Vini na Mbappe ni bo bishyuye! Abakinnyi ba Real Madrid bahuriye mu musangiro wihariye

Imikino - 11/02/2026 8:30 AM
Share:

Umwanditsi:

Vini na Mbappe ni bo bishyuye! Abakinnyi ba Real Madrid bahuriye mu musangiro wihariye

Abakinnyi ba Real Madrid bahuriye mu musangiro wihariye mu rwego rwo gutegura imikino ikomeye bafite imbere, Vinicus na Kylian Mbappe aba ari bo bishyura ibyakoreshejwe byose.

Uyu musangiro wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri muri resitora izwi cyane i Madrid yiswe ‘61’. Warimo abakinnyi bose 24 ba Real Madrid barimo na Militao, Rodrygo na Jude Bellingham nubwo bari baravunitse.

Nta muyobozi n’umwe cyangwa umutoza wari uhari dore ko ari aba bakinnyi ku giti cyabo bawuteguye kugira ngo baganire ku mikino ikomeye bafite imbere ndetse no ku bikombe barimo barakinira birimo icya shampiyona na UEFA Champions League.

Amafaranga yose yakoreshejwe yishyuwe na Kylian Mbappe na Vinicius bakaba bari no mu batangije iyi resitora. Nk'uko Marca yabyanditse, Lunin, Rüdiger, Arda Güler na Mendy ni bo babimburiye abandi kuva muri uyu musangiro saa tanu z’ijoro.

Fede Valverde na Militao bo bagiye saa tanu n’igice, Fran García asohoka saa tanu n’iminota 39. Mastantuono, Brahim na Gonzalo bo bagiye hafi saa sita z’ijoro.

Camavinga we yasohotse saa saba n’umunota umwe akurikirwa na Alaba, Rodrygo na Huijsen. Vinicius yatashye saa saba n’iminota 26, Mbappé akurikiraho saa saba n’iminota 32.

Courtois, Carvajal, Tchouaméni na Álvaro Carreras na bo bagiye bakurikirana kugeza hafi saa munani z’ijoro. Bellingham na mugenzi we w’Umwongereza Trent bo batashye saba n’iminota 52, Ceballos asohoka saa saba n’iminota 59. Uwatashye nyuma ni Asencio akaba yatashye saa Munani n’iminota z’ijoro n’iminota 50.

Nubwo aba bakinnyi batashye aya masaha ariko kuri uyu wa Gatatu babyukiye mu myitozo i Valdebebas mu rwego rwo kwitegura umukino bafitanye na Real Sociedad ku wa Gatandatu.

Uyu musangiro wabaye mbere y’icyumweru kimwe gusa mbere y’umukino ukomeye wa Champions League bazahuramo na Benfica, mu gihe kandi bari mu rugamba rukomeye rwo kwegukana La Liga aho bamaze gutsinda imikino irindwi ikurikirana bakaba barushwa inota rimwe na FC Barcelona ya mbere.

Abakinnyi ba Real Madrid bahuriye mu musangiro wihariye 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...