Urugendo rwo gutwita kwa Kunda umugore wa Kenny Sol wabanje kutabyakira

Imyidagaduro - 21/08/2024 12:11 PM
Share:
Urugendo rwo gutwita kwa Kunda umugore wa Kenny Sol wabanje kutabyakira

Tunga Kunda Alliance Yvette umugore wa Rusanganwa Norbet [Kenny Sol] yagarutse ku buryo yabanje kugira ngo ni uko yahinduye ikirere n’ibyo kurya akaza kwisanga atwite. Ni inzira avuga ko yabaye ndende kugera yibarutse ariko ngo umugabo we yamubaye hafi.

Muri Mutarama 2024 ni bwo inkuru yasakaye hose ko Kenny Sol na Kunda basezeranye imbere y’amategeko.Icyo gihe nk'uko uyu Kunda yabigarutsehon go yari  atwite inda y'amezi atanu.

Mu kiganiro yagiranye n'abamukurikira, Kunda yagarutse kuri byose yanyuzemo  byagejeje  muri Gicurasi 2024  aho we Kenny Sol bibaruka imfura yabo.

Uyu mugore wasoreje amasomo  muBushinwa, yavuze uko byagenze kugira ngo  amenye ko atwite.

Ati "Natangiye kubona ibimenyetso ariko ntabwo byanteye guhangayika numvaga ari ukubera ko nahinduye ikirere n’ibyo kurya."

Nyuma yaje gufata umwanzuro wo kwipima ngo amenye niba yarasamye ariko byamusabye gukoresha ibipimo bitatu.

Ati "Ku wa 01 Kanama 2023 ni bwo yafashe icyemezo cyo kwipima ibipimo bya mbere biza byerekana ko rwose ntwite ariko sinabyizera mfata icya Gatatu kuko numvaga ibya mbere byari byarapfuye, nabyo bimpa ibisubizo nk’ibya mbere."

Avuga ko yatangiye kujya yifata amashusho ngo arebe ko inda yatangiye kugaragara. Nyuma y’amezi abiri  ngo uyu mugore yaje kubona akazi maze ibimenyetso birushaho kugaragara ari byinshi.

Ngo  kuko ububabare bwatangiye kujya butuma arira bitewe n’uburyo yabaga anyura mu bihe bitoroshye kandi bishya kuri we.Amezi atatu ageze yatangiye guhindura imyambarire, akajya yambara ibintu binini yari afite.

Yaje gufata umwanzuro wo gutangira kubibwira bamwe mu nshuti ze.

Kunda  yavuze ko amezi ane atari  agishobora kwambara imwe mu myambaro yari asanganwe n'iyo yambaraga nk'amapantalo byasabaga ko adafunga imashini.

Ubwo yari agize amezi atanu atwite ari nacyo gihe yasezeraniyeho mu rukiko na Kenny Sol, yari yaratangiye kubyibuha nk'uko abivuga, ngo  kuko yarasigaye afata amafunguro y’abantu babiri.

Mu mezi atandatu n’igice yari asigaye avuga ko atameze neza, ngo umugabo we amukorere masaje y’ibirenge. Mu mezi Icyenda ho ubwo yitegura kwibaruka ntabwo yari acyisiga ibirungo [Makeup] ngo zimufate.

Ashima Kenny Sol wakomeje kumuba hafi cyane ubwo yiteguraga kwibaruka  aho yicaraga  yiteguye kumufasha ngo bagere kwa muganga.

Agaragaza ko kandi muri icyo gihe umubyeyi wamwibarutse yabaga amubaza aho bigeze.

Yishimira kuba kugeza ubu yarungutse inshuti magara, umwana we na Kenny Sol.Kunda yashimiye Kenny Sol wakomeje kumuba hafi mu gutwita kwe nubwo ibintu bitari byoroshye, avuga ko ari intwariKenny Sol ari mu bahanzi bamaze kugwiza ibigwi mu muziki aho kuri ubu afitanye indirimbo na DJ Neptune 

 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...