Uwase Honorine wamamaye nka ‘Miss Igisabo' yasabwe aranakobwa- AMAFOTO

Imyidagaduro - 17/08/2024 11:47 AM
Share:

Umwanditsi:

Uwase Honorine wamamaye nka ‘Miss Igisabo' yasabwe aranakobwa- AMAFOTO

Miss Uwase Hirwa Honorine wamenyekanye nka 'Miss Igisabo', witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2017, yasabwe aranakobwa n’umukunzi we Nsengiyumva Mugisha Christian bamaze igihe mu munyenga w’urukundo.

Ni mu muhango wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, mu muhango wabereye kuri Green Jade Garden ku i Rebero mu Mujyi wa Kigali.

Ku mpapuro z’ubutumire (Invitation) bagaragaza ko bageze kure imyiteguro y’ubukwe bwabo bisunze amagambo aboneka muri Zaburi 118: 24 hagira hati “Uyu niwo munsi uwiteka yagennye, turawishimiramo turawunezererwamo."

Ibirori by’ubukwe bwabo bizaba ku wa Gatandatu tariki 24 Kanama 2024, aho bazasezerana imbere y’Imana mu rusengero Zion Temple CC Gatenga, ni mu gihe kwiyakira bizabera mu Intare Arena.

Ku wa 2 Mata 2022, nibwo Uwase Honorine yahamije urukundo yakunze Nsengiyumva Christian. Icyo gihe yanditse kuri konti ye ya Instagram agira ati “Umpiga ubutwari turatabarana. Nkunda iyi Manzi yahariwe ubutware."

Ku wa 16 Kamena 2023, ubwo umukunzi we yizihiza isabukuru y’amavuko yanditse ku rubuga rwe rwa Instagram agira ati “Isabukuru nziza ku musore witonda, w’indakemwa kandi wiyubaha. Warakoze kumpishurira inzira y’urukundo n’ukuri. Uri impamvu ituma nemera ko urukundo no kwizera bibaho."

Yakomeje agira ati “Ndi mu buzima butuje kubera ko uri mu buzima bwanjye. Ngukunda bitagira igipimo."

Uwase yarengejeho amagambo aboneka muri Bibiliya mu Kubara 6:24-26 hagira hati “Uwiteka aguhe umugisha akurinde, Uwiteka akumurikishirize mu maso he akugirire neza, Uwiteka akurebe neza, aguhe amahoro."

Miss Igisabo ni umwe mu bakobwa bahataniraga ikamba rya Miss Rwanda 2017, aho yabashije kwegukana ikamba ry’umukobwa wakunzwe cyane mu irushanwa ‘Miss Popularity’.

Uyu mukobwa uretse Miss Rwanda, yanitabariye irushanwa rya Miss Earth World 2017 icyakora ataha nta kamba yegukanye.


Uwase Hirwa Honorine yasabwe aranakobwa n’umukunzi we bamaze igihe bari mu munyenga w’urukundo


Byari ibyishimo bidasanzwe kuri Uwase Hirwa ku munsi udasanzwe mu buzima bwe


Abasore baherekeje Christian Mugisha mu gusaba no gukwa Uwase Hirwa Honorine 


Kuva muri Mata 2022, Uwase yagaragaje ko yakunze byimazeyo umukunzi we Christian 


Ku wa 23 Gashyantare 2023, nibwo Uwase Honorine yasezeranye mu mategeko n'umukunzi we Christian


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...