Uri umugore udasanzwe Mama - Diamond yatomoye umubyeyi wamwibarutse

Imyidagaduro - 09/03/2024 11:34 AM
Share:
Uri umugore udasanzwe Mama - Diamond yatomoye umubyeyi wamwibarutse

Diamond Platnumz yazirikanye umubyeyi wamwibarutse amugenera ubutumwa bwihariye muri iki gihe isi yose iri mu byishimo byo kwizihiza ubudasa bw’umutegarugori.

Buri mwaka tariki ya 08 Werurwe isi yizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore. Ni umunsi usobanuye byinshi kuko umugore ari we nkingi y’umuryango.

Kuri uyu munsi abantu bahererekanye ubutumwa bageneye abo bashakanye nabo cyangwa ababibarutse.

Diamond Platnumz uri mu bihagazeho mu muziki wa Afurika, yazirikanye umubyeyi we unamuba hafi mu bikorwa bye bya buri munsi.

Mu butumwa yashyize hanze mu masaha macye ashize buherekejwe n’ifoto za cyera ubwo yari akiri umwana ari kumwe n’umubyeyi we, Diamond yakeje umubyeyi we amuhamiriza ko amukunda by'akataraboneka.

Diamond Platnumz yagize ati: "Mu isi no muri paradizo, uri umugore udasanzwe Mama."

Yongeraho ati: "Ntabwo amagambo yavuga uko ngukunda nkubaha, Imana iguhe kuramba, ikuzuze umunezero, amahoro n’igikundiro."

Mu bihe bitandukanye Diamond Platnumz aba ari kumwe na nyina umubyara Diamond mu magambo adasanzwe yahamirije nyina ko azahora amukunda Aha hari cyera ubwo Diamond yari kumwe n'umubyeyi we Sandra [Mama Dangote]


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...