Urwishe ya nka! Igitaramo cya Kenya West muri Poland cyahagaritswe

Imyidagaduro - 18/04/2026 9:18 AM
Share:

Umwanditsi:

Urwishe ya nka! Igitaramo cya Kenya West muri Poland cyahagaritswe

Igitaramo cy’umuraperi w’umunyamerika Kanye West cyari kubera muri Pologne cyahagaritswe, nyuma y’igitutu cya Guverinoma n’abanenga amagambo amaze iminsi atangaza arimo ay’ivangura n’ashimagiza Aba-Nazi.

Uyu muhanzi uzwi kandi ku izina rya “Ye”, yari ategerejwe kuzakorera igitaramo kuri Stade ya Silesia i Chorzów tariki ya 19 Kamena 2026, kikaba cyari kuba icya mbere akoreye muri Pologne mu myaka 15 ishize. Gusa ubuyobozi bw’iyi stade bwatangaje ko kitakibayeho kubera “impamvu z’amategeko n’imyitwarire”.

Minisitiri w’Umuco n’Umurage wa Pologne, Marta Cienkowska, yari yamaganye icyemezo cyo gutumira Kanye West, avuga ko “bidakwiriye na gato” kwakira umuhanzi ugaragaza ibitekerezo by’urwango nk’uko BBC ibitangaza.

Urwishe ya nka! Ibi bibaye nyuma y’aho uyu muraperi ahagaritse igitaramo yari afite mu Bufaransa, ndetse n’aho u Bwongereza bumwimye viza bwari kumwemerera kujya gutaramira mu iserukiramuco rya Wireless Festival, bigatuma n’iryo serukiramuco riza guhagarikwa burundu.

Mu bihe byashize, Kanye West yagiye akora ibikorwa byateje impaka zikomeye. Muri Gashyantare 2025, yatangiye kugurisha imyambaro iriho ikimenyetso cya swastika (ikirango cy’Aba-Nazi), bituma urubuga Shopify rufunga ubucuruzi bwe kuri internet.

Nyuma y’amezi make, yasohoye indirimbo yise “Heil Hitler”, aho yavuze ko ibibazo by’umuryango n’ifungwa ry’imitungo ye ari byo byamuteye kugana ibitekerezo bya Nazi, ikintu cyateje uburakari bukomeye ku Isi.

Nubwo nyuma yaje gusaba imbabazi abinyujije mu itangazo ryasohotse muri The Wall Street Journal, aho yavuze ko atari Umu-Nazi cyangwa umwanzi w’Abayahudi, ndetse ko afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe (bipolar disorder) bwamugizeho ingaruka, ibi ntibyabujije ibihugu byinshi gukomeza kumufata nk’uwarenze ku murongo.

Muri Pologne, amategeko ahana umuntu wese ushishikariza cyangwa ushyigikira ibitekerezo bya Nazi, aho ushobora gufungwa kugera ku myaka itatu.

Ibi bifite uburemere bwihariye bitewe n’amateka y’iki gihugu mu gihe cy’Intambara ya Kabiri y’Isi (World War II), aho Abanazi bubatse inkambi z’iyicarubozo n’iz’itsemba ry’Abayahudi, bagahitana abarenga miliyoni eshatu bo muri Pologne gusa.

Minisitiri Cienkowska yavuze ko kwakira umuhanzi nk’uyu byaba ari “kurenga umurongo no gushyira mu buryo busanzwe urwango”, ashimangira ko “umuco udakwiye kuba urubuga rwo gukwirakwiza urwango”.

Nubwo hari ibiganiro byabayeho ku buryo igitaramo cyahagarikwa, abategetsi bavuze ko bitari byoroshye kubikora mu buryo bw’amategeko. Icyakora, igitutu cya guverinoma n’imyumvire y’abaturage byaje gutuma amaherezo gihagarikwa burundu.

Kanye West yari afite urugendo rw’ibitaramo mu Burayi, harimo n’ibyo yagombaga gukorera i Londres no i Marseille mu Bufaransa, ariko byinshi muri byo bikomeje gusubikwa cyangwa guhagarikwa kubera impaka zikomeje kumugarukaho.

Ibitekerezo bya Kanye West bikomeje kumushyira mu bibazo: Igitaramo yari afite muri Pologne cyahagaritswe ku gitutu cya guverinoma


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...