Victor Rukotana arakataje mu rugendo rwa ‘Dutarame u Rwanda’, ibitaramo bihuza abakunzi ba Gakondo

Imyidagaduro - 06/08/2026 11:00 AM
Share:

Umwanditsi:

Victor Rukotana arakataje mu rugendo rwa ‘Dutarame u Rwanda’, ibitaramo bihuza abakunzi ba Gakondo

Mu gihe umuziki nyarwanda ukomeje kwaguka mu njyana zitandukanye, hari bamwe mu bahanzi bahisemo kwibanda ku kubungabunga umuco no kuwugeza ku rubyiruko mu buryo bujyanye n'igihe.


Muri abo harimo Victor Rukotana, watangije uruhererekane rw'ibitaramo yise "Dutarame u Rwanda", agamije kongera guha umwanya umuziki gakondo, kuwugeza ku bantu benshi no kuwushyira ku rwego rukwiye.

Ni umushinga afata nk'urugendo rurerure ruzarenga kuba ibitaramo bisanzwe, ahubwo rukazaba urubuga ruhuriraho umuco, ubuhanzi n'ubumwe bw'Abanyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Rukotana yavuze ko nubwo benshi batekereza ko ari bwo atangiye uyu mushinga, mu by'ukuri ari igitekerezo amaze igihe agerageza gushyira mu bikorwa.

Ati: "Sinavuga ko mbitangiye kuko nagiye mbigerageza mu bihe bitandukanye, gusa nkagongwa no kutabona ahantu hanyaho nahuriza abakunzi banjye. Nyuma naje kwegera Onomo Hotel ngo mbihakomereze, baranyakira. Gusa ni ‘Project’ nini, ntabwo ari ho izagarukira. Nimara kwaguka izajya no ahandi."

Ku ikubitiro, ibi bitaramo bizajya bibera muri Onomo Hotel i Kigali buri wa Gatanu wa nyuma wa buri kwezi, ariko ngo intego ni uko bizagera no mu bindi bice by'igihugu.

Guha umuziki Gakondo urubuga ukwiye

Victor Rukotana avuga ko kimwe mu byamuteye gutekereza uyu mushinga ari uko umuziki gakondo udakunze guhabwa ibitaramo bihoraho kandi bifite ireme, nyamara ari umwe mu nkingi z'umuco nyarwanda.

Yasobanuye ko usanga ibitaramo byinshi bya gakondo bibera mu tubari, ibintu we abona bidaha agaciro uwo muco.

Ati: "Ndimo gushyira itafari ku ruganda rw'ubuhanzi Gakondo budakunze kugira ibitaramo bigaragara, usibye nka kimwe cyabaga mbere n'ikindi kiba muri muri ‘Summer’. Ibindi byinshi bibera mu tubari. Umuco ni ikintu cya gaciro gikomeye kigomba kubahwa, kigomba kugira isuku kuva ku hantu kibera kugera ku bantu bakitabiriye."

Yongeraho ko "Dutarame u Rwanda" itazaba urubuga rw'abahanzi basanzwe bazwi gusa, ahubwo ko izafasha n'abakiri bato bafite impano kubona aho bazigaragariza.

Arakomeza ati: "Muri Dutarame u Rwanda hazajya hagaragaramo impano nyinshi zitandukanye z'abakiri bato cyangwa abashaka aho kwiyerekanira kugira ngo abantu nabo bababone, nk'uko natwe twese byagenze."

Kurenga imyidagaduro, bikaba urubuga rw'ubumwe n'umuco

Rukotana agaragaza ko ibi bitaramo bifite intego irenze gususurutsa abantu. Asobanura ko yifuza kubyubakamo ubutumwa bwo gukunda igihugu, kubaka ubumwe no gukomeza gusigasira indangagaciro z'umuco nyarwanda.

Ati: "Icyo bigamije ni ugukomeza guhuza Abanyarwanda mu buryo bwo gushyigikira ubumwe bwabo. Turashaka kugira ‘show’ ihoraho ya Gakondo iba buri kwezi kandi itabereye mu kabari kuko si abantu bose bahisanga."

Akomeza avuga ko ibi bitaramo bizafasha urubyiruko kurushaho gukunda umuco nyarwanda no kuwumenyekanisha ku banyamahanga basura u Rwanda. Ati: "Bigamije guhesha agaciro umuco wacu, gukomeza kuwukundisha urubyiruko ndetse no gukundisha u Rwanda abarusura batandukanye."

Buri kwezi hazaba ihuriro ry'abakunda umuco

Nk'uko gahunda yateguwe, "Dutarame u Rwanda" izajya iba buri wa Gatanu wa nyuma wa buri kwezi, ikazahuza abakunzi b'umuziki gakondo, abahanzi n'abandi bose bifuza gusabana binyuze mu muco.

Rukotana asanga ibi bizafasha kubaka umuco wo kugira ibitaramo bihoraho bya gakondo nk'uko bikorwa no mu zindi njyana.

Ubutumwa yageneye Abanyarwanda

Mu gusoza ikiganiro, Victor Rukotana yahamagariye Abanyarwanda kwitabira ibi bitaramo, avuga ko ari uburyo bwo kwishimira igihugu no gutangira ukwezi gushya bafite imbaraga n'ubuzima bwiza.

Ati: "Icyo nasaba abakunzi banjye n'Abanyarwanda muri rusange ni uko twajya duhura tukitaramira, tukibukiranya ko u Rwanda ari urwacu, ntawuturutanya. Ubundi tugatangira ukundi kwezi twemye twirinda inzoga z'ibyuma n'izindi nzoga zose zatuma amagara yacu yangirika, bityo ejo h'u Rwanda hakajya mu kangaratete."

Umuhanzi wahinduye icyerekezo akubaka izina muri Gakondo

Victor Rukotana ni umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda. Yatangiye yamamara mu ndirimbo z'urukundo zirimo uruvange rwa R&B na Afrobeat, ariko mu myaka ishize yafashe icyemezo cyo kwerekeza imbaraga ze mu muziki gakondo uvanzwe n'uburyo bugezweho.

Iyo nzira yamuhesheje izina rikomeye ndetse inatuma aba umwe mu bahanzi b'icyitegererezo mu kongerera agaciro umuco nyarwanda binyuze mu muziki.

Mu ndirimbo ze zakunzwe harimo Warumagaye, Promise, Sweet Love, Umubavu, n'izindi.

Mu mpera za 2025 yamuritse album ye ya mbere yise "Imararungu" mu gitaramo cyabereye muri BK Arena. Iyi album igizwe n'indirimbo 10 zirimo Munyana, Inyange, U Rwanda n'izindi zigaragaza uburyo yubatse umwihariko we mu njyana ya gakondo.

Mu bihe bitandukanye kandi, Rukotana yagiye ategura ibitaramo bya Live bifite umwihariko wo gucuranga imbonankubone, ibintu byamugize umwe mu bahanzi bafite uruhare rukomeye mu kuzamura urwego rw'ibitaramo bya gakondo mu mujyi wa Kigali.

Ubu, binyuze muri "Dutarame u Rwanda", Victor Rukotana arashaka ko umuziki gakondo utaba gusa umurage w'amateka, ahubwo ukaba umusingi uhuza ibisekuru, ugaha urubyiruko urubuga rwo kuwumenya, kuwukunda no kuwukomeza.

Ni urugendo rutangiye, ariko rufite icyerekezo cyo kuba kimwe mu bikorwa bishobora guhindura isura y'ibitaramo bya gakondo mu Rwanda.

Victor Rukotana yatangaje ko ageze kure uruhererekane rw’ibitaramo yise “Gira u Rwanda”


Rukotana yavuze ko ibi bitaramo bigamije guhuza abakunzi ba gakondo, bagahurira ahantu hamwe ubundi bagatarama


Rukotana yasobanuye ko yihaye intego yo gufasha abakiri bato kwisanga mu muziki gakondo, no kumenye umuco birushijeho




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...