Valens Kabarari wakoze filime “Vivant les Chemins de la Mémoire" yakoreye ubukwe mu Rwanda –AMAFOTO

Imyidagaduro - 25/08/2025 6:47 AM
Share:

Umwanditsi:

Valens Kabarari wakoze filime “Vivant les Chemins de la Mémoire" yakoreye ubukwe mu Rwanda –AMAFOTO

Umukinnyi wa filime Valens Kabarari wamamaye mu mishinga yihariye irimo “Vivant les Chemins de la Mémoire”, yakoze ubukwe n’umukunzi we Vanessa mu muhango wo gusaba no gukwa wabereye mu Rwanda.

Ibi birori byabaye ku wa Gatandatu, tariki 23 Kanama 2025, bibera ahitwa Maria Beach ku Rwesero mu Karere ka Gicumbi. Byitabiriwe n’inshuti n’abavandimwe, byanasusurutswa n’abahanzi barimo Jules Sentore, itsinda rya Ange na Pamella n’abandi banyamuziki bazwi.

Kabarari yabwiye InyaRwanda ko ibi birori byabaye intangiriro y’urugendo rushya, kuko nyuma yaho ubukwe nyirizina buzabera mu Bufaransa, aho asanzwe atuye n’umuryango we.

Yagize ati: “Habaye umuhango wo gusaba no gukwa, ariko tumaranye imyaka myinshi kuko dufitanye abana babiri. Gusezerana imbere y’Imana bizabera mu Bufaransa, aho dutuye.”

Ubukwe bwa Valens Kabarari buje mu gihe yari amaze iminsi amenyekanisha filime ye “Vivant les Chemins de la Mémoire” mu bihugu bitandukanye ku Isi. Ni filime yahereye ku rugendo rwe rwo kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi no kongera kwiyubaka nyuma yayo.

Kabarari yavuze ko igitekerezo cyo gukora iyi filime cyatewe n’igitabo mushiki we, Judence Kayitesi, yanditse yise “A Broken Life: In Search of Lost Parents and Lost Happiness”.

Muri iki gitabo, Kayitesi agaruka ku buzima bwe mbere ya Jenoside, mu gihe cya Jenoside n’ingaruka zayo, harimo n’uburyo yatemwe mu mutwe akabura ubwenge igihe kirekire.

Kabarari we yagize ati: “Jenoside yabaye ndi mu Murenge wa Jari. Nari kumwe n’ababyeyi banjye n’abandi bo mu muryango, aho ni ho babiciye ari naho ndokokera.”

Yongeraho ko nyuma ya Jenoside, we na mushiki we bahuje imbaraga mu gukusanya amateka y’ubuzima bwabo, baranagenda basura urwibutso rwa Jenoside rwa Jali aho ababyeyi babo bashyinguwe.

Kabarari yavuze ko ubwo yari mu Bubiligi ari gutegura gusohora igitabo cye “Vivant” mu Gifaransa, ari bwo yasanze mushiki we Kayitesi nawe yamaze gusohora icye mu Kidage, hanyuma gihindurwa mu Cyongereza.

Filime Vivant les Chemins de la Mémoire yanditswe kandi iyoborwa na Valens Kabarari. Ifatwa ry’amashusho ryakozwe na Valens Habarugira na Louis Udahemuka, banungirizwa na Saleh Ruzindana. Hari kandi Boris Igiraneza, Jean Baptiste Habineza na Regis Nzeyuwera.

Iyi filime yatunganyijwe binyuze muri Baho Production, inzu y’ubuhanzi yashinzwe na Jules Sentore na Valens Kabarari.

Ubukwe bwe bwabaye mu Rwanda bwahuriranye n’ibihe byihariye byo kumurika iyi filime hirya no hino ku Isi, bikaba byahuje urugendo rwe rw’umuryango, amateka n’ubuhanzi bwe.

Umukinnyi wa filime Valens Kabarari n’umukunzi we Vanessa mu birori byo gusaba no gukwa byabereye i Gicumbi

 

Valens na Vanessa, bamaze imyaka myinshi babana kandi bafitanye abana babiri, bishimiye guhuzwa n’imiryango

 

Maria Beach ku Rwesero yahindutse ahantu h’amateka y’urukundo rwa Valens na Vanessa

 

Valens Kabarari amaze iminsi atambagiza filime ye ‘Vivant les Chemins de la Mémoire’ mu bihugu bitandukanye ku Isi- hari mbere y'uko akora umuhango wo gusaba no gukwa umukunzi we

Judence Kayitesi, Mushiki wa Valens Kabarari wanditse igitabo nka 'A Broken Life' [Uri ibumoso] ndetse na Ange [Uri iburyo] waririmbye mu bukwe bwa Valens Kabarari



KANDA HANO UREBE VALENS KABARARI ASOBANURA UKO YAKOZE FILIME YE




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...