Urukundo yakunze Bruce Melodie rwamugize ikimenyabose, ariko rumusigira ibikomere: Ubuhamya bwa Irasubiza Eric

Imyidagaduro - 31/07/2026 11:19 AM
Share:

Umwanditsi:

Urukundo yakunze Bruce Melodie rwamugize ikimenyabose, ariko rumusigira ibikomere: Ubuhamya bwa Irasubiza Eric

Mu bitaramo bya "Summer Country Tour" byazengurutse uturere twa Musanze, Nyagatare, Bugesera na Rubavu, hari umuntu umwe utari umuhanzi ariko wagendaga agarukwaho n'abitabiriye ibi bitaramo. Ni umusore witwa Irasubiza Eric, wamamaye kubera uburyo budasanzwe yagaragazaga ko akunda umuziki wa Bruce Melodie.

Yajyaga agaragara yambaye imyenda yanditseho amazina ya Bruce Melodie, akitwaza ibyapa bimushyigikira, ndetse ageza aho yandikisha izina ry'uyu muhanzi mu mutwe we. Uwo mwihariko watumye benshi batangira kumumenya mbere y'uko bavuga izina rye.

Ariko inyuma y'ibyo abantu babonaga ku mbuga nkoranyambaga no mu bitaramo, hari ubuzima avuga ko bwahindutse bukamugora kubera amahitamo ye yo kuba umufana uzwi.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Eric yavuze ko ubuzima bwe bwo gukunda Bruce Melodie bwatangiye mbere y'uko aza gutura i Kigali. Ati: "Nari nsanzwe mukunda nkiri i Karongi. Ngeze i Kigali numva nshaka kumushyigikira kurushaho."

Guturuka i Karongi ashaka ubuzima

Eric avuga ko yavuye mu Karere ka Karongi aza i Kigali ashaka imibereho nk'urubyiruko rwinshi.

Mu ntangiriro, yizeraga ko kuba hafi y'umuziki no gushyigikira umuhanzi yakundaga byashobora kuzamufasha kubona amahirwe y'ubuzima. Gusa uko iminsi yagiye ishira, yasanze ibintu bitagenda nk'uko yabitekerezaga.

Avuga ko yakoraga akazi ko gushakira abacuruzi abakiriya, ariko nyuma yo kumenyekana nk'umufana wa Bruce Melodie, abantu benshi batangiye kumubonamo undi muntu utari wa mucuruzi wari uje kubereka ibyo bagura.

"Bambonaga nk'umuntu wa danger"

Eric avuga ko abantu benshi batangiye kumucira urubanza kubera uko yabaga yambaye n'uburyo yigaragazaga.

Ati: "Hatabayeho umutima ukomeye cyangwa se no kubana n'Imana, umuntu mwajya kumva mukumva umuntu yarigendeye. Abantu bakomeje kwizera ko ibintu ndi gukora biri kumpa amafaranga.

Bambonaga nk'umuntu wa ‘danger’. Bambona nk'ahantu bagatangira kuvuza induru bati 'dore wa muntu'. Ni bwo nahise mbona kubona umusitari ari ikindi kintu. Noneho kuba umusitari ukennye wanakwiyahura."

Avuga ko aho yanyuraga hose abantu bamwerekagaho intoki, bamwe bakamushinyagurira, abandi bakamwita amazina ashingiye ku buryo yabaga yiyanditseho amazina ya Bruce Melodie cyangwa uko yabaga yambaye.

Yagize ati: "Ibaze kugenda n'amaguru buri wese agutunga urutoki ati dore wawundi wambara ikariso, ati reba wawundi wiyandika mu mutwe. Hari igihe ubwonko bwawe buba bwatangiye kunyeganyega kubera ibyo byose, kandi n'amafaranga yo kwishyura inzu ugasanga wayakoresheje muri ibyo ngibyo."

Yaretse akazi kubera uko abakiriya bamubonaga

Kimwe mu bintu Eric avuga ko byamubabaje cyane ni uko byanagize ingaruka ku kazi ke.

Yari asanzwe ashakira abacuruzi abakiriya muri ‘Gare’ y’Umujyi wa Kigali, ariko avuga ko benshi mu bo yegeraga batamwitabaga kuko bahitaga bamwibuka nk'umufana wa Bruce Melodie aho kumubonamo umuntu ushaka kubafasha. Ati: "Nahisemo kureka ako kazi."

Avuga ko icyo gihe yumvise ko atagishoboye gukomeza gukora akazi abantu batamufatiraga nk'umukozi ahubwo bakamubonamo umuntu wamamaye kubera imyambarire n'uburyo yigaragaza.

Yanasohowe mu nzu

Mu bindi Eric agaruka ho harimo kuba yarigeze gusohorwa mu nzu yabagamo. Avuga ko nyir'inzu yamusohoye kubera ko yari umufana wa Bruce Melodie, ndetse akavuga ko uwo mugore yari asanzwe afana The Ben.

Ariko Jeanne, nyir'inzu, yabwiye InyaRwanda ko ibyo Eric avuga atari byo.

Yasobanuye ko yamusohoye kubera ko yari amaze amezi abiri adatanga amafaranga y’ubukode bw'inzu, ahakana ko hari aho bihuriye n'abahanzi cyangwa abafana babo.

Nta mukobwa wakwemera kugukunda nawe...

Eric avuga ko no mu modoka rusange atabonaga amahoro. Yemeza ko hari abamubwiraga amagambo amusenya umutima, harimo n'abamubwiraga ko nta mukobwa wakwemera gukundana na we kubera uko agaragara.

Hari n'abamubwiraga ko imyambarire ye idakwiriye umusore, ibintu avuga ko byamusigaga yumva adafite agaciro imbere ya sosiyete.

Nubwo yababaye, ntiyicuza

Nubwo avuga ko yahuye n'ibikomere byinshi, Eric ashimangira ko aticuza kuba yarafashe icyemezo cyo gushyigikira Bruce Melodie.

Avuga ko hari abayobozi bo muri 1:55 AM bagiye bamushimira ku rukundo akunda umuhanzi wabo, kandi ibyo byamuhaye imbaraga zo gukomeza kuba we.

Si ikibazo kibera mu Rwanda gusa

Inkuru ya Eric isa n'iz'abandi bafana bakomeye bagiye bagaragara hirya no hino ku Isi.

Mu bihugu nka Nigeria, Tanzania, Afurika y'Epfo no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hari abafana bagiye bakora ibintu bikomeye birimo kwiyandikaho amazina y'abahanzi, kwishushanya ‘tatouage’ zabo, kugurisha imitungo kugira ngo bakurikirane ibitaramo cyangwa se kuva mu kazi kubera igihe kinini bamara bakurikira ibitaramo.

Bamwe muri bo bavuga ko bahura no gushinyagurirwa n'imiryango yabo, gutakarizwa icyizere n'abakoresha, ndetse rimwe na rimwe bagahura n'ibibazo by'ubuzima bwo mu mutwe bitewe n'igitutu cya sosiyete.

Abahanga mu mitekerereze y'abantu bagaragaza ko gukunda umuhanzi atari ikibazo ubwacyo, ariko iyo uwo mufana atangiye kubishyira imbere y'imibereho ye, akazi cyangwa inshingano z'ibanze, bishobora kumugiraho ingaruka zikomeye ku buzima bwe no ku mubano afitanye n'abamukikije.

Ku ruhande rwa Eric, avuga ko nubwo yahuye n'ibibazo byinshi, urukundo akunda Bruce Melodie rugikomeye.

Icyakora yemera ko ubuzima bwamwigishije ko gukunda umuhanzi bidakwiye gusimbura kubaka ejo hazaza h'umuntu, kuko amahitamo umuntu afata ashobora kumugiraho ingaruka zirenze uko yabitekerezaga.

Irasubiza Eric yatangaje ko yahisemo gushyigikira Bruce Melodie muri ibi bitaramo nyuma y'uko bahuriye i Karongi akamusuhuza. Ati "Icyo gihe sinifuza gukaraba nyuma y'uko ankoze mu ntoki."

Irasubiza yari mu bihe by'abafana barimo na 'Pilate' bari bashyigikiye mu buryo bukomeye Bruce Melodie muri 'Summer Country Tour'

Bruce Melodie yateguye ibi bitaramo agamije kwegereza abafana be n'abakunzi b'umuziki hirya no hino mu gihugu

Irasubiza yavuze ko gushyigikira Bruce Melodie byamugizeho ingaruka, kuko hari bamwe mu bantu bamuryaniraga inzara bamubonye

Irasubiza avuga ko yahisemo kureka akazi yakoraga ko gushakira abacuruzi abaguzi, bitewe n'amagambo mabi abantu bamubwiraga

Irasubiza yavuze ko mu minsi ishize yasohowe mu nzu, ariko nyirinzu amushinja kuba atarabashije kubona ubwishyu bw'inzu

Irasubiza yavuze ko amafoto n'amashusho ye byasohokaga mu bitangazamakuru byamugizeho ingaruka, kuko abantu bavugaga ko yabonye amafaranga nyamara nta kintu yinjije

Irasubiza yabaga ari kumwe n'inshuti ze hirya no hino mu gitaramo bashyigikiye Bruce Melodie mu bitaramo byari bibaye ku nshuro ya mbere

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE IRASUBIZA ERIC, UMUFANA UKOMEYE WA BRUCEMELODIE

VIDEO: Melvin Pro/ InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...