Ni ibirori byabaye ku mugoroba wo ku
Cyumweru, tariki 22 Kamena 2025, byitabirwa n’abagore n’abakobwa b’inshuti ze
za hafi. Byaranzwe n’ibyishimo, amasengesho n’impanuro ku rugendo
rw’ugushyingirwa, aho benshi bagaragaje ko banyuzwe n’iterambere ry’urugendo
rw’urukundo rwa Vestine.
Uyu muhanzikazi aherutse gutangaza ko
azarushinga na Idrissa Ouédraogo ku wa 05 Nyakanga 2025 mu birori bizabera mu
Intare Conference Arena.
Kuri ubu, Vestine yanamaze guhindura
amazina ku mbuga nkoranyambaga, aho yiyita Vestine Ouédraogo, agaragaza ko
yiteguye byimazeyo intambwe agiye guterera mu rugo rushya.
Tariki 15 Mutarama 2025, ni bwo Vestine
n’umukunzi we basezeranye imbere y’amategeko mu muhango wabereye mu Murenge wa
Kinyinya, mu Karere ka Gasabo. Uwo muhango wari uw’ibanga ku buryo watunguye
benshi mu bakunzi b’aba bahanzi.
Vestine na Dorcas bazwi cyane mu ndirimbo zo guhimbaza Imana zirimo “Ihema”, “Yebo”, “Iriba”, ‘Si Bayali” n’izindi, zagiye zigaragaza ubuhamya bwabo n’urukundo rw’Imana.
Ishimwe Vestine yakorewe ibirori bya 'Bridal Shower' yitegura kurushinga n'umukunzi we bamaranye igihe mu munyenga w'urukundo
Ishimwe n'umukunzi we wo muri Burkina Faso bazakora ubukwe ku wa Gatandatu tariki 5 Nyakanga 2025 mu Intare Conference Arena
Ishimwe Vestine ari kumwe na Dorcas Kamikazi ndetse na 'Marraine' we ku munsi w'ibirori bya 'Bridal Shower'
Ishimwe yakase umutsima 'Cake', ndetse yahawe impano n'impanuro azakoresha mu rugo rwe rushya
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'YEBO' Y'ITSINDA RYA VESTINE NA DORCAS