Vestine na Dorcas baracutse, Miss Jolly akozanyaho na Bebe Cool, The Ben na Melodie ruracyageretse: Inkuru 10 zashyuhije 'Showbiz''

Imyidagaduro - 23/06/2026 4:18 PM
Share:

Umwanditsi:

Vestine na Dorcas baracutse, Miss Jolly akozanyaho na Bebe Cool, The Ben na Melodie ruracyageretse: Inkuru 10 zashyuhije 'Showbiz''

Mu gihe umwaka wa 2026 ugeze hagati, uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda no mu karere rwagaragaje uburyo rwahindutse urubuga rukomeye rw’ibiganiro, amarangamutima n’impaka hagati y’abahanzi, abakunzi babo n’abakurikiranira hafi ibibera mu myidagaduro.

Mu mezi atandatu ashize, ntabwo abantu baganiriye gusa ku ndirimbo cyangwa ku bitaramo, ahubwo baganiriye ku nkuru zafashije gusobanukirwa uburyo ibyamamare bibaho, bikundwa, bikavugwaho kandi rimwe na rimwe bikajya mu makimbirane agaragara ku mugaragaro.

Ibi bihe byaranzwe n’inkuru z’ubukwe bwatangaje benshi, itandukana ry’abahanzi n’ababafashaga mu rugendo rwabo, ibibazo byagejejwe mu nzego z’ubutabera, ndetse n’impaka zakomeje kuvugisha abantu ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru.

Hari kandi ibitaramo byahurije hamwe imbaga y’abafana, bigasiga amateka mashya mu myidagaduro nyarwanda no mu karere, ndetse n’ibikorwa by’umuco byerekanye ko imyidagaduro atari umuziki gusa, ahubwo ari igice cy’ubuzima n’uburyo abantu basangira ibitekerezo n’amarangamutima.

Mu buryo bugaragara, amezi atandatu ya mbere ya 2026 yabaye nk’ikirahure cyerekanye ibyo abakunzi b’imyidagaduro bakunda, ibyo batishimira, ibyo baganiraho cyane ndetse n’inkuru zibakora ku mutima.

Ni yo mpamvu InyaRwanda yifuje kongera kureba inyuma, igasesengura ikanibutsa inkuru 10 zabaye nyamukuru, zakuruye impaka, ibyishimo, agahinda, gutungurana n’amarangamutima atandukanye mu rugendo rw’imyidagaduro kuva Mutarama kugeza Kamena 2026.


1.Miss Mutesi Jolly yakozanyijeho na Bebe Cool

Umuhanzi wo muri Uganda, Bebe Cool, yateje impaka zikomeye nyuma yo gushinja uwo yitaga Miss Mutesi Jolly kumutekera umutwe no kumwambura amafaranga yitwaje izina ry’u Rwanda ndetse n’ikipe ya Arsenal.

Abinyujije ku rubuga rwa X, Bebe Cool yavugaga ko afite amajwi y’inshuti ya hafi ya Jolly ndetse na nimero za telefone yateganyaga gukoresha nk’ibimenyetso mu kugaragaza ibyo yavugaga.

Icyakora, Miss Jolly yahise anyomoza ibyo birego byose akoresheje abanyamategeko be, agaragaza ko nta bucuruzi cyangwa amasezerano yigeze amuhuza na Bebe Cool. Yanavuze ko nimero yavugwaga ari iy’umuntu wamwiyitiriraga ku mbuga nkoranyambaga kuva mu mpera za 2024.

Yasabye Bebe Cool gukuraho ibyo yari yatangaje no kumusaba imbabazi mu gihe kitarenze amasaha 48, bitaba ibyo ikibazo kikagezwa mu nkiko.

Mu gihe impaka zari zikomeje gufata indi ntera, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yinjiriye muri iki kibazo agira inama Bebe Cool yo kugihosha. Nyuma y’ibi, uyu muhanzi yasibye ibyo yari yatangaje byose ndetse asaba imbabazi.


2.The Ben na Bruce Melodie bakomeje kugereranywa

Nubwo bagaragaza ubucuti n’ubufatanye mu muziki, The Ben na Bruce Melodie bakomeje kuba isoko y’impaka hagati y’abafana babo. Ibi byarushijeho gukomera mu bitaramo bya "Summer Country Tour 2026" byatangiriye i Musanze ku wa 13 Kamena 2026.

Nyuma y’iki gitaramo, benshi mu bafana bavuze ko The Ben yigaragaje kurusha Bruce Melodie, ibintu byatumye uyu muhanzi yandika ku mbuga nkoranyambaga amagambo yagize ati: "umweru wivanguye n’umukara."

Mu gitaramo cyabereye i Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026, Bruce Melodie yari yabanje kuvuga ko ibyabereye i Musanze byari nko kuzimanira umushyitsi amazi, agaragaza ko yizeye guhindura isura y’ibintu.

Nubwo aba bahanzi bari gukorana muri uru ruzinduko, impaka ku rwego rwabo n’ubushobozi bwabo ku rubyiniro zakomeje kuba nyinshi, ibintu byatumye izina ryabo rikomeza kuvugwa cyane muri uyu mwaka.


3.Yampano yatawe muri yombi ashinjwa guhohotera umukunzi we

Inkuru y’umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano nayo yabaye imwe mu zakurikiwe cyane muri uyu mwaka.

Ku wa 16 Gicurasi 2026 yatawe muri yombi na RIB nyuma y’ikirego cyatanzwe n’umukunzi we Uwineza Diane uzwi nka Vava, babanaga batasezeranye mu mategeko. Uyu mukobwa yashinjaga Yampano kumuhohotera mu bihe bitandukanye.

Ku wa 2 Kamena 2026, Yampano yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aburanira ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, mbere y’uko ku wa 9 Kamena urukiko rutegeka ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe hagitegerejwe iburanisha ry’urubanza mu mizi.


4.Vestine na Dorcas batandukanye na MIE Music

Inkuru yatunguye benshi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ni iy’itandukana rya Vestine na Dorcas na Murindahabi Irene ndetse na MIE Music.

Ku wa 13 Kamena 2026, aba bahanzi batangaje ko baseshe amasezerano bari bafitanye na MIE Music nyuma yo kubitekerezaho no kubisesengura igihe kirekire.

Mu itangazo basohoye, bashimiye Murindahabi Irene n’ikipe ye uruhare bagize mu kubafasha kuva bagitangira muzika kugeza bageze ku rwego bazwiho uyu munsi.

Nubwo mu mwaka wa 2021 hari higeze kuvugwa kutumvikana hagati y’impande zombi ku micungire ya shene ya YouTube, icyo kibazo cyari cyarakemutse. Gusa kuri iyi nshuro impande zombi zemeje ko urugendo rw’ubufatanye rurangiye burundu.


5.Micky yakoze ubukwe na AG Promoter

Tariki ya 31 Mutarama 2026, umukinnyi wa filime Mukobwajana Asifiwe uzwi nka Micky yasezeranye n’ushinzwe kumenyekanisha ibihangano Agiraneza Pacifique uzwi nka AG Promoter.

Ubukwe bwabo bwabereye muri Romantic Garden ku Gisozi nyuma y’uko bari bamaze gusezerana imbere y’amategeko mu Ugushyingo 2025.

Urukundo rwabo rwari rumaze igihe ruvugisha benshi kubera uburyo rwatangiye nyuma y’itandukana rya Micky na Captain Regis bakinanaga filime.

AG Promoter yanatangaje ko mbere yo gukundana na Micky yari yarahagaritse ubukwe bwari bwarateguwe n’undi mukobwa wabaga muri Amerika.


6.Kevin Kade yongeye kubura muri MTN Iwacu Muzika Festival

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, Kevin Kade ntiyagaragaye mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival. Uyu muhanzi yatangaje ko atazitabira ibitaramo byo muri uyu mwaka kubera uburwayi butunguranye bwamufatiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu itangazo yasohoye ku wa 15 Kamena 2026, yavuze ko abaganga bamugiriye inama yo kubanza kwita ku buzima bwe mbere yo gusubira mu bikorwa bya muzika. Byabaye nk’ibisubiramo iby’umwaka wa 2025, ubwo na bwo yari yasezeye kuri ibi bitaramo agasimbuzwa Bull Dogg.


7.Doja Cat yasize amateka i Kigali

Ku wa 17 Werurwe 2026, BK Arena yakiriye kimwe mu bitaramo bikomeye byabereye mu Rwanda ubwo Doja Cat yari yitabiriye gahunda ya Move Afrika. Iki gitaramo cyari mu rugendo rwe rwa "Tour Ma Vie World Tour" cyitabiriwe n’imbaga y’abakunzi b’umuziki.

Doja Cat yashimishije abafana mu ndirimbo zirimo "Paint The Town Red" na "Say So", anasiga benshi batunguwe ubwo yaririmbaga anyanyagiza indabo mu bafana. Ndetse, yagaragaye akomba indangururamajwi (Microphone) yakoreshaga.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ari kimwe mu bitaramo byateguwe neza kandi byagenze neza kurusha ibindi byabereye muri BK Arena.


8.Clapton Kibonge yasezeranye n’umugore bamaranye imyaka umunani

Ku wa 4 Mata 2026, umunyarwenya Mugisha Emmanuel uzwi nka Clapton Kibonge yasezeranye na Ntambara Mutoni Jacky nyuma y’imyaka umunani bari bamaze babana.

Ubukwe bwabo bwabereye mu Karere ka Nyagatare, aho bwitabiriwe n’ibyamamare byinshi byo mu ruganda rw’imyidagaduro.

Mu rusengero, Kibonge yakoze ku mitima ya benshi ubwo yabwiraga umugore we amagambo y’urukundo yagize ati: “Urwo nagukunze rwose, uko rwaba rwiza kose, nagiraga ngo nkubwire ngo narishyushyaga, ubu ni bwo ngiye kugukunda.”


9.Siga Fest yahinduye Huye umurwa mukuru w’umuco

Iserukiramuco rya mbere rya Siga Art Festival ryabereye i Huye hagati ya tariki ya 19 na 21 Werurwe 2026. Ryateguwe na Junior Rumaga binyuze muri Siga Rwanda, rihuza umuziki, ubusizi n’umuco nyarwanda.

Abitabiriye iri serukiramuco basuye ahantu hatandukanye harimo Ingoro y’Igihugu y’Umuco i Huye ndetse banitabira urugendo rwiswe "Intambwe ya Nyirarumaga".

Mu gusoza iri serukiramuco, abahanzi barimo Riderman, Christopher, Jules Sentore, Juno Kizigenza, Bwiza, Massamba Intore na Kevin Kade bashimishije imbaga yari yateraniye kuri Stade ya Kaminuza y’u Rwanda i Huye.


10.Ben na Chance banditse amateka muri BK Arena

Mu bitaramo byaranze uyu mwaka kandi harimo icyakozwe n’abaramyi Ben na Chance ku munsi mukuru wa Pasika. Iki gitaramo cyiswe "Easter Jubilee Music Gathering" cyabereye muri BK Arena ku wa 5 Mata 2026, gikurura imbaga y’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Ben na Chance banditse amateka yo kuzuza BK Arena, baririmbye indirimbo zabo zakunzwe zirimo "Zaburi Yanjye", "Yesu Arakora", "Amarira" na "Mu Nda y’Ingumba", mu gihe Pastor Julienne Kabanda yigishije Ijambo ry’Imana.

Bataramanye na Papi Clever & Dorcas; Alicia & Germaine, Ngoga Christophe na Pastor Julienne Kabanda wagabuye ijambo ry'Imana. Imigendekere myiza yacyo, yatumye Apostle Mignonne Kabera abashimira kuwa 11 Kamena 2026.

Aba baramyi batangaje ko bifuza ko "Easter Jubilee" yaba igitaramo ngarukamwaka kizajya kiba buri Pasika, ibisobanuye ko no kuri Pasika ya 2027 bazongera bagataramira muri BK Arena.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...