USA: Shaffy yasubitse ibitaramo muri Uganda nyuma y’urupfu rwa Mukuru we

Imyidagaduro - 18/12/2025 6:44 AM
Share:

Umwanditsi:

USA: Shaffy yasubitse ibitaramo muri Uganda nyuma y’urupfu rwa Mukuru we

Umuhanzi w’umunyarwanda Kalisa Uzabumwana Sharif wamamaye mu muziki ku izina rya Shaffy, ari mu gahinda ko gupfusha Mukuru we Amani Kalisa, witabye Imana kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Ukuboza 2025.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Shaffy yatangaje ko yahisemo gusubika urugendo rw’ibitaramo bitatu yari agiye gukorera mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, byari bigamije gusabana n’abafana be no kwagura ibikorwa bye by’umuziki mu karere.

Uyu muhanzi yavuze ko inkuru y’akababaro yayimenye ari mu ndege, ubwo yavaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yerekeza muri Uganda, aho yari agiye gutaramira ku nshuro ye ya mbere muri icyo gihugu.

Nk’uko yabisobanuye, yahise afata icyemezo cyo guhagarika urugendo rwe, asubira muri Amerika kugira ngo yifatanye n’umuryango we mu bihe bikomeye by’akababaro no kwitegura umuhango wo gusezera bwa nyuma kuri Mukuru we.

Shaffy yashimiye abakunzi b’umuziki we n’abandi bose bakomeje kumuba hafi, abasaba kumusengera no kumwihanganisha muri ibi bihe bikomeye arimo. Yanasabye abafana be kumva impamvu z’iki cyemezo, anabizeza ko ibitaramo byo muri Uganda bizasubukurwa mu gihe kiri imbere.

Shaffy wamamaye mu ndirimbo nka “Akabanga”, yagombaga gutaramira muri Uganda, kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Ukuboza 2025, agakomeza ku wa 19 Ukuboza 2025, no ku Cyumweru tariki ya 21 Ukuboza 2025. 


Shaffy yatangaje ko yasubitse ibitaramo byo muri Uganda nyuma y’urupfu rwa Mukuru we witabye Imana kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Ukuboza 2025


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...