Ibi
yabivuze nyuma y’uko Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki 31 Kanama
2026, yatangaje ko yafunze abapolisi babiri bagaragaye bafata umukobwa wari
wambaye ikanzu ngufi, igikorwa cyakuruye impaka n’ibitekerezo bitandukanye ku
mbuga nkoranyambaga.
Mutesi
Jolly, usanzwe ari umwe mu bagaruka ku bibazo birebana n’uburenganzira
n’imibereho y’abagore, yavuze ko ashimira Polisi kuba yemera ko hari amakosa
yakozwe, ariko ntiyemera ko inshingano zo kubazwa amakosa zireba abo bapolisi
babiri gusa.
Mu
butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Mutesi Jolly yagize ati: “Polisi y’Igihugu,
mbanje kubashimira mbikuye ku mutima kuba mwaramenye ko habayeho ikosa.
Icyakora, iki kibazo kirenze umuntu ku giti cye. Kubazwa inshingano ntibikwiye
kugarukira ku bapolisi ku giti cyabo gusa; ahubwo ni urwego rwose rw’ikigo
rukwiye kubazwa inshingano.”
Jolly
yavuze ko yizera ko Polisi ifite urwego rw’ubuyobozi n’imirongo y’inshingano
abapolisi bakurikiza mu kazi kabo. Ku bw’iyo mpamvu, asanga ibyabaye bidakwiye
gufatwa nk’ikibazo cy’abapolisi babiri gusa.
Ati:
“Twizera ko hari urwego rw’ubuyobozi n’imirongo y’ubuyobozi aba bapolisi baba
bakurikiza mu kazi kabo. Ni yo mpamvu iki kibazo kirenze kure ikibazo cy’abantu
ku giti cyabo.”
Mutesi
Jolly yakomeje avuga ko ikibazo atari imyambarire y’umukobwa gusa, ahubwo ko
gikwiye kureberwa mu buryo amategeko ashyirwa mu bikorwa.
Yagaragaje
impungenge ko abantu bashobora kujya bafatwa cyangwa bagakumirwa hashingiwe ku
bipimo bidasobanutse neza, cyane cyane iyo amategeko atagaragaza mu buryo
bwumvikana ibikorwa bishobora gutuma umuntu afatwa nk'uwarenze ku mategeko.
Ati:
“Iki kibazo ntabwo kireba gusa uko abantu basa cyangwa uko bambaye,
cyane cyane iyo hakoreshwa ibipimo bidasobanutse neza amategeko atagaragaza mu
buryo bwumvikana.”
Yongeyeho
ko uburyo nk’ubu bwo gukemura ibibazo bushobora kugira ingaruka zirenze umuntu
umwe, kuko bushobora no gutuma abaturage batangira kwibaza kuri Polisi.
Ati:
“Ikindi kibazo ni uburangare cyangwa uburyo budatekerejweho neza ibyo bibazo
bishobora gukemurwamo. Ibi ntibigira ingaruka ku muntu umwe gusa, ahubwo
bishobora no gutakaza icyizere abaturage basanzwe bafitiye Polisi, kandi icyo
cyizere twagiye twizera Polisi ko igomba kugira.”
Mu
gice cy’ubutumwa bwe cyibanze ku ngaruka zishobora guterwa no gufata ibyemezo
bishingiye ku myumvire bwite y’umuntu, Jolly yavuze ko hari akaga ko abantu
bashobora gutangira gufata imico cyangwa imyemerere yabo bwite nk’aho ari
amategeko.
Ati: “Akandi kaga gakomeye ni uguteza imbere umuco aho imyumvire y’umuntu ku cyiza
n’ikibi ishobora kwiyoberanya nk’iyubahirizwa ry’amategeko.”
Yatanze
urugero ku kibazo cy’imyambarire, abaza niba uyu munsi ari imyambarire
y’umugore, ejo hazaba iki.
Kuri
Jolly, u Rwanda rugizwe n’abantu bafite imico, imyumvire n’amateka atandukanye,
bityo amategeko akwiye gukurikizwa hashingiwe ku mahame asobanutse kandi
ahuriweho, aho gushingira ku marangamutima cyangwa ku buryo umuntu ku giti cye
abona ibintu.
Ati:
“Tuba mu gihugu gifite abantu bakomoka mu mico n’imibereho itandukanye kandi
tukabona ibintu mu buryo butandukanye. Ntidukwiye gushyira mu bikorwa amategeko
dushingiye ku marangamutima y’abantu cyangwa ku buryo umuntu ku giti cye abona
ubuzima.”
Mutesi
Jolly yavuze ko kuba igihugu gifite indangagaciro kigomba kubahiriza bidakwiye
kuvanga n’imyumvire bwite y’umuntu ku bijyanye n’ibikwiriye cyangwa ibidakwiye.
Yavuze
ko nk’abaturage bafite inshingano, bemera ko igihugu kigomba kugira
indangagaciro n’amahame kigenderaho, ariko ko izo ndangagaciro zikomeye iyo ari
amahame asangiwe kandi asobanutse.
Ati:
“Nk’abaturage bafite inshingano, twemera ko igihugu kigomba kubahiriza
indangagaciro zimwe na zimwe. Ariko indangagaciro zigira imbaraga iyo ari
amahame asangiwe n’abantu kandi asobanutse.”
Yasoje
agaruka ku mategeko, avuga ko icyo abaturage bakeneye ari ukumenya neza
ibiteganywa n’amategeko ku bijyanye n’igikorwa cyo kutiyubaha mu ruhame (public
indecency).
Ati:
“Icyo dusaba gusa ni ugusobanurirwa neza ibiteganywa n’amategeko. Ni iki mu
gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda gifatwa nk’igikorwa cyo kutiyubaha mu
ruhame kandi gihanwa n’amategeko?”
Iki
kibazo cy’imyambarire cyatangiye kuvugwa cyane nyuma y’amashusho yakwirakwiye
ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abapolisi bafashe umukobwa wari wambaye ikanzu
ngufi.
Nyuma
y’impaka n’ibitekerezo bitandukanye byatanzwe n’abaturage, Polisi y’Igihugu
yatangaje ko yafunze abapolisi babiri bagaragaraga muri ayo mashusho.
Icyemezo
cya Polisi cyakiriwe mu buryo butandukanye, bamwe bagishimira kuba urwego
rw’umutekano rwaragaragaje ko ibikorwa nk’ibi bitagomba gukorwa mu buryo
bunyuranyije n’amahame agenga akazi k’abapolisi, mu gihe abandi bibajije ku
buryo amategeko n’amabwiriza ajyanye n’imyambarire n’imyitwarire mu ruhame
asobanutse.
Mutesi
Jolly we yibanze ku kibazo kirenze ibyabaye kuri uwo mukobwa n’abapolisi
babiri, asaba ko harebwa ku buryo amategeko asobanutse, akamenyekana kandi
agashyirwa mu bikorwa mu buryo butabogama.
Ku bwe, kubahiriza indangagaciro z’igihugu no kubahiriza amategeko ntibikwiye guhabwa ibisobanuro bishingiye ku myumvire bwite y’umuntu, ahubwo bikwiye gushingira ku mahame asobanutse kandi abaturage bose bashobora kumva kimwe.

Miss
Mutesi Jolly yasabye ko hagaragaza ibiteganywa n’amategeko ku bijyanye
n’igikorwa cyo kutiyubahisha mu ruhame
