Iri tangazo ryashyizwe hanze
binyuze ku mbuga nkoranyambaga zabo, aho aba bahanzikazi bagaragaje ko iki
cyemezo cyafashwe nyuma yo gutekereza no gusuzuma neza icyerekezo bifuza
kugenderaho mu rugendo rwabo rwa muzika.
Nubwo batangaje ko batandukanye
n’uyu mujyanama wabafashije kuva bakinjira mu muziki, bashimangiye ko
bamushimira uruhare yagize mu iterambere ryabo, bavuga ko yababereye umubyeyi,
umujyanama ndetse n’umurinzi mu rugendo rwabo rwose.
Ku Cyumweru tariki ya 14 Kamena 2026, M. Irene nawe yemeje ko yatandukanye na Vestine na Dorcas. Ati: "Nyuma y'imyaka itanu y'ubufatanye n'urugendo twasangiye rwuzuyemo ibihe byiza n'amasomo atandukanye, MIE Music na Vestine & Dorcas bemeranyije ku bwumvikane busesuye gusoza amasezerano y'imikoranire yari abahuje."
Icyakora, inyuma y’iri tandukana
hari ibibazo by’amasezerano byatangiye gukurura impaka n’ibibazo by’amategeko
bishobora kuvuka hagati y’impande zombi.
Amasezerano
yabo yari ateye ate?
InyaRwanda yakoze icukumbura ku
masezerano Vestine na Dorcas bari baragiranye na MIE Entertainment Ltd,
agaragaza uburyo ubufatanye bwabo bwari buteye ndetse n’inshingano za buri
ruhande.
Aya masezerano yari yarasinywe
hagati ya MIE Entertainment Ltd nk’umushoramari n’umujyanama, ndetse na Vestine
na Dorcas nk’abahanzi.
Mu ngingo zayo, hagaragazwa ko
uruhande rumwe rwashoboraga guhagarika ubufatanye n’urundi mu gihe habaye
ikibazo impande zombi zananiwe kumvikanaho cyangwa havutse amakimbirane
atabonewe umuti.
Gusa aya masezerano yasabaga ko
uruhande rwifuza kuyasesa rubanza kubimenyesha urundi mbere y’iminsi 30.
Nyuma y’aho, impande zombi
ntizigeze zisinyana andi masezerano mashya. Ibi bivuze ko kuva mu ntangiriro za
2026 bakomeje gukorana nta masezerano mashya bafite hagati yabo.
Nubwo bimeze bityo, bamwe mu
banyamategeko babwiye InyaRwanda ko iyo amasezerano arangiye impande zombi
zigakomeza gukorana nta yandi mashya zisinyanye, akenshi hafatwa ko zikomeje
kugendera ku ngingo zari zikubiye mu masezerano ya mbere kugeza igihe habaye
impinduka cyangwa ubwumvikane bushya.
Inshingano
za MIE Entertainment n’iza Vestine na Dorcas
Amasezerano agaragaza ko MIE
Entertainment Ltd yari ifite inshingano nyinshi zirimo gutunganya indirimbo
z’aba bahanzi mu buryo bw’amajwi (audio), gukora amashusho (video), kwamamaza
ibikorwa byabo mu bitangazamakuru bitandukanye no gushyira ibihangano byabo ku
mbuga zicururizwaho umuziki.
Iyi sosiyete kandi yari ifite
inshingano zo kubaka no kuzamura izina ry’aba bahanzikazi kugira ngo bagere ku
rwego rwo kumenyekana ku isoko rya muzika.
Ku rundi ruhande, Vestine na Dorcas
bo bari bafite inshingano yo gukora umuziki no gufatanya n’umushoramari mu
bikorwa byose bigamije guteza imbere umwuga wabo.
Nta
ndirimbo bafiteho uburenganzira
Kimwe mu bice bikomeye biri muri
aya masezerano ni ikijyanye n’uburenganzira ku bihangano.
Ingingo z’aya masezerano zigaragaza
ko uburenganzira bwose ku ndirimbo zakozwe muri ubwo bufatanye bwari ubwa MIE
Entertainment Ltd.
Mu yandi magambo, mu gihe aya
masezerano yaba akigenderwaho nk’uko bamwe mu banyamategeko babivuga, Vestine
na Dorcas nta ndirimbo n’imwe bafiteho uburenganzira busesuye mu mategeko.
Aya masezerano kandi yashyizeho
uburyo bushobora gukurikizwa igihe aba bahanzi bifuza gutandukana
n’umushoramari ariko bakajyana indirimbo zabo.
Hashyizwemo ingingo ivuga ko buri
ndirimbo umuhanzi yifuza kwegukana asabwa kuyishyura Miliyoni 5 Frw.
Mu gihe Vestine na Dorcas baba
bifuza kwegukana uburenganzira kuri izo ndirimbo zose, byabasaba kwishyura amafaranga
agera kuri Miliyoni 60 Frw, buri ndirimbo ibarirwa agaciro ka Miliyoni 5 Frw.
Hari
n’inkunga y’amafaranga bahabwaga buri kwezi
Amakuru yizewe InyaRwanda yabonye
agaragaza ko M. Irene yajyaga aha Vestine na Dorcas amafaranga arenga ibihumbi
300 Frw buri kwezi yo kubafasha mu mibereho no gukomeza ibikorwa byabo bya
muzika.
Aya makuru kandi avuga ko mbere
y’uko hasohoka itangazo rivuga ko batandukanye, aba bahanzikazi babanje
kuvugana na M. Irene kuri telefoni bamumenyesha ko bifuza kurangiza ubufatanye
bwabo kuko bashakaga icyerekezo gishya n’iterambere bavuga ko risumbuyeho.
Ese
kubimenyesha kuri uwo munsi byubahirije amasezerano?
Ingingo imwe iri mu masezerano
y’impande zombi ivuga ko ushaka kuyasesa agomba kubimenyesha undi mbere
y’iminsi 30.
Bityo, niba koko amasezerano ya
mbere ari yo yakomeje kugenderwaho nyuma yo kurangira kwayo nk’uko bamwe mu
banyamategeko babisobanura, bishobora kuzamura impaka ku buryo itangazo rya
Vestine na Dorcas ryasohotse ritabanje gutanga iyo minsi 30 ryubahirije cyangwa
ritubahirije ibyo bari barumvikanyeho.
Nubwo bimeze gutyo, kugeza ubu nta
ruhande ruratangaza ko rugiye kwifashisha inkiko cyangwa inzira z’amategeko
kugira ngo hakemurwe ibibazo bishobora kuba byakomotse kuri iri tandukana.
Icyakora, amasezerano InyaRwanda
yabonye agaragaza ko ikibazo cy’uburenganzira ku ndirimbo n’uburyo
gutandukana kwabaye ari byo bishobora kuba ingingo z’ingenzi zizaganirwaho mu
gihe impande zombi zatandukana mu buryo budahuye ku nyungu za buri ruhande.

Vestine na Dorcas batangaje ko
bashyize akadomo ku rugendo rw’imyaka itanu yari ishize bakorana na MIE
Entertainment Ltd binyuze muri MIE Music
M Irene yakiriye telefoni ya Vestine
na Dorcas bamubwira ko bashaka gutandukana nawe, hashize amasaha macye itangazo
rirasohoka


Mu gihe cy’imyaka itatu yari
ishize, Vestine na Dorcas bakorewe indirimbo 12 zifite agaciro ka Miliyoni 60
Frw
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIGARAGAZA KO DORCAS YASANZE VESTINE MURI CANADA
IKIGANIRO KU GUTANDUKANA KWA M. IRENE NA VESTINE NA DORCAS
