Urubanza rwa Bishop Gafaranga rwashyizwe mu muhezo

Imyidagaduro - 22/05/2025 8:14 AM
Share:

Umwanditsi:

Urubanza rwa Bishop Gafaranga rwashyizwe mu muhezo

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza rwa Habiyaremye Zachariew, wamamaye mu muziki no ku mbuga nkoranyambaga nka Bishop Gafaranga, uregwa icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Kane, tariki 22 Gicurasi 2025, ubwo hatangiraga kuburanishwa ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’uyu mugabo umaze igihe azwi mu itangazamakuru n’umuziki.

Abari bitabiriye iburanisha bose basabwe gusohoka mu cyumba cy’urukiko, kugira ngo habeho iburanisha ribera mu muhezo, hashingiwe ku busabe bw’uwavuzwe ko yakorewe icyaha.

Bishop Gafaranga yatawe muri yombi ku wa 7 Gicurasi 2025. Kuva icyo gihe, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamata mu Karere ka Bugesera, aho akurikiranweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina.

Kugeza ubu, ibyemezo by’ingenzi ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo biracyari mu maboko y’urukiko, ndetse ntiharamenyekana niba azakomeza gufungwa cyangwa azarekurwa by’agateganyo.

Umuburanyi cyangwa uwakorewe icyaha ashobora gusaba ko urubanza rwe rushyirwa mu muhezo (huis clos/confidentialité) ku mpamvu zinyuranye, zishingiye ku kurinda uburenganzira, icyubahiro n’umutekano we.

Urukiko rushobora gufata icyemezo cyo kuburanisha mu muhezo kugira ngo harindwe isura n’icyubahiro cy’uwakorewe ihohoterwa, cyane cyane mu manza zirebana n’ihohotera rishingiye ku gitsina, ubusambanyi, cyangwa ihohoterwa rikorerwa abana.

Hari ubwo ibivugirwa mu rukiko bishobora kongera gukomeretsa uwakorewe icyaha cyangwa kumutera isoni. Mu rwego rwo kumurinda ihungabana cyangwa guhezwa n’abantu, urubanza rushyirwa mu muhezo.

Iyo hateganyijwe ko hari abatangabuhamya bashobora guhungabanywa cyangwa gutezwa ibyago kubera ibyo bagiye kuvuga mu rukiko, urubanza rushobora gufungwa ku ruhame.

Mu manza zitararangira, kuburanisha ku mugaragaro bishobora guteza kwangirika kw’izina ry’uregwa, cyane cyane iyo bigaragara ko ibimenyetso bikiri bidafatika cyangwa bigaragaza ko bishobora kuzamugira umwere. Ibi birarindwa kugira ngo hatagira umuntu wamburwa icyubahiro ataracirwa urubanza.

Hari igihe amategeko y’imbere mu gihugu cyangwa mpuzamahanga asaba ko imanza zimwe na zimwe, nk’iz’abana, abahuye n’ihohoterwa ridasanzwe, n’izindi zifite impamvu zidasanzwe, ziburanishwa mu muhezo.

Mu Rwanda, ibi bibarizwa mu mategeko arengera abana, arengera abahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ndetse n’amategeko rusange agenga imiburanishirize y’imanza, harimo n’ubushinjacyaha bufite ububasha bwo gusaba ko urubanza rubera mu muhezo igihe bibaye ngombwa.

Urubanza rwa Bishop Gafaranga rwashyizwe mu muhezo

UKO BYARI BIMEZE KU RUKIKO MU RUBANZA RWA BISHOP GAFARANGA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...