REG VC yatangiye umukino yitwara neza ndetse yegukana iseti ya mbere ku manota 25-23 mbere yo gukomeza kwerekana urwego rwo hejuru mu ya kabiri yatsinze ku manota 25-14. Mu iseti ya gatatu, Police VC yagerageje guhindura ibintu, ariko REG VC ikomeza gukina neza irayegukana ku manota 25-23, ihita ibona intsinzi ya gatatu yari ikenewe kugira ngo ibe nyampinga.
Iki gikombe cyongeye gusubira muri REG VC nyuma y’imyaka ine, kuko yari yagitwaye bwa nyuma mu 2022. Yasimbuye APR VC yari icyegukanye mu mwaka ushize itsinze Police VC.
Aya makipe yombi yahise anabona amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino ya Afurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, ‘African Volleyball Clubs Champions Championship’.
Mu bihembo by’abakinnyi bitwaye neza, Sibomana Placide yabaye “Best Server”, Gisubizo Merci aba “Best Receiver”, naho Ntanteteri Crispin aba “Best Setter”. Matui Nicholas yabaye “Best Attacker” anatwara igihembo cy’umukinnyi mwiza w’irushanwa (MVP). Twagirayezu Emmy yabaye “Best Blocker” mu gihe Niyigena Jules yabaye “Best Libero”.
Mu bagore, APR WVC ni yo yatwaye igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda Kepler WVC imikino 3-0.




