Valens Kabarari agiye kumurika igitabo ‘Les muzungus ne craignent rien’ gishingiye ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Imyidagaduro - 29/03/2026 7:23 AM
Share:

Umwanditsi:

Valens Kabarari agiye kumurika igitabo ‘Les muzungus ne craignent rien’ gishingiye ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Umwanditsi w’ibitabo, Valens Kabarari, yatangaje ko agiye gushyira hanze igitabo gishya yise “Les muzungus ne craignent rien”, gikubiyemo inkuru ishingiye ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iki gitabo gifite paji 166, kikaba gishingiye ku buzima bw’umufaransakazi witwa Cécile Dupond wari utuye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside, akaba yari yarashyingiranywe n’umunyarwanda.

Mu gihe Jenoside yabaga, Cécile Dupond yari atwite, umugabo we aza kwicwa azira uko yavutse. Nyuma yaje kurokoka, ahungishwa n’Abafaransa asubira iwabo mu Bufaransa. Umwana yari atwite yaje kuvuka nyuma, ndetse aza no kongera gushaka undi mugabo, bakomeza kubaka ubuzima bushya.

Mu gitabo, Kabarari agaragaza ko ubuzima bwa Cécile bwaje guhinduka cyane nyuma y’uko ku mugoroba umwe wa Noheli, mu makuru ya saa mbili z’ijoro kuri televiziyo, hagaragaye inkuru y’umugabo watawe muri yombi akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu mugore yahise agaragaza ko azi uwo mugabo, ibintu byakuruye impinduka zikomeye mu muryango we, cyane cyane ku muhungu we mukuru witwa Julien, wahise atangira kugira amatsiko yo kumenya inkomoko ye nyakuri.

Nubwo Julien yakuriye mu Bufaransa azwi nk’umwana wa Cécile na Georges Dupond, yatangiye kwibaza byinshi ku nkomoko ye, cyane ko yabonaga atandukanye n’abandi, bikamutera gushaka kumenya amateka y’ukuri y’ubuzima bwe n’ay’umuryango we.

Valens Kabarari avuga ko yanditse iki gitabo agamije kugaragaza ko ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi zitagarukira mu Rwanda gusa, ahubwo zigera no ku bandi bose bayigizemo uruhare cyangwa bayibayemo, n’aho baba batuye hose ku Isi.

Ati: “Nashatse kwerekana ko Jenoside yakorewe Abatutsi ifite ingaruka zirenga imipaka y’u Rwanda. Nanifuzaga no kugaragaza amateka y’u Rwanda, aho u Rwanda rugeze ubu, ndetse n’uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yagiye yubakwa mu bantu kugeza mu 1994.”

Akomeza avuga ko muri iki gitabo anagaragaza amateka y’uwatawe muri yombi, uko yakuze, uburyo yinjijwemo ingengabitekerezo ya Jenoside, n’uruhare yaba yaragize muri ayo mahano.

Yavuze ko ari igitabo amaze imyaka myinshi akoraho, kuko yashakaga gusubiza ibibazo byinshi akunze kubazwa n’abantu mu bihe atanga ubuhamya ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iki gitabo giteganyijwe gusohoka ku wa 3 Mata 2026 binyuze mu nzu y’icapiro ya Hello Edition, ariko ababyifuza bashobora gutangira kugitumiza mbere banyuze ku rubuga rw’iyo nzu.


Valens Kabarari yanditse igitabo gishingiye ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994


Muri iki gitabo, Valens agaruka kuri Cécile Dupond, umufaransakazi wabaye mu Rwanda, waje kurokoka Jenoside ubwo yari atwite


Umuhungu wa Cécile, Julien, yahise agira amatsiko yo kumenya inkomoko ye nyuma y’amakuru y’umugabo wafashwe ku ruhande rwa Jenoside nk’uko bigarukwaho muri iki gitabo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...