye inama urubyiruko kureka gukina utudege two muri Beti mbere y’uko
amafaranga yabo yose aguruka.
Yanditse ati: ”Icyumweru gishya gihire! Uyu munsi
ndavuga ku tudege tugiye kumaraho amafaranga urubyiruko. Abirirwa
badukurikirana ngo ‘uyu munsi ndatsinda’ mutandukane na two mbere y’uko
amafaranga yose aguruka”.
ACP Boniface Rutikanga yavuze ko imikino y’amahirwe
cyane cyane iyo kuri interineti ikenesha. Ati: ”Imikino y’amahirwe, cyane cyane
iyo kuri murandasi, irakenesha. Uko ukanda ‘Bet’ ushaka miliyoni, amafaranga
yawe yo mu mufuka yo aba ari kuvuga ati: ‘Bye bye boss”.
Mu butumwa Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru
Mugabowagahunde Maurice yatanze ubwo yatangizaga ku mugaragaro imurikagurisha
ry'iminsi 15 ryateguwe n'Urugaga rw'Abikorera ku bufatanye n'Intara
y'Amajyaruguru riri kubera muri Stade Ubworoherane mu Karere ka Musanze kuva ku
wa 19 Kanama 2026, yibukije urubyiruko ko rugomba kwirinda kwishora mu mikino
y'amahirwe irimo "Akadege".
Yagize ati: ”Icyo twasabye urubyiruko rwacu ni
ukwirinda gushakisha ubukire binyuze mu mikino y’amahirwe nk'Akadege ahubwo
rukitabira gushakisha amakuru muri iri murikagurisha, rugashaka ibyo rukora
rwirinda ubunebwe, ubuzererezi, ubusinzi n’inzoga z’inkorano n’ibyuma byose
bitujuje ubuziranenge."
