Kugeza
umuziki mu Ntara bimaze gufata indi ntera, aho ibikorwa by’abahanzi
bitakigarukira i Kigali gusa.
Uko
imyaka ishira, ni ko ibitaramo byo hanze y’Umujyi wa Kigali birushaho gukurura
imbaga, ndetse bigatanga ishusho y’ihangana ry’amazina akomeye mu muziki
nyarwanda.
Muri
uyu mwaka, iri hangana riziyongera cyane binyuze mu bitaramo bya ‘Summer
Country Tour’ bihuriyemo Bruce Melodie na The Ben, ndetse n’ibitaramo bya MTN
Iwacu Muzika Festival bizazenguruka Intara zose z’u Rwanda.
Icyakora
haribazwa “Uzajya he ureke he?” nyuma y’uko hari amatariki y’ibi bitaramo
byombi yahuriranye.
Ku
wa 20 Kamena 2026, ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bizabera mu Karere
ka Huye. Kuri uwo munsi kandi, Bruce Melodie na The Ben bazaba bari i Nyagatare
mu gitaramo cya ‘Summer Country Tour’.
Ni
umunsi ushobora gushyira abakunzi b’umuziki mu ihurizo rikomeye, cyane cyane ko
buri ruhande rufite abahanzi bafite abafana benshi.
MTN
Iwacu Muzika izaba yifashishije abahanzi barimo Ross Kana, Marina, Kevin Kade,
Chriss Eazy, Davis D, Kenny Sol na Bushali, mu gihe Bruce Melodie na The Ben
nabo bazaba bahagaze nk’abaririmbyi bafite izina rinini mu gihugu.
Ku
wa 27 Kamena 2026 naho, iryo hurizo rizongera kugaruka. MTN Iwacu Muzika izaba
igeze mu Karere ka Muhanga, mu gihe Bruce Melodie na The Ben bo bazaba
bataramira i Bugesera.
Ni
ibintu bishobora gutuma bamwe mu bakunzi b’umuziki batabasha gukurikirana
ibitaramo byose bifuza, cyane cyane abajyaga bamenyereye gukurikira ibikorwa
byinshi by’imyidagaduro mu bihe bitandukanye.
Ku
wa 4 Nyakanga 2026, nabwo ibi bitaramo bizaba. MTN Iwacu Muzika izakomereza i
Karongi, mu gihe Bruce Melodie na The Ben bazaba bageze i Rubavu.
Aya
matariki atatu niyo yonyine agaragaza uku guhura kw’ibi bitaramo bibiri
bikomeye.
Gusa
uko byakiriwe ku mbuga nkoranyambaga, bigaragaza ko abafana benshi bamaze
kubigira impaka, bamwe bavuga ko bazahitamo gukurikira Bruce Melodie na The
Ben, abandi bakemeza ko MTN Iwacu Muzika ifite uruvange rw’abahanzi benshi ku
buryo itapfa gusimbuzwa.
Ibi
bitaramo byombi bifite icyo bihuriyeho: gushaka kwegera abakunzi b’umuziki
batuye mu Ntara. Mu gihe imyaka myinshi ibikorwa bikomeye by’imyidagaduro
byibandaga i Kigali, ubu abategura ibitaramo n’abahanzi batangiye kubona ko no
mu Ntara harimo isoko rinini ry’abakunzi b’umuziki.
Ibitaramo
bya ‘Summer Country Tour’ bya Bruce Melodie na The Ben byitezweho kuzahuza
ibihangange bibiri byamaze imyaka byinshi bifatwa nk’inkingi za muzika
nyarwanda.
Kuba
bahisemo gushyira hamwe mu rugendo rwo kuzenguruka igihugu, byafashwe
nk’ikimenyetso cy’uko umuziki nyarwanda uri kurushaho gukomera no kwagura
ibikorwa byo kwegera abafana.
Muri
uru rugendo kandi, The Ben na Bruce Melodie bazaba baherekejwe n’abahanzi barimo
Bwiza, Kitoko na Kivumbi King, ibintu byitezweho gutuma ibi bitaramo birushaho
gukurura imbaga.
Ibitaramo
bya mbere muri uru rugendo bizabera mu Karere ka Musanze ku wa 13 Kamena 2026,
mbere y’uko bakomereza mu zindi Ntara enye.
Ku
rundi ruhande, MTN Iwacu Muzika Festival nayo ikomeje kwagura uburyo bwo
kwegera urubyiruko n’abakunzi b’umuziki, ikoresheje uruvange rw’abahanzi
bagezweho muri iki gihe.
Uru
rubyiruko rwiganjemo abakurikira Ross Kana, Marina, Kevin Kade, Chriss Eazy,
Davis D, Kenny Sol na Bushali, ibintu bishobora gutuma ibi bitaramo byitabirwa
ku rwego rwo hejuru.
Mu
gihe aya matariki akomeje guteza impaka, ikigaragara ni uko impeshyi ya 2026
izaba ari imwe mu bihe bikomeye ku muziki nyarwanda, cyane cyane mu bitaramo
byo hanze ya Kigali.
Bruce
Melodie na The Ben bagiye kongera guhurira ku rubyiniro nyuma yo gutaramana
muri BK Arena tariki 1 Mutarama 2026

Ibitaramo
bya MTN Iwacu Muzika Festival bizatangira tariki ya 20 Kamena 2026, bisozwe tariki
ya 1 Kanama 2026

Ibitaramo
bya Bruce Melodie na The Ben bizatangira tariki ya 13 Kamena 2026, bisozwe tariki ya 4
Nyakanga 2026
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIGARUKA KURI THE BEN NA BRUCE MELODIE
