Ntabwo hari gusiba ubutumwa
buvuga kuri Meddy ndetse abantu banyuranye bari kugaragara
bakoresha amafoto n’amashusho ye mu bihe bitandukanye.
Nyuma y’ibi byose, n’uburakari butagira ingano, Meddy yagiye aboroka (To block) abakoresha Twitter bamwibasiraga ku buryo hatasigaye n'umwe.
Nyuma yo kubaboroka, byasaga nk'aho noneho azuye akaboze kuko abantu bahise bacika ururondogoro ku mbuga nkoranyambaga na n'ubu haracyari kwaka.
Shaddyboo wabaye mu ba mbere
batishimiye ibyo Meddy ari kuvugwaho n’ibyo ari gukorerwa, yagiye ku ruhande
rwe, asubiza uwiyise Kemnique mu burakari bukomeye.

Shaddyboo werekanye
uburakari bwo kutishimira ubutumwa Meddy ari guhabwa bumwibasira, yasubije Kemnique wari umaze kuvuga kuri Meddy akavuga ko uyu muhanzi arwaye ndwara y'agahinda gakabije.
Kemnique yari yagize ati:’’Ngabo Meddy arimo kunyura mu bintu byinshi bigoye, abamuzi mumusure kuko afite ikibazo gikomeye nyuma yo gushakira muri Ethiopia. Afite depression
ikomeye, umenya ahari urushako atari rwiza. Mumubwire ko tuzongera kuba inshuti
ari uko amaze kwivuza, tukongera tukabona Meddy.’’

Shaddyboo yasubije umusore wari wibasiye Meddy
Nyuma y’ubu butumwa bwa
Kemnique Shaddyboo yahise amusubiza atazuyaje agira ati: ’’Urugero rwiza rw'ubwenge bucyeya. Ni ko wa gasore we umenya gute
ko umuntu afite Depression mutavugana? Uri muganga? Ahubwo bakurebere hafi.’’

Shaddyboo yifatanyije na Meddy uvugwaho gukubitwa n'umugore we

Ubutumwa bw'umusore wibasiye Meddy



Shaddyboo yasubirije Meddy

ShaddyBoo afatwa nk'umwamikazi w'imbuga nkoranyambaga mu Rwanda
