Vini, Mbappé na Konaté banze kwifatanya n’impunzi z’Abanyafurika ziri muri Espagne

Imikino - 16/09/2026 9:16 AM
Share:

Umwanditsi:

Vini, Mbappé na Konaté banze kwifatanya n’impunzi z’Abanyafurika ziri muri Espagne

Vinicius Junior, Kylian Mbappé na Ibrahima Konaté ba Realk Madrid banze kugaragaza ubutumwa bwari buri ku imyambaro yari yateguwe mu rwego rwo kwifatanya n’impunzi z’Abanyafurika zo muri Espagne mu gace ka Ceuta.

Mbere y’uko umukino wa La Liga wahuje Elche na Real Madrid kuri Stade Martínez Valero utangira, abakinnyi b’amakipe yombi basohotse mu kibuga bambaye imipira yariho ubutumwa bwo gushyigikira Ceuta.

Gusa, hari abakinnyi batatu ba Real Madrid bagaragaje imyitwarire itandukanye n’iy’abandi. Vinicius Junior, Kylian Mbappé na Ibrahima Konaté bahawe iyi mipira n’umukozi ushinzwe imyambaro y’ikipe ubwo bari mu nzira igana mu kibuga.

Konaté yafashe umupira we mu ntoki gusa, mu gihe Mbappé na Vinicius bo bayambaye igfice aho batayirambuye neza ngo ubutumwa buriho bugaragare.

Iyo myambaro yariho ubutumwa bugira buti “We are all mackerel”, amagambo agamije kugaragaza ubufatanye n’impunzi z’Abanyafurika ziri kuri  Ceuta, umujyi wigenga wa Espagne uherereye ku mugabane wa Afurika.

Ibi bibaye nyuma y’ibikorwa bitandukanye byagaragaje ubufatanye na Ceuta. Mu mukino Real Madrid iheruka gukina na Inter, abafana bari mu gice cy’amajyepfo cya Stade Santiago Bernabéu berekanye ibendera rya Ceuta.

Mbere y’uwo mukino kandi, Real Madrid yari yasohoye itangazo rihakana amakuru yavugaga ko hari amabwiriza abuza abafana kugaragaza ubufatanye cyangwa gushyigikira abaturage ba Ceuta.

Real Madrid ubwayo ni yo yatangaje ku rubuga rwayo ko iyi gahunda yari igamije kugaragaza ubufatanye na Ceuta.

Mu itangazo ryayo, iyi kipe yagize iti: “Mbere y’uko umukino wa Elche na Real Madrid utangira, abakinnyi b’amakipe yombi basohotse mu kibuga kuri Stade Manuel Martínez Valero bambaye imipira iriho amagambo agira ati ‘Twese turi abaturage ba Ceuta’, mu rwego rwo kugaragaza ubufatanye na Ceuta.”

Ceuta kandi ifite umwihariko kuri Real Madrid kuko ari ho José Martínez, uzwi nka ‘Pirri’, wahoze ari umukinnyi w’iyi kipe ndetse ubu akaba ari Perezida w’icyubahiro wayo, yavukiye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...