Urukiko Rukuru rwanze ubujurire bwa Moses Turahirwa, rwemeza igifungo cy’imyaka itatu

Imyidagaduro - 01/04/2026 7:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Urukiko Rukuru rwanze ubujurire bwa Moses Turahirwa, rwemeza igifungo cy’imyaka itatu

Urukiko Rukuru rwa Kigali rwemeje igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya Miliyoni 2 Frw cyakatiwe umunyamideli Moses Turahirwa washinze inzu y’imideli ya Moshions, nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano no gukoresha ibiyobyabwenge no guhimba inyandiko.

Iki cyemezo cyafashwe ku wa 30 Werurwe 2026, gishimangira icyari cyaratanzwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo mu 2024, rwari rwamukatiye kuri ibyo byaha byombi. Urukiko Rukuru rwanze ubujurire bwe, aho yari yasabye ko yahabwa igihano gisubitse kugira ngo abashe gukomeza kwivuza ari hanze y’igororero.

Nyuma y’iki cyemezo, Turahirwa azakomeza gufungwa imyaka itatu yiyongera ku wundi mwaka umwe asanzwe arimo gukatirwa, na wo yakatiwe mu rubanza rwabanje rujyanye no gukoresha ibiyobyabwenge. Biteganyijwe ko uwo mwaka umwe azawusoza muri Mata 2026.

Mu iburanisha ry’ubujurire ryabaye ku wa 16 Werurwe 2026, Turahirwa yabwiye urukiko ko hari bimwe mu bihe yakoresheje ibiyobyabwenge yabikoze ari mu mahanga, mu bihugu bimwe na bimwe byemerera ikoreshwa rya cannabis.

Yagize ati: “Mu Butaliyani no muri Kenya nahakoresheje cannabis,” anavuga ko kuva icyo gihe yatangiye gushaka ubuvuzi bujyanye n’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe.

Ku bijyanye n’icyaha cyo guhindura inyandiko, Turahirwa yasobanuye ko byaturutse ku ifoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga, aho yavuze ko atari agamije guhindura inyandiko zemewe n’amategeko.

Yagaragaje ko yahinduye ifoto ya pasiporo akoresheje porogaramu zo kuyitunganya (photo editing), akuramo amakuru arimo itariki y’amavuko, nimero ya pasiporo n’igitsina, hanyuma ayisangiza ku rubuga rwa Instagram ayiherekesha amagambo agaragaza ko yahinduye igitsina ku byangombwa bye.

Yagize ati: “Byari iby’imyidagaduro byo ku mbuga nkoranyambaga, ntabwo byigeze bikoreshwa mu buryo bwemewe n’amategeko,” ashimangira ko atari icyaha cyo guhindura inyandiko.

The New Times yanditse ko uruhande rw’umwunganizi we mu mategeko na rwo rwasabye urukiko kureba ku rugendo rwe rwo kwivuza, ruvuga ko umuryango we witeguye kumufasha gukomeza kwiyitaho. Basabye ko yahabwa igihano gisubitse kugira ngo abashe gukomeza ubuvuzi mu kigo cyabugenewe.

Gusa Ubushinjacyaha bwamaganiye kure ubu busabe, buvuga ko imyitwarire ya Turahirwa igaragaza ko asubira mu byaha kenshi, ndetse ko yakoze ibindi byaha n’ubwo yari yarigeze kugirirwa imbabazi.

Ku bijyanye no guhindura inyandiko, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko guhindura amakuru ari ku ifoto ya pasiporo bihagije kugira ngo bifatwe nk’icyaha, kabone n’iyo yaba atarakoreshejwe mu nyandiko zemewe n’amategeko.

Bwavuze ko guhindura amakuru yemewe bishobora kuyobya abantu no gutesha agaciro inyandiko zemewe n’amategeko.

Nk’uko Ubushinjacyaha bwabigaragaje, Turahirwa yemeye ko yahinduye ibintu bitatu kuri iyo foto ya pasiporo mbere yo kuyisangiza kuri Instagram ye.

Ubushinjacyaha bwavuze ko n’ubwo yaba yarabikoze agamije gusetsa, ibikorwa nk’ibyo bifite ingaruka mu mategeko.

Ibibazo bya Turahirwa n’amategeko byatangiye muri Mata 2023, ubwo yatabwaga muri yombi akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge no guhindura inyandiko. Muri Gicurasi 2023, yitaba Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge yemera ko yakoresheje cannabis.

Nyuma yaho, mu Nyakanga 2023, yahawe by’agateganyo kurekurwa byemejwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Icyakora, ku wa 20 Ukuboza 2024, urubanza rwarangiye urukiko rumuhamije ibyaha byombi, rumukatira igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya Miliyoni 2 Frw n’ibihumbi 20 Frw nk’igarama ry’urubanza , icyemezo cyaje gushimangirwa n’Urukiko Rukuru rwa Kigali.


Moses Turahirwa ntiyahawe igihano gisubitse, azakomeza gufungwa imyaka itatu


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...