Mu gitaramo cyabereye muri BK Arena
mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026, Doja Cat yagaragaye mu mwambaro
umwe ugaragaza umubiri, atangaza benshi binyuze mu ngendo, imbyino n’ibikorwa
byinshi ku rubyiniro byajyanye n’indirimbo ze. Ibi byatumye bamwe batekereza ko
ibyo yakoze bitari bikwiye mu muco nyarwanda.
Ku mbuga nkoranyambaga, hari
uwanditse ati: “Harya imyambarire nk'iriya ya Doja, simperuka umuntu ahita ajya
mu maboko atari aye? Cyangwa itegeko ntirimureba? Reka ndyame!” – Mucyo
Christella, umunyamakuru ukora mu kiganiro ‘Ishya’.
Undi witwa Frank yagize ati: “Biratangaje
kubona abantu bashyuhiye indirimbo za Doja Cat, ariko hafi ya zose zuzuye
ibinengwa mu Rwanda. Ese mwibaza ko Abanyarwanda batumva Icyongereza? Kuki
turwanya iby'iwacu n’abacu?”
Blaise we yanditse ko “Ubanza
kuririmba mu kinyarwanda ari bwo habamo ibishegu gusa, ariko bagakwiye kureka
abahanzi bakikorera utuntu twabo. Abo ubutumwa bugenewe bakaba ari bo
bicagurira, si ahava agafaranga hagakwiye kurindwa bikomeye.”
Hari n’abageze kure, nk’uwitwa Niyo
Drack, wasabye ibisobanuro ku bijyanye n’icyo abana bakiri bato bazasigarana.
Ati: “Bwana Minisitiri Utumatwishima,
Rutangarwamaboko, aho irondo ntiryivanze n'ibisambo? Umunyarwandakazi wabonye
ibi akazabyigana harya azaba yishe umuco kandi ari twe twabimweretse? Dr. Murangira
B. Thierry [Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB)] nizere ko bitagize icyaha kumansura mu ruhame?
Igisebo ku muco wacu.”
Akomeza agira ati: “Umwana uri munsi ya 18
ntazi gutandukanya umuhanzi uri kuri ‘stage’ n’ubuzima busanzwe. Azakura azi ko
biriya ari ibisanzwe kuko byabereye mu ruhame.”
Mu gusubiza, Minisitiri
Utumatwishima yasobanuye ko abantu bagomba kuzamura imyumvire mu bijyanye
n’uburyo umuhanzi ategura urubyiniro.
Yagize ati: “Tuzamure imyumvire. Kuri
‘stage’ (urubyiniro), umuhanzi akora ‘performance’ ijyanye n’ubuhanzi bwe. Si
ku rusengero, si ku nteko y’umuco, si mu ishuri, si no mu rugo. Uzabyigana
atari Doja Cat kuri ‘stage’ azaba ataratojwe.”
Minisitiri yakomeje avuga ko umwana
ntatorezwa mu gitaramo, kuko ibyo abona byose ari ubuhanzi. Yagereranyije ibi
no kureba filime z’imirwano, aho umuntu atareba ibikorwa nk’ibyo, nk’ibyo
kwigana.
Agira ati: “Ongera usome ubutumwa
bwanjye neza. Umwana ntatorezwa kuri ‘music arena’. Atorezwa mu rugo, mu
rusengero, ku ishuri. Iyo aje kureba umuhanzi, aza afite imyumvire ko ibyo
abona ari ‘Performing Arts’ (Ubuhanzi nseruka-rubuga). Ni kimwe no kureba ‘film
za fiction’. Ntawe ubyigana kuko ni Arts (ubuhanzi).”
Mu gihe cy’isaha irenga, Doja Cat
yaserukanye imyambaro imwe igaragaza umubiri we, yitwaje ibikorwa byinshi
by’ubuhanzi ku rubyiniro, bituma benshi batangara ku buryo yigaragaza, ariko
Minisitiri Utumatwishima asaba ko abantu bagomba guhindura imyumvire, bakamenya
gutandukanya ibikorwa by’ubuhanzi n’ubuzima busanzwe.
Doja Cat akunda gukora ibyerekeye
imyambarire ‘bold’ (igira icyo ivuze kandi itandukanye), akenshi yambara
imyambaro yateguwe by’umwihariko ku rubyiniro cyangwa ku bitaramo, bikaba
bihuriye ku kuba ari ‘fashion statement’ (itangaza abantu) kandi bijyanye
n’urugendo rw’indirimbo ze.
Ku rubyiniro, ashyira imbaraga mu
mbyino, imivugo, ibikoresho, ibara, amatara, ibyo byose bikaba biba muri ‘performance’
itandukanye n’imyambarire ya buri munsi.
Mu bitaramo bye, imyambaro akunda
kwambara si uko imugaragaza mu ruhame gusa, ahubwo iba inubahiriza intego y’urugendo rwe
rwa muzika cyangwa Album igezweho. Abafana benshi basobanura ko ibyo
yambara cyangwa uko yiyerekana biba byitezwe kuko arimo kubereka ibitekerezo
by’ubuhanzi n’uburyo bw’imyidagaduro.
Bwana @jnabdallah
@RTANGARWMABOKO
aho irondo ntiryivanze n'ibisambo? ?? Umunyarwandakazi wabonye ibi
akazabyigana harya azaba yishe umuco kandi ari twe twabimweretse? ?? @RIB_Rw
@Murangira_BT
nizereko bitagize icyaha kumansura mu ruhame? ?? ?
😭😭 https://t.co/H9nSYzPYxu
Igisebo ku muco
wacu
Tuzamure imyumvire:
(1)- Kuri stage,
Umuhanzi akora performance ijyanye n’ubuhanzi bwe.
(2)-
Music Stage si ku rusengero, si ku nteko y’umuco, si mu ishuri, si no mu
rugo.
(3)- Dutoze umuco wo kubaha ikintu mu mwanya
wacyo
Uzabyigana atari #Doja
kuri stage azaba ataratojwe
Ongera usome message yanjye neza
uyumve. Umwana ntatorezwa kuri music arena.
Atorezwa mu
rugo, mu rusengero, ku ishuri,….iyo aje kureba Umuhanzi, aza afite imyumvire ko
ibyo abona ari #performing~arts.
Ni kimwe no kureba film za fiction. Ntawe ubyigana kuko ni
#Arts.
Don’t let the umuco gang see this
😂😂😂😂 pic.twitter.com/HVQKacuU5g
Uyu twashyuhiye indirimboze hafi yazose “n’bishegu n’amashusho
y’urukozasoni”, ariko byagera k’Umwana w’Umunyarwanda ugerageza kuzamuka
tukamutera amabuye ngo yaririmbye “Aragitosa”. Ese mwibaza ko Abanyarwanda
batumva Icyongereza?
Kuki turwanya ibyiwacu n’abacu?#RwOT
| #Focus
https://t.co/Jluu4HGj3z
Harya imyambarire nk'iriya ya Doja,simperuka
umuntu ahita ajya mu maboko atari aye?🤔
😉
Cg
itegeko ntirimureba?lol
Reka ryame!

Minisitiri Utumatwishima
yashimangiye ko abahanzi ku rubyiniro bagomba kwerekana ubuhanzi bwabo, si
imyitwarire y’akazi gasanzwe

Utumatwishima yavuze ko uzigana
imyambarire ya Doja Cat azaba ataratojwe

Doja Cat yateje impaka i Kigali:
imyambaro ye ku rubyiniro yagaragaje umubiri we wose, ishyira imbere ubuhanzi
bwe

Imyambarire itangaje ya Doja Cat ku
rubyiniro yasize benshi batunguwe, ariko Minisitiri Utumatwishima asaba
gusobanukirwa n’icyo urubyiniro rusobanura

Ku gitaramo cya Move Afrika, Doja Cat yagaragaje imyambaro yihariye ijyana n’indirimbo ze, yerekana ko ubuhanzi ku rubyiniro butandukanye n’imyitwarire isanzwe
KANDA HANO UREBE UKO BYARI BIMEZE MBERE Y'UKO DOJA CAT ATARAMIRA I KIGALI KU NSHURO YE YA MBERE
KANDA HANO UREBE: MADAMU JEANNETTE KAGAME YITABIRIYE IGITARAMO CYA DOJA CAT I KIGALI
VIDEO: Dox Visual/ InyaRwanda.com
