Uyu musangiro wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri
muri resitora izwi cyane i Madrid yiswe ‘61’. Warimo abakinnyi bose 24 ba Real Madrid
barimo na Militao, Rodrygo na Jude Bellingham nubwo bari baravunitse.
Nta muyobozi
n’umwe cyangwa umutoza wari uhari dore
ko ari aba bakinnyi ku giti cyabo bawuteguye kugira ngo baganire ku mikino
ikomeye bafite imbere ndetse no ku bikombe barimo barakinira birimo icya
shampiyona na UEFA Champions League.
Amafaranga yose yakoreshejwe yishyuwe na Kylian
Mbappe na Vinicius bakaba bari no mu batangije iyi resitora. Nk'uko Marca
yabyanditse, Lunin, Rüdiger, Arda Güler na Mendy ni bo babimburiye abandi kuva muri uyu musangiro saa tanu z’ijoro.
Fede Valverde na Militao bo bagiye saa tanu n’igice,
Fran García asohoka saa tanu n’iminota 39. Mastantuono, Brahim na Gonzalo bo
bagiye hafi saa sita z’ijoro.
Camavinga we yasohotse saa saba n’umunota umwe
akurikirwa na Alaba, Rodrygo na Huijsen. Vinicius yatashye saa saba n’iminota
26, Mbappé akurikiraho saa saba n’iminota 32.
Courtois, Carvajal, Tchouaméni na Álvaro Carreras na
bo bagiye bakurikirana kugeza hafi saa munani z’ijoro. Bellingham na mugenzi we
w’Umwongereza Trent bo batashye saba
n’iminota 52, Ceballos asohoka saa saba n’iminota 59.
Nubwo aba bakinnyi batashye aya masaha ariko kuri uyu wa Gatatu babyukiye mu
myitozo i Valdebebas mu rwego rwo kwitegura umukino bafitanye na Real Sociedad
ku wa Gatandatu.
Uyu musangiro wabaye mbere y’icyumweru kimwe gusa mbere y’umukino ukomeye wa Champions League bazahuramo na Benfica, mu gihe kandi bari mu rugamba rukomeye rwo kwegukana La Liga aho bamaze gutsinda imikino irindwi ikurikirana bakaba barushwa inota rimwe na FC Barcelona ya mbere.

