Uyu mukinnyi w’imyaka 27 wari umaze imyaka ibiri
atera ubwoba ba myugariro muri Sporting CP yo muri Portugal, agiye mu Bwongereza
afite ubunararibonye buhanitse, aho yasize atsindiye iyo kipe ibitego 97 mu
mikino 102, umubare ugaragaza neza urwego rwe rwo hejuru.
Mu gihe yari muri Sporting, Gyökeres yayifashije
kwegukana ibikombe bibiri bya shampiyona (Primeira Liga) bikurikirana ndetse
n’igikombe cy’igihugu, anabigaragarizamo ubuhanga buhambaye ubwo yabaga rutahizamu
watsinze ibitego byinshi mu myaka ibiri.
Ntibyarangiriye aho, kuko no mu ikipe y’igihugu ya
Suède amaze gutsindira ibitego 12 mu mikino 17 aheruka, bikamugira umwe mu
bakinnyi b’imbere bafite akamaro gakomeye mu gihe kiri imbere.
Gyökeres yavukiye i Stockholm muri Suède,
atangirira umupira mu ishuri rya IF Brommapojkarna, aho yigaragaje cyane mu
makipe y’abato, atsinda ibitego 32 mu mikino 31. Ku myaka 17 gusa, yari yamaze kugera
mu ikipe nkuru.
Yerekeje muri Brighton & Hove Albion mu 2018,
aho yakomeje kumenyera ubuzima bw’umupira w’u Bwongereza, kuko yanakiniye amakipe
nka Swansea City, St. Pauli (mu Budage) na Coventry City.
Umuyobozi ushinzwe siporo muri Arsenal, Andrea
Berta, yavuze ko kwinjiza Viktor muri Arsenal ari intambwe ikomeye: Ati “Ni
umukinnyi wihariye. Yatweretse ko afite imbaraga, ubwenge n’ubushake bwo
gutsinda buri munsi. Twizeye ko azatubera igikoresho gikomeye haba mu kibuga no
mu rwambariro,” yavuze Berta.
Umutoza Mikel Arteta nawe ntiyazuyaje kugaragaza
ibyishimo bye. Ati:
Viktor Gyökeres azambara numero 14, imwe mu zifite amateka akomeye muri Arsenal, yambarwaga na Thierry Henry.