Vatican yemeje umusozi wa Zvir muri Slovakia nk’ahantu ho gusengera ugatungana ku Mana

Iyobokamana - 09/07/2025 11:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Vatican yemeje umusozi wa Zvir muri Slovakia nk’ahantu ho gusengera ugatungana ku Mana

Ibiro bya Vatican bishinzwe kwigisha ukwemera (Dicastery for the Doctrine of the Faith) byohereje ibaruwa ishimangira ko hari imbuto nyinshi z’umwuka ziva ku musozi wa Zvir muri Slovakia, aho bivugwa ko habereye ibonekerwa rya Bikira Mariya hagati y’umwaka wa 1990 na 1995 hafi y’umudugudu muto wa Litmanová.

Bishingiye ku mabwiriza mashya yasohowe umwaka ushize, ibi biro byemeye gutanga “Nihil obstat” ni ukuvuga ko nta nzitizi babonye mu bikorerwa kuri uwo musozi bikaba ari intambwe yemeza ko ahavugwa ibonekerwa hashobora gukomeza kwakira abantu bashaka gusengera cyangwa kuhagira urugendo rw’amasengesho.

Iyo baruwa yanditswe na Kardinali Víctor Manuel Fernández, Umuyobozi Mukuru w’Ibiro bishinzwe ukwemera, ikaba yaragenwe na Arkiyepiskopi Jonáš Jozef Maxim ushinzwe Abakiristu-Gatolika bo mu muco wa Bizantine mu mujyi wa Prešov.

Mu ibaruwa ye, Kardinali Fernández asubiza ubusabe bwa Arkiyepiskopi Maxim wari wasabye ko habaho uburenganzira bwemewe ku bikorwa by’iyobokamana bikorerwa kuri uwo musozi, yerekana kandi ko hari impinduka nziza ku buzima bw’abagiye bahagera.

Ibyo biro bya Vatican bisobanura ko ubutumwa bwahavugiwe bwari burimo isanamitima. Muri ubwo butumwa harimo amagambo nka: “Reka Yezu akubohoze… Kandi ntureke Umwanzi wawe ngo akugirireho imbibi, kuko Yezu yamennye amaraso menshi kugira ngo ugire ubwisanzure.”

Bikira Mariya yahabonetse yiyita “Isuku itagira inenge” (Immaculate Purity), asaba abakirisitu kumenya ko bakundwa uko bari: Ati “Ndabakunda uko muri… Ndashaka ko muba abantu bishimye, ariko uyu mubiri (isi) ntuzabageza ku byishimo.”

Ubutumwa kandi buvuga ko kwishimira no kugira amahoro muri Nyagasani bidufasha kuba abahamya b’amahoro ku bandi. Ubutumwa bwinshi bugaragaza ko gukunda abandi ari umutima w’igisubizo cyacu ku rukundo rwa Kristu, wuzuza ubuzima bwacu.

Nubwo bimeze bityo, Kardinali Fernández yemeje ko hari ubutumwa bucye bufite ibice bitavugwaho rumwe cyangwa bitumvikana neza, ariko ibyo bikaba bifitanye isano n’uko ababubonye bashatse gutanga ibisobanuro by’ibyo babonye binyuze mu magambo yabo ku giti cyabo, aho kwandikwa nk’amagambo yavugiwe hejuru.

Kubera iyo mpamvu, Arkiyepiskopi Maxim yasabwe gusohora igitabo cy’ubutumwa bwatoranyijwe, hatarimo ibishobora kujijisha cyangwa kubangamira ukwemera kw’abantu bafite ukwemera koroshye.

Ibiro by’iyigisho y’ukwemera byongeyeho ko gutanga nihil obstat bidashatse kuvuga ko byemeje ko ibyo bonekerwa ari impamo (byaturutse ku Mana), ariko biha uburenganzira ibikorwa by’amasengesho rusange, kandi bikamenyeshwa abayoboke ko bashobora kugana ubwo butumwa bw’umwuka nta ngaruka mbi zihari ku kwemera kwabo.

Ibivugwa ko ibonekerwa ryatangiye ku ya 5 Kanama 1990, hafi ya kilometero eshatu uvuye i Litmanová, mu gace gakomeye ku muco wa Gatolika wa Bizantine mu majyaruguru ya Slovakia, byavuzwe ko byabaye ku bana batatu aribo Ivetka Korcáková, w’imyaka 11, Katka Ceselková, w’imyaka 12 na Mitko Ceselka, w’imyaka 9.

Bikira Mariya yigaragaje kuri abo bana yiyita “Isuku Itagira Inenge”, asiga ubutumwa bw’imibanire, ubwiyoroshye no kwemera gukundwa uko uri, nk’inzira yo kugera ku byishimo nyabyo.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...