Uruzinduko yagiriye i Kigali rwahinduye intekerezo za Trey Maxi, akoramo indirimbo “Rwa-Nkotanyi”

Imyidagaduro - 27/04/2026 7:56 AM
Share:

Umwanditsi:

Uruzinduko yagiriye i Kigali rwahinduye intekerezo za Trey Maxi, akoramo indirimbo “Rwa-Nkotanyi”

Umuhanzi nyarwanda Manzi uzwi nka Trey Maxi, yashyize hanze indirimbo nshya yise “RwaNkotanyi”, igamije kugaragaza urukundo afitiye u Rwanda n’icyerekezo cyarwo mu iterambere.

Iyi ndirimbo yayiherekeje na “visualizer” yamaze kujya ahagaragara, aho agaragaza ishusho y’u Rwanda rw’ubu ruri mu bihugu bikomeje kwiyubaka no gukurura amaso y’Isi.

Trey Manzi yabwiye InyaRwanda ko iki gitekerezo cy’iyi ndirimbo cyaturutse ku rugendo yagiriye mu Rwanda, rwamusigiye amarangamutima akomeye ndetse akabona Kigali nk’umujyi uri mu mijyi ikomeje kwihuta mu iterambere ku Mugabane wa Afurika.

Mu butumwa bwe, uyu muhanzi yashimangiye ko yasanze u Rwanda ari igihugu gifite ubwiza budasanzwe, akavuga ko hari aho yageze akibwira ko ari mu nkuru z’impimbano kubera uburyo ibintu byubatse n’imiterere y’Igihugu.

Yavuze ko kwakirwa neza, ituze n’ubwiza bw’umujyi wa Kigali byamurenze umutima, bituma yumva agomba kubishyira mu muziki.

Yagize ati: “Nashakaga gukora ikintu gifite aho gihuriye n’u Rwanda. Abashyizeho gahunda ya Visit Rwanda mbashimiye uburyo mwahinduye igihugu Paradizo.”

Yakomeje agaragaza ko u Rwanda ari igihugu kiri ku rwego rwo kugereranywa n’ibihugu bikomeye ku Isi, ndetse ko hari benshi batari bamenya neza aho rugeze.

Trey Manzi yavuze ko indirimbo “RwaNkotanyi” yayituye u Rwanda n’Inkotanyi, azishimira ko zagize uruhare rukomeye mu kongera kubaka igihugu no kucyerekeza ku iterambere rigezweho.

Yongeyeho ko u Rwanda ruri kuba icyitegererezo ku Mugabane wa Afurika no ku Isi muri rusange, by’umwihariko mu kwakira abantu bose.

Uyu muhanzi kandi yagarutse ku mateka y’u Rwanda, by’umwihariko ku byabaye mu 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko ari imwe mu mpamvu zamuteye gutekereza kuri iyi ndirimbo.

Yavuze ko nyuma yo kuzirikana ayo mateka, yanarebye aho igihugu kigeze uyu munsi, asanga ari urugendo rudasanzwe rwo kwiyubaka.

Ati: “Ndeba aho u Rwanda rugeze n’aho rwerekeza, mbona Inkotanyi ari ubuzima, zongeye guha Abanyarwanda ubuzima.”

Ibi byatumye ahitamo kwita iyi ndirimbo “RwaNkotanyi”, asobanura ko ari u Rwanda rushya ruri kwiyubaka rufite icyizere cy’ejo hazaza.

Manzi, wivuga mu mazina arimo Trey Maxi wa Twayigira, Kabajuguta na Nyamushara, yagaragaje ko akomoka ku muryango ufite amateka akomeye, ndetse agaragaza ishema afitiye inkomoko ye.

Indirimbo “RwaNkotanyi” ije yiyongera ku zindi uyu muhanzi akomeje gukora, aho agenda agaragaza umwihariko mu buhanzi bwe, yifashishije amagambo akomeye n’inkuru zishingiye ku mateka n’ubuzima busanzwe bw’Abanyarwanda.

“Visualiser y’iyi ndirimbo yamaze kujya hanze, aho abakunzi b’umuziki bashobora kuyireba ku mbuga zitandukanye zirimo iza YouTube, mu gihe abakurikira Trey Manzi bakomeje kuyakira neza no kuyishimira ku mbuga nkoranyambaga.

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'RWA- NKOTANYI' YA TREY MANZI

 

Trey Manzi yasohoye “RwaNkotanyi”, indirimbo yahariye u Rwanda n’urugendo rwarwo rwo kwiyubaka

Trey Manzi yatangaje ko yishimira iterambere ry'u Rwanda nyuma y'imyaka 32 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe n'Ingabo zari iza RPA

Trey Manzi yavuze ko uruzinduko yagiriye i Kigali rwamuhinduye, aruhindura indirimbo “RwaNkotanyi”


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...