Uyu
muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo z'urukundo n'ubutumwa bukora ku mitima, ari
kwitegura gutaramira muri BK Arena ku wa 1 no ku wa 2 Kanama 2026, mu bitaramo
byo kwizihiza imyaka 20 amaze ahagaze neza mu muziki nyarwanda. Nyuma y'u
Rwanda, uru rugendo azarukomereza no hanze y'igihugu.
Mu
gihe abakunzi b'umuziki bakomeje kuvuga kuri aya matike yashize mu buryo
bwihuse, umuraperi Gatsinzi Emery, uzwi nka Riderman, nawe yavuze ko ibyo
byabaye bitamutunguye na gato, ahubwo ko ari umusaruro w'urukundo King James amaze
igihe yihesheje.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Riderman, nawe wujuje imyaka 20 mu muziki, yavuze ko
King James akwiriye ibyo yagezeho kuko yubatse izina rishingiye ku bihangano
byamaze igihe bikora ku Banyarwanda.
Yavuze
ati :Ntabwo navuga ngo byarantunguye rwose. Kuko arabishoboye, arabikwiriye,
urwo rukundo rw'abanyarwanda ararufite, ikindi yari amaze igihe atagaragara mu
bitaramo cyane, abanyarwanda bari bamukumbuye ari benshi, kandi n'ibintu byo
kwishimira. Iriya ni indi ntambwe yo kubara, aho umuntu asohora amatike
akarangira mu minsi ibiri, n'ibintu byo kwishimira cyane [...]”
Yakomeje
agaragaza ko intsinzi ya King James atari iye wenyine, ahubwo ari intsinzi
y'umuziki nyarwanda muri rusange.
Amagambo
ya Riderman agaragaza ishusho y'ubwubahane n'ubufatanye hagati y'abahanzi
bamaze imyaka myinshi bubaka umuziki nyarwanda, aho buri ntsinzi ya mugenzi
wabo bayifata nk'iyabo.
King
James yatangiye kwigaragaza cyane mu myaka ya mbere ya 2006, ubwo indirimbo ze
zatangiraga kumenyekana hirya no hino mu gihugu. Mu gihe gito yaje kwigarurira
imitima ya benshi binyuze mu buryo bwe bwihariye bwo kuririmba indirimbo
z'urukundo ziganisha ku buzima bwa buri munsi n'amarangamutima.
Mu
myaka 20 amaze mu muziki, yasohoye indirimbo nyinshi zakunzwe zirimo "Meze
Neza," "Nyuma Yawe," "Birandenga," "Niki
Utabona" n'izindi nyinshi zakomeje kuramba mu matwi no mu mitima
y'abakunzi b'umuziki nyarwanda.
Uyu
munsi, imyaka 20 ishize yubaka amateka ye, King James akomeje gufatwa nk'umwe
mu bahanzi bafite umurage ukomeye mu muziki nyarwanda. Kuba amatike y'ibitaramo
bye yarashize mu gihe gito ni ikimenyetso cy'uko n'ubwo imyaka yagiye ishira,
igikundiro cye kitigeze kigabanuka.
Ibitaramo
byo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki bitegerejwe n'imbaga y'abakunzi be,
bifuza kongera guhurira ku rubyiniro n'indirimbo zababereye igice cy'ubuzima mu
bihe bitandukanye.
Ni ibitaramo bitegerejwe nk'ibizerekana urugendo rw'umuhanzi wahinduye byinshi mu muziki nyarwanda, ndetse bikaba bishobora kuba bimwe mu bitaramo bizasiga amateka mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2026.

Riderman yavuze ko ibyo King James agezeho abicyesha urukundo rw’abafana

King
James ari kwitegura gukorera muri BK Arena ibitaramo bibiri yizihiza imyaka 20
ishize ari mu muziki
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA RIDERMAN
RIDERMAN YATARAMIYE I MUSANZE MURI MTN IWACU MUZIKA FESTIVAL
