Vestine uririmbana na Dorcas yasezeranye imbere y’Imana na Idrissa, bahabwa impamba bazubakiraho urugo - AMAFOTO+VIDEO

Iyobokamana - 05/07/2025 4:26 PM
Share:

Umwanditsi:

Vestine uririmbana na Dorcas yasezeranye imbere y’Imana na Idrissa, bahabwa impamba bazubakiraho urugo - AMAFOTO+VIDEO

Umuhanzikazi Ishimwe Vestine, umwe mu baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu itsinda rya ‘Vestine na Dorcas’, yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Idrissa wo muri Burkina Faso, mu birori byabereye mu busitani bwa Intare Conference Arena, kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Nyakanga 2025.

Ni umuhango wuje ibihe by’amasengesho n’ubusabane, wayobowe na Pasiteri Jackson Mugisha, wahaye ijambo ry’Imana abageni n’abari bitabiriye ibi birori, ashimangira ko urugo nyarwo rugira imbaraga iyo rushingiye ku Mana.

“Urugo ntiruguhisha, ahubwo ruraguhishura” – Pasiteri Jackson

Mu nyigisho yatanze, Pasiteri Jackson Mugisha wa Spirit Revival Temple yasomye muri Itangiriro 2:24 hagira hati “Ni cyo gituma umuntu azasiga se na nyina, akabana n'umugore we akaramata, bombi bakaba umubiri umwe.” Avuga ko urugo rugomba kubakirwa ku Mana kugira ngo rugire imbaraga n’icyerekezo kirambye.

Yagize ati: “Urugo kugira ngo rukomere, rugire imbaraga ni uko rugomba kuba rurimo Imana. Iyo Imana itari mu rugo, ntirugira aho rugana. Urugo ntabwo ruguhisha, ahubwo ruraguhishura.”

Yavuze ko imwe mu mpamvu nyamukuru ituma ingo nyinshi zisenyuka muri iki gihe, harimo no kutamenya Imana, ndetse no kubura ubumenyi n’ubwenge mu bashakanye.

Ijambo ry’Imana ryaherekeje isezerano rya Vestine na Idrissa

Pasiteri Jackson yasobanuye ko abageni bagiye babanza kwigishwa inshuro eshanu, aho bigishijwe ibyerekeye urugo, inshingano z’umugabo n’umugore, ndetse n’uko bakemura amakimbirane mu mahoro.

Yibanze ku Imigani 24:3 hagira hati “Ubwenge ni bwo bwubaka urugo, Kandi rukomezwa no kujijuka.” Avuga ko Salomo wanditse Imigani, yagaragaje ko urugo rwubakwa n’ubwenge, ubumenyi n’ubushishozi.

Pasiteri Jackson ati “Ibi bitatu – ubwenge, ubumenyi n’ubushishozi – ni byo byubaka urugo. Ni nabyo twaganirije Vestine na Idriss kugira ngo bagire aho bahera mu kubaka umubano wabo,”

Yanenze imyitwarire ya bamwe bita urugo Paradizo, abibutsa ko kugira urugo rwiza bisaba kwiga no gushaka inama z’abakuze. Ati: “Urugo rwiza ntabwo barurota. Ruraharanirwa kandi rugashingira ku kumenya inshingano.”

“Idrissa niwe Pasiteri wa mbere wa Vestine”

Yibukije ko inshingano ku mugabo ari ugukunda umugore we, naho umugore akamugandukira nk’uko Abefeso 5:25 habivuga, bati “Bagabo, mukunde abagore banyu nk'uko Kristo yakunze Itorero akaryitangira ngo aryeze, amaze kuryogesha amazi n'ijambo rye.

Ati “Vestine, ndi Pasiteri wawe, ariko Idrissa niwe Pasiteri wawe wa mbere. Ni we ugomba kumvira.”

Yakomeje avuga ko abagore bamwe basigaye bumvira abapasiteri kurusha abagabo babo, ibintu abona ko bishobora gutuma ingo zidakomera. Yatanze urugero agaragaza ko mu mugabo harimo intama n’intare, avuga ko umugore afite ubushobozi bwo kuzamura rumwe muri ibyo bitewe n’uko amufata.

“Shyiramo Kristo, wirinde gukuramo Imana

Pasiteri Jackson Mugisha yasoje asaba Vestine na Idrissa gushyira Imana ku rufatiro rw’urugo rwabo. Ati: “Urugo ni umushinga w’Imana. Ntimwibeshye ngo mukuremo Kristo ngo urugo ruzabe rwiza. Ntimwiyibagize inshingano zanyu.”

Vestine yari yambaye ikanzu y’umweru, aherekejwe n’inshuti ze, mu gihe Idrissa nawe yari yambaye imyenda y’umweru n’inyongera y’umukara. Bagaragaye bishimye, basa n’abafite icyizere cy’ejo heza mu rugendo batangiye rw’isezerano ryo kubana akaramata.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’inshuti z’aba bombi, abavandimwe, abahanzi bagenzi ba Vestine ndetse n’abandi barimo abayobozi b’amatorero, abapasiteri, n’abakunzi b’umuziki wa Gospel.

Vestine na Dorcas ni abaririmbyi babiri b’abakobwa bamenyekanye cyane mu Rwanda mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana. Bamenyekanye nk’itsinda rifite ubuhanga n’amajwi meza akundwa cyane n’abantu b’ingeri zose.

Bafite indirimbo nyinshi zamenyekanye zirimo: Ihema, Yebo, Adonai, Nahawe Ijambo, Ku Musaraba n’izindi. Baririmba mu buryo bwa "Duo", bakagira ihuriro ry’amajwi ridasanzwe. Ibyo baririmba bibanda ku guhumuriza, gukangurira abantu kwihana no kubana n’Imana mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Bafite umurongo wo gusakaza ubutumwa bwiza mu rubyiruko, kandi ibihangano byabo bikoreshwa cyane mu nsengero, ibitaramo bya gospel no mu mihango y’amasengesho. Bamaze gukora ibitaramo bitandukanye mu Rwanda no hanze.

Vestine na Dorcas basigaye barubatse izina rikomeye mu muziki wa Gospel, bakaba barabaye isoko y’umutuzo n’ihumure ku bantu benshi binyuze mu bihangano byabo byubaka imitima.

Idrissa Jean Luc Ouédraogo n'umukunzi we Ishimwe Vestine basezeranye imbere y'Imana mu muhango wabereye mu busitani bwa Intare Conference Arena 


Pasiteri Mugisha afatanyije na bagenzi be basengeye urugo rwa Idrissa na Ishimwe Vestine


Idrissa Jean Luc Ouédraogo yashimiye Pasiteri Mugisha Jackson nyuma yo guhesha umugisha urugo rwe 


Pasiteri Mugisha yigishije ijambo ry'Imana ryibanze ku kubwira Ishimwe Vestine kugandukira umugabo we 


Ishimwe Vestine ari kumwe na Se ubwo bageraga mu busitani ahabereye gusezerana imbere y'Imana 


Mu gusaba no gukwa, Ishimwe Vestine yahaye impano murumuna we Kamikazi Dorcas


Ishimwe Vestine yahaye impano Chriss Eazy wabakoreye indirimbo nyinshi (Video) kuva bakwinjira mu muziki 

Ishimwe Vestine yahaye impano Murindahabi usanzwe ari umujyanama w’itsinda Vestine na Dorcas


REBA HANO UKO BYARI BIMEZE MU MUHANGO WO GUSEZERANA IMBERE Y'IMANA

REBA HANO UKO BYARI BIMEZE GUSABA NO GUKWA VESTINE ISHIMWE WARUSHINZE NA IDRISSA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...