Urubanza ku bwicanyi mu Bufaransa rwabaye ikibazo nyuma y'uko abakekwa bahuje 'DNA'

Hanze - 09/02/2026 10:24 AM
Share:

Umwanditsi:

Urubanza ku bwicanyi mu Bufaransa rwabaye ikibazo nyuma y'uko abakekwa bahuje 'DNA'

Mu rukiko rwo mu Bufaransa harimo kubera urubanza rwabaye ingorabahizi aho impanga ebyiri zisa ku buryo budatandukanywa zirimo kuburanishwa ku cyaha cy'ubwicanyi, bikaba byabaye ikibazo kumenya uwarashishije imbunda kuko zihuje DNA.

Abo bavandimwe bafite imyaka 33 bari mu baregwa batanu baburanira hafi y'i Paris, bashinjwa kwica abantu babiri mu mwaka wa 2020 no kugerageza kwica abandi bantu benshi mu bitero byakurikiyeho, nk'uko byatangajwe n'ikinyamakuru Le Parisien.

Iki kinyamakuru kivuga ko bombi bakekwaho kuba baracuze umugambi wo kwica abo bantu babiri, ariko ko DNA (ADN) yabonetse ku mbunda yakoreshejwe muri imwe mu mirwano irimo imbunda yabaye nyuma, ishobora kuba iy'umwe gusa muri bo.

Umupolisi yabwiye urukiko ko inzobere mu bugenzacyaha bwifashisha ibimenyetso bya gihanga zitabashije kumenya nyir'iyo DNA, bityo bikaba bitarashobotse kumenya mu buryo budasubirwaho uwagize uruhare muri icyo cyaha.

Umwe mu bakora iperereza yasubiwemo mu bitangazamakuru abwira urwo rukiko rwo muri komine (akarere) ya Bobigny, mu majyaruguru y'i Paris, ati: "Nyina ni we wenyine washobora kubatandukanya."

Amakuru avuga ko mu rukiko ruberamo urwo rubanza hari umwuka mubi. Ku wa kabiri ushize, bivugwa ko impanga zombi zavanywe mu cyumba cy'urukiko nyuma yo kwanga guhaguruka.

Polisi yemeza ko aba bombi bitwaje kuba basa ndetse banahuje ibimenyetso ndangasano, kugira ngo bahishire ibyo baregwa. Umupolisi mukuru wavuganye n'ikinyamakuru Le Parisien yavuze ko izi mpanga zakundaga gutizanya imyenda, telefone zigendanwa ndetse n'ibyangombwa bibaranga.

Impanga zisa zivuka igihe igi rimwe ryatewe intanga ryigabanyijemo kabiri mu gihe cyo gutwita. Kubera ko ziba zarakomotse ku ntanga imwe n'igi rimwe, zigira DNA isa neza neza, bigatuma bigorana cyane kubatandukanya hifashishijwe ibimenyetso bya gihanga.

 Kubera ko amakuru y'irangamimerere ndetse n'ibimenyetso ndangasano bitashoboye kubatandukanya, abashinzwe iperereza bifashishije amakuru yo kuri telefone, amashusho ya 'camera' z'umutekano, iyumviriza ry'itumanaho ndetse n'ubundi buryo bwo kugerageza kwemeza aho buri wese yari aherereye n'ingendo yakoze, nk'uko ikinyamakuru Le Parisien kibivuga.

Icyakora, ikibazo gikomeye cyo kumenya uwarashe akoresheje intwaro yabonetse, ntikirabonerwa igisubizo. Urubanza rurakomeje, aho biteganyijwe ko urukiko ruzafata umwanzuro mu mpera y'uku kwezi kwa Gashyantare.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...