Harmonize
yanditse mu rurimi rw’Igiswahili amagambo agaragaza ko urukundo akunda Kajala
rumugira umuntu mwiza kurushaho, rukamutera kwitwara neza, gukunda akazi no
gutekereza ku iterambere.
Yavuze
ko kumukunda no kumwubaha bitagirira akamaro Kajala gusa, ahubwo na we bimugirira
akamaro kurushaho, bikamugira umugabo w’icyitegererezo.
Yagize ati: “[..]Kubera kugukunda,
byatumye nanjye nikunda ubwanjye kurushaho, ntangira gutekereza ku iterambere
no kureba ejo hazaza hanjye. Iyo ngutekerejeho mbona ko ari wowe butunzi
bwanjye bukomeye kurusha ibindi, kandi uko ngushakira imibereho myiza bituma
nanjye ndushaho gutera imbere buhoro buhoro. Imana ishimwe.
Akomeza agira ati: “Mu by’ukuri, mu rukundo rwacu, ni njye wungukiramo kurusha undi wese. Iyo
tugarutse ku cyubahiro, kuba nkubaha bituma mpora nibaza mbere yo kuvuga
cyangwa gukora ikintu icyo ari cyo cyose, kuko ibyo nkora bitanga isura yacu
twembi, si njye jyenyine. Waranyubatse kandi uracyankomeza kunyubaka, wangize
umugabo w’icyitegererezo, wubashywe kurushaho, kandi ibyo byose ni wowe
mbikesha, mugore wanjye.”
Mu
magambo ye ashimangira ko urukundo n’icyubahiro amuha bitamubereye amasezerano
gusa, ahubwo ari inshingano afata nk’iy’ingenzi mu buzima bwe.
Uyu
muhanzi yasoje ubutumwa bwe avuga ko Frida Kajala ari we buzima bwe, amushimira
icyizere yamugiriye no kuba ahora amuba hafi, anemeza ko ari we mahitamo ye ya
nyuma mu “muri ubu buzima”, agaragaza ko n’iyo hashira imyaka 10, azahora
amwiyumvamo nk’aho bagitangira urugendo rw’urukundo.
Ati: “Warakoze cyane ku cyizere wangiriye no kuba uhorana nanjye; sinzigera
mbifata nk’ibisanzwe. Uri amahitamo yanjye ya nyuma muri ubu buzima. N’iyo
hashira imyaka 10, ndacyiyumva nk’aho tugitangira urugendo rwacu rw’urukundo,
mugore wanjye.”
Iyi
mvugo ya Harmonize yerekana ko ikibatsi cy’urukundo hagati ye na Frida Kajala
cyongeye kugurumana, by’umwihariko nyuma y’uko mu Ukuboza 2025 bombi bemeje ko
bongeye gusubirana, ndetse uyu muhanzi agatungurana agaha Kajala impano
y’imodoka.
Harmonize
w’imyaka 35 na Frida Kajala w’imyaka 43 batangiye gukundana mu mpera za 2020,
nyuma y’uko uyu muhanzi atandukanye n’umugore we w’Umutaliyani, Sarah
Michelotti.
Icyakora,
urukundo rwabo rwaranzwe n’ihurizo, kuko bwa mbere batandukanye mu ntangiro za
2021 nyuma y’amezi abiri gusa, biturutse ku myitwarire ya Harmonize watangiye
kugaragaza amarangamutima ku mukobwa wa Kajala witwa Paula Kajala, ubu
washakanye n’umuhanzi Marioo.
Nyuma
yo gusaba imbabazi no gutakamba cyane, Harmonize yongeye gusubirana na Kajala
muri Kamena 2022, ariko na bwo ntibyarambye kuko batandukanye bwa nyuma muri
uwo mwaka, Frida Kajala agaragaza ukwicuza.





