Uwayezu Francois Regis arahabwa amahirwe yo kuyobora FERWAFA –VIDEO

Imikino - 17/07/2025 3:01 PM
Share:

Umwanditsi:

Uwayezu Francois Regis arahabwa amahirwe yo kuyobora FERWAFA –VIDEO

Mu gihe amatora y’uzayobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yenda kuba, amazina atandukanye akomeje kuzenguruka mu itangazamakuru no mu bakurikiranira hafi ruhago nyarwanda.

Muri ayo mazina, Uwayezu Jean François Regis ari mu bahabwa amahirwe yo kwicara ku ntebe y’uyu mwanya ukomeye, yabigeraho agasimbura Munyantwali Alphonse.

Uwayezu, uherutse gusimburwa ku mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, ntabwo ari mushya muri ruhago y’u Rwanda. Yigeze kuba Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA hagati ya 2018 na 2021, anabera Visi Perezida ikipe ya APR FC ndetse anagira uruhare rukomeye mu miyoborere ya Simba SC yo muri Tanzania, kugeza mu Ugushyingo 2024 ubwo yatandukana n’iyi kipe.

Uretse uburambe mu buyobozi, Uwayezu azwiho no kuba yaranyuze mu mwuga w’ubutoza, aho yigeze gutoza mu makipe y’abato ya APR FC ndetse akaba afite impamyabumenyi ya Licence C yemewe na CAF.

Amatora ya FERWAFA ateganyijwe mu gihe cya vuba, aho tariki ya 19 Nyakanga 2025 ari bwo hitezwe ko kwakira amadosiye y’abakandida bizasozwa. Muri iki gihe gito gisigaye, ni ho hitezwe kumenya burundu urutonde rw’abifuza kuyobora uru rwego, rwitezweho guhindura isura y’umupira w’amaguru mu Rwanda.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...