Iyi
ndirimbo iherekejwe n'amashusho yayo yamaze kujya hanze, ikaba ije ikurikira
umurongo uyu muhanzi asanzwe azwiho wo gukora indirimbo zifite ubutumwa bwubaka
abantu, aho kwibanda gusa ku ndirimbo z'urukundo.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Eng. Kibuza yavuze ko igitekerezo cyo gukora
iyi ndirimbo cyavuye ku kuba yarabonaga abantu benshi bacika intege bitewe
n'ibibazo bahura na byo, ashaka kubibutsa ko ubuzima bugira ibihe bitandukanye
kandi ko nta kibazo gihoraho.
Yagize
ati: "Utarapfa nta kirapfa. 'Imiraba' ni indirimbo nakoze mpumuriza abantu
bari guca mu bihe bibagoye n'abihebye ko atari ko bizahora."
Yasobanuye
ko nk'uko imiraba yo mu mazi iza ikagenda, ari na ko ubuzima bugenda
busimburana hagati y'ibyiza n'ibibi.
Uyu
muhanzi avuga ko abantu badakwiye kwihererana imibabaro yabo cyangwa ngo bumve
ko ubuzima bwabo bwarangiye kubera ibibazo barimo muri iki gihe, kuko ejo
hashobora kuzaba hatandukanye n'uyu munsi.
Yongeraho
ati: "Utarapfa nta kirapfa. Ibyo uri kunyuramo hari ubwo bizakubera
ubuhamya. Iyi ni indirimbo nsohoye gusa, hari n'izindi nkibitse nakoze mu bihe
bitandukanye. Uko nzagenda mbona ubushobozi, ni ko nzagenda nzishyira
hanze."
Eng.
Kibuza amaze imyaka myinshi ari umwe mu bahanzi bafite umwihariko mu muziki
nyarwanda. Azwi cyane kubera ijwi rye ritagereranywa n'iry'abandi ndetse
n'uburyo ahitamo gukora indirimbo zifite ubutumwa bureba ubuzima bwa buri
munsi, aho kwirukira gukora ibihangano bivuga urukundo gusa.
Mu
rugendo rwe rwa muzika, yakoranye indirimbo n'abahanzi batandukanye bafite
amazina akomeye mu Rwanda, ariko yakomeje kugumana umurongo we wo gukora
ibihangano ashaka ko bisigira isomo ababiteze amatwi.
Avuga
ko intego ye atari ugukurikira ibigezweho gusa, ahubwo ari ugusiga umurage
w'indirimbo zifasha abantu gutekereza, zikabarema umutima ndetse zikabaha
icyizere mu bihe bikomeye.
Indirimbo
'Imiraba' na yo ije ishimangira uwo murongo, aho yibutsa abantu ko ubuzima
budahora ku rwego rumwe. Nk'uko izina ryayo ribigaragaza, imiraba iraza
ikagenda, ari na ko ibihe byiza n'ibibi bisimburana.
Ni
ubutumwa bushobora kugera ku bantu benshi muri iki gihe, cyane cyane abari
guhangana n'ibibazo by'ubuzima, kuko bubakangurira kudacika intege no gukomeza
kwizera ko ejo hashobora kuba heza kurusha uyu munsi.

Eng. Kibuza yatangaje ko nyuma yo gusohora indirimbo ‘Imiraba’ afite n’izindi azasohora mu gihe kiri imbere

