‘Vuvuzela’ n'ibyapa by'amashyaka: Ibitemewe mu gitaramo cya Doja Cat cyamaze kuba 'Sold Out'

Imyidagaduro - 17/03/2026 9:03 AM
Share:

Umwanditsi:

‘Vuvuzela’ n'ibyapa by'amashyaka: Ibitemewe mu gitaramo cya Doja Cat cyamaze kuba 'Sold Out'

Umuririmbyi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Doja Cat, yiyongereye kuri bagenzi be bataramiye i Kigali bashyizeho amabwiriza akakaye ku bijyanye n’uburyo igitaramo cye kizagaragazwa ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru.

Urubuga rucururizwaho amatike rwa www.ticqet.rw rwerekanye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Werurwe 2026, ko amatike yose yashize muri ‘system’, ibizwi nka 'Sold Out' [amatike yaguzwe arashira].

N’ubwo bimeze gutya kandi, Global Citizen yateguye iki gitaramo yagaragaje ko bimwe mu byangombwa by’ingenzi ni uko hatemewe gufata amashusho na ‘Camera’ zisanzwe, keretse telefoni zikoreshwa ku buryo bworoshye.

Ku bijyanye n’amafoto, abemerewe kumufata bemerewe gusa gufata amafoto ku ndirimbo eshatu za mbere, kandi bafite amasegonda 108 gusa yo gufata amafoto mbere yo kubika ibikoresho. Ntibemerewe kandi gukoresha ‘Flash’.

Gusa gukoresha telefoni mu gufata amashusho biremewe. Ibi si byo byonyine bibaye, kuko byagenze gutya ubwo Kendrick Lamar yataramiraga mu Rwanda mu 2023, aho amabwiriza nk’aya yahuriranye n’ayo yashyirwaga ku bashinzwe kumufasha mu muziki.

Berekanye ko mu bintu bitemerewe kwitwaza muri iki gitaramo harimo: Amacupa y'ibyuma, 'Camera' zifata amashusho, icyuma, 'Banners' zamamaza imitwe ya Politiki cyangwa se amashyaka, ibitekerezo, idini cyangwa se ibyamamaza ibigo runaka.

Harimo kandi ibintu bishobora kuguruka bigakomeretsa umuntu cyangwa ikintu, imipira yo gukina (Balloons na Balls), intwaro cyangwa se ibindi bikoresho bishobora guturika, motto n'ingofero zayo, ibyo kurya no kunywa [Kuko muri Arena bihari], imigozi cyangwa se insinga zifashishwa mu kumanika ikintu runaka, inyamaswa, Laptops na Tablet, ibikoresho bifata amajwi utabiherewe uburenganzira, 'Drones' zifata amashusho yo mu kirere,  ibikoresho byatera urusaku nka Vuvuzela, ibyuma by’urusaku nk’amafirimbi, n’ibikoresho bitanga umuziki (Speakers), ‘selfie sticks’, n’ibindi.

Iki gitaramo kizabera muri BK Arena mu Mujyi wa Kigali, aho abafana basabwa kwitwaza ibintu byemewe gusa, bagakurikiza amabwiriza yose kugira ngo babone ibihe byiza. Ni igitaramo kiba kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026.

Move Afrika ni gahunda ya Global Citizen igamije guhangana n’akarengane ku isi, binyuze mu gutanga amahirwe y’akazi n’ubucuruzi ku rubyiruko rw’Afrika, biciye mu bitaramo by’umuziki bikorwa buri mwaka.

Iyi gahunda ituma abahanzi b’afurika babasha kugaragaza impano zabo ku rwego mpuzamahanga, igateza imbere ishoramari mu baturage, ikanatanga amahugurwa ku rubyiruko mu bijyanye n’ubumenyi n’imyuga.

Umwaka wa 2025, Move Afrika yashyize imbere gahunda y’ubukangurambaga ishingiye ku iterambere rirambye n’ubukungu, cyane cyane mu rwego rw’ubuzima, isaba ibihugu by’Afrika kongera ishoramari mu buvuzi, guteza imbere ubuvuzi bw’ibanze, uburenganzira bw’imyororokere n’ubuzima bw’imyororokere, no kugabanya umutwaro w’imari ku bihugu mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’ubuvuzi rusange.

Mu gitaramo cya mbere cya Move Afrika mu Rwanda, cyabereye i Kigali mu Ukuboza 2023, cyayobowe na Kendrick Lamar, kikaba cyaragaragaje umusaruro mu gutanga akazi, amahugurwa no gushyigikira urubyiruko mu bucuruzi.

Iki gitaramo cyakoresheje abakozi barenga 1,000 b’Abanyarwanda, aho 75% by’abakozi bari ab’iwacu, kandi cyari kimwe mu bitaramo by’umuziki byakunzwe cyane mu Rwanda, harimo n’ibitaramo by’abahanzi nka Zuchu, Bruce Melodie, DJ TOXXYK, Sherrie Silver, Ariel Wayz, Kivumbi King na Bruce The 1st.

 

Mu gitaramo cya Doja Cat ntibyemewe gufata amashusho na ‘Camera’, abemerewe amafoto nabo bahawe indirimbo eshatu za mbere

 

Global Citizen yagaragaje ibikoresho binyuranye bitemewe kwinjizwa muri BK Arena ku munsi w’igitaramo birimo nka ‘Vuvuzela’, ibikoresho byamamaza imitwe ya Politiki cyangwa se idini 


Doja Cat agiye gutaramira i Kigali ku nshuro ye ya mbere nyuma y’imyaka 15 ishize ari mu muziki

Hagaragajwe ibintu abafana n'abandi batemerewe kwinjiza mu gitaramo cya Move Afrika i Kigali

Urubuga rwa BK Arena rugaragaza ko amatike y'iki gitaramo yashize ku isoko


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...