Iyo kajugujugu yari itwaye abantu umunani barimo Visi Perezida Nalumango, abari bamuherekeje ndetse n'abakozi bayitwaraga. Nta n'umwe muri bo wakomeretse, nk'uko byemejwe na Minisiteri y'Itangazamakuru n'Itumanaho ya Zambia.
Inkuru dukesha ikinyamakuru Punch News Paper ivuga ko iyi mpanuka yabaye ubwo Nalumango yari mu rugendo rw'ibikorwa byo kwiyamamaza bitegura amatora rusange ateganyijwe ku wa 13 Kanama 2026.
Kajugujugu yari ivuye mu bikorwa byo kwiyamamaza byabereye i Nakonde yerekeza mu Karere ka Isoka, aho yari ategerejwe gukomeza ibikorwa bya politiki.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y'iyo mpanuka, Nalumango yavuze ko kajugujugu imaze umwanya muto ihagurutse yahise igwa. Yagize ati: "Tumaze guhaguruka, hashize nk'umunota umwe cyangwa ibiri, duhita tugaruka hasi."

Nyuma y'impanuka, Visi Perezida yajyanywe ku kigo nderabuzima kiri hafi kugira ngo akorerwe isuzuma risanzwe rikorwa mu rwego rwo kumenya nib anta kibazo gikomeye yagize, nyuma abaganga bemeza ko nta kibazo cy'ubuzima afite, ahita asezererwa.
Minisiteri y'Itangazamakuru n'Itumanaho ya Zambia yashimye abapilote, inzego z'ubutabazi ndetse n'abaturage bo muri Nakonde bagize uruhare mu gutabara byihuse nyuma y'iyo mpanuka.
Amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza kajugujugu yangiritse cyane iri ku ruhande. Amakuru ya mbere avuga ko ishobora kuba yarakoze ku giti mbere yo kugwa, ariko inzego zibishinzwe ntizirabyemeza.
Abashinzwe iperereza batangaje ko batangiye gukora iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyo mpanuka, mu gihe Visi Perezida Nalumango yavuze ko azakomeza gahunda ze zose zari ziteganyijwe.
