Urumogi rwafatiwe kwa Dj Toxxyk rwagiye he?

Imyidagaduro - 06/05/2026 6:05 PM
Share:

Umwanditsi:

Urumogi rwafatiwe kwa Dj Toxxyk rwagiye he?

Nyuma yo guhamwa n’ibyaha yacyekwagaho agahanishwa gukora imirimo y’inyungu rusange ndetse n’ihazabu ya 1,050,000Frw, umucamanza Mukamana Valentine waburanishije uru rubanza yahise atageka ko urumogi rwafatiwe kwa DJ Toxxyk rutwikwa.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, ni bwo Dj Toxxyk yarekuwe nyuma y’uko ku wa Mbere urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwari rwategetse ko afungurwa agakomereza ibihano bye hanze.

Mu kuburana, bavuze ko bamusatse bakamusangana urumogi rungana n’amagarama abiri rwari ruri muri saloon ye.

Dj Toxxyk yavuze ko atazi uko rwageze mu nzu ye icyakora yemeza ko yajyaga arunywa nyuma yo gutandukana n’umugore we ariko yararuretse.

Muri raporo yo mu bugenzacyaha, bari banditse ko yemeye ko akoresha urumogi cyane cyane iyo agiye gucuranga kugira ngo abe afite "vibes".

Nyuma yo kurekurwa ahamwe n’ibyaha birimo icyo gukoresha urumogi, umucamanza yahise ategeka ko ayo magarama 2 y’urumogi afatwa agatwikwa n’inzego z’umutekano.

Reba ikiganiro kigaruka ku rubanza rwa Dj Toxxyk 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...