Urukundo rwa Etania na Joshua Baraka rwatangiriye ku kirahure cya 'Whiskey'

Imyidagaduro - 24/03/2026 9:38 AM
Share:

Umwanditsi:

Urukundo rwa Etania na Joshua Baraka rwatangiriye ku kirahure cya 'Whiskey'

Umuhanzikazi Etania Mutoni yagaragarije abafana be uburyo yahuye n’umukunzi we w’umuhanzi Joshua Baraka, ndetse n’uburyo urukundo rwabo rwagiye rugaragara mu ndirimbo ze, nyuma yo guhurira ku kirahure ry’icupa rya ‘whiskey’.

Mu kiganiro yagiranye NRG Radio, Etania yasobanuye uko urukundo rwabo rwavutse. Avuga ati “Twari muri Guvnor, urukundo rwatangiye ku kirahure cya whiskey. Byari urukundo ku nshuro ya mbere. Ntibyadutwaye igihe. Nakunze uburyo ari umuntu woroheje, w’ineza kandi useka. Nkunda ko anyitaho."

Etania yakomeje avuga ko akunda kujyana na Baraka gusohoka akabyina, ibintu bigaragaza uburyo urukundo rwabo rwimbitse kandi rudasanzwe.

Urukundo rwabo rwatangiye kumenyekana ubwo Etania yabivugaga mu kiganiro kuri Pearl Magic. Joshua Baraka nawe yemeje ko bamaze igihe mu mubano mu biganiro bitandukanye n’itangazamakuru.

Mu bijyanye n’umuziki, Etania yavuze ko Joshua Baraka yamuhimbiye indirimbo eshatu zishingiye ku rukundo rwabo.

Yagaragaje amazina y’indirimbo ebyiri zishingiye ku rukundo rwabo zirimo ‘Dive In’ ndetse na ‘This Time’ ariko agumana ibanga ku ndirimbo ya gatatu.

Ibi byerekana uburyo amarangamutima ye n’ubuzima bwe bwite bigira uruhare mu bihangano bye.

Baraka aherutse kandi gusobanura ko urukundo rwe rwa kera kuri Baby Gloria, umwe mu bagize Kampala Creme, rwarangiye.

Yagize ati "Ku bijyanye na Baby Gloria, turi abanyamuryango gusa. Si inshuti yanjye nyakuri. Twigeze kuganira gusa kandi ni umuntu mwiza. Navuze ko naramukunze ariko byarangiye kera. Urukundo rushobora kuza rugahita rugenda."

Ku ruhande rw’umuziki, Joshua Baraka yamenyekanye cyane mu 2023 binyuze mu ndirimbo ‘Nana’, yari imwe mu ndirimbo zifite amashusho yarebwe cyane mu mwaka wose.

Etania Mutoni we yamenyekanye mu 2017 ubwo yafatanyaga na Wizkid ku rubyiniro muri Kampala, aho uyu muhanzi wo muri Nigeria yamuhaye ikaze ku rubyiniro, ni nyuma y’uko abashinzwe umutekano bari bamubujije kumusana ku rubyiniro.

Kuva icyo gihe, Etania yakomeje gukorera ibikorwa bitandukanye birimo gutanga ibiganiro kuri TV na Radio, kuyobora ibirori, kuvanga imiziki (DJ), byose bigaragaza ko afite impano nyinshi kandi ikomeye mu myidagaduro.

Ikinyamakuru Petro Uganda kivuga ko umubano wabo werekana uburyo urukundo rushobora gutanga isoko ry’ubuhanzi, kuko Joshua Baraka ashyira amarangamutima ye mu ndirimbo ze, cyane cyane izishingiye ku rukundo rwabo, bigatuma abakunzi babo bumva umubano wabo mu buryo bwihariye.

Etania Mutoni yahishuye uko urukundo rwe na Joshua Baraka rwavukiye mu Kabari ka Guvnor ku kirahure cya ‘Whiskey’, ndetse anavuga indirimbo eshatu zishingiye ku mubano wabo

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'THIS TIME' JOSHUA BARAKA YATUYE UMUKUNZI WE ETANIA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...