Urwishe ya nka! Dj Pius yibasiye Muyoboke, amushinja kubeshya

Imyidagaduro - 25/06/2026 7:27 PM
Share:
Urwishe ya nka! Dj Pius yibasiye Muyoboke, amushinja kubeshya

Umuhanzi akaba n’umu-DJ uzwi cyane, Dj Pius, yongeye kugaragaza ko umubano we na Muyoboke Alex ugikomeje kuba mubi, nyuma yo kumwandikaho ubutumwa bukakaye ku mbuga nkoranyambaga, aho yamushinje kubeshya no kugira imyitwarire ishobora gusiga isura mbi ku byo yagezeho mu rugendo rwe rw’akazi.

Ibi Dj Pius yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 25 Kamena 2026, abinyujije ku rubuga rwa Instagram, nyuma y’ikiganiro Muyoboke Alex aherutse kugirana na IGIHE, aho yagarutse ku rugendo rwe mu muziki nyarwanda ndetse ashimangira ko ibikorwa yakoze bikwiye gutuma yubahwa.

Si byo gusa, kuko Muyoboke anashimangira ko yagize uruhare mu ikorwa ry'indirimbo "Agatako" ya Dj Pius na Jose Chameleone.

Mu magambo yasaga n’ayasubizaga Muyoboke, Dj Pius yagaragaje ko hari abantu bashobora kwangiza umurage wabo bitewe n’imyitwarire yabo ya nyuma.

Yagize ati: “Jya wirinda kugira imyitwarire mibi ishobora gusebya izina ryawe cyangwa ibyo wagezeho mu gihe umaze ku Isi.”

Yakomeje agaragaza ko umuntu ushyira imbere ubwenge, amahoro n’indangagaciro ari we usiga umurage mwiza, ati: “Kwimakaza ubuvanganzo, ubwenge n’amahoro bituma usaza utanduye mu mutima no mu bikorwa.”

Yongeyeho ko gukomeza kubaha umuco n’indangagaciro ari byo bituma umuntu asigara yibukwa neza, ndetse n’igihe atakiri ku Isi.

Mu magambo ya nyuma ni bwo Dj Pius yateye benshi kwibaza niba yarengereye, aho yanditse amagambo asa n’ayo kuvuma cyangwa kunenga bikomeye Muyoboke Alex, agira ati: “Umunwa wuzuye ibinyoma gusa.”

Aya magambo yahise akurura ibitekerezo bitandukanye ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane ko atari ubwa mbere aba bagabo bombi bagaragaje kutavuga rumwe.

Amakimbirane amaze imyaka umunani

Umwuka mubi hagati ya Dj Pius na Muyoboke Alex watangiye kuvugwa cyane mu 2018 nyuma y’itandukana rya Charly na Nina na Muyoboke Alex wari usanzwe ubareberera ibikorwa by’umuziki.

Icyo gihe hagiye humvikana amakuru yavugaga ko Dj Pius yaba yaragize uruhare mu gutuma aba bahanzikazi batandukana na Muyoboke, nubwo nta gihamya yigeze itangazwa cyangwa ngo yemezwe n’impande zombi.

Kuva icyo gihe, umubano hagati ya Dj Pius na Muyoboke Alex wakomeje kuvugwaho agatotsi, aho nta n’umwe wigeze agaragaza ubushake bwo kongera kwegera undi.

Mu myaka umunani ishize, buri umwe yakomeje inzira ze mu ruganda rw’imyidagaduro, ariko amagambo akunze gutangazwa rimwe na rimwe agaragaza ko igikomere cyasizwe n’ayo makimbirane kitari cyarakira.

Ubutumwa bwa Dj Pius buje bwiyongera ku bindi bihe bitandukanye byagiye bigaragaza ko umubano w’aba bombi ukiri kure yo gusubira ku murongo, ndetse bikomeza gutera amatsiko abakurikiranira hafi imyidagaduro nyarwanda bifuza kumenya niba hari umunsi bazongera kwiyunga cyangwa niba amakimbirane yabo azakomeza kuba amateka adashira.

Dj Pius yasubije, agaragaza ko ibyo Muyoboke Alex yatangaje ku ndirimbo ye 'Agatako' nta kuri kurimo

Muyoboke Alex yari yagaragaje ko yagize uruhare mu guhuza Dj Pius na Jose Chameleone wo muri Uganda



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...