Mu
gitondo cya tariki ya 13 Kamena 2026, ni bwo Ishimwe Vestine na Kamikazi Dorcas
bashyize hanze itangazo bavuga ko batandukanye na MIE Music ikuriwe na Irene
Murindahabi nyuma y’igihe kirekire bakorana.
Iryo
tangazo ryagiye hanze nyuma y’uko Kamikazi Dorcas yari yafashe rutemikirere
asanze Ishimwe Vestine muri Canada akaba ari ho amaze amezi agera ku munani
atuye dore ko ari na ho yabyariye.
Nyuma
yo guteguza indirimbo nshya bise “Itabaza”, Vestine na Dorcas bakoze ikiganiro cyo
kwibutsa abafana babo ko bahari ndetse bagenda basubiza bimwe mu bibazo abantu
bajyaga babibazaho.
Ku
kibazo cya MIE Music na Irene Murindahabi, bavuze ko nta kibazo na kimwe bigeze
bagirana ndetse ko isaha n’isaha baba bavugana buri umwe azi amakuru y’undi.
Ishimwe
Vestine yagize ati: “Umubyeyi arakubyara hanyuma akagucutsa. Umubyeyi akavuga
ati reka ndebe ibyo uyu mwana agiye gukora. Kubwo iyo mpamvu rero, njye na
Dorcas tugiye kwicara muduhange amaso.”
Kamikazi
Dorcas nawe ati: “Turashimira MIE. Ntabwo twakwirirwa tubivuga namwe
mwarabibonye. Imana yabibanyujijemo kugira ngo mutubone. Yabibanyujijemo
bumvira Imana bakora ibyo bahamagariwe. Abantu muhangayitse ngo tubanye nabi,
ubu tubanye neza ndetse n’ubu twamuhamagara akabavugisha.”
Dorcas na Vestine bimukiye muri Canada aho babonye umuntu uhatuye wemeye kubafasha mu muziki ndetse akabafasha kuhatura aho ubu bamaze guteguza indirimbo “Itabaza”.

Traiki ya 13 Kamena 2026, ni bwo Vestine na Dorcas batandukanye na MIE Music

Vestine na Dorcas bahamije ko babanye neza na M. Irene nyuma yo gutandukana nawe
