Ni ukuvuga ko hari ibyo
imyaka ishobora gutandukanya, ariko ntishobora gusiba mu mitima y’abakunzi. Ibi
ni byo byagaragariye muri Zaria Court Hotel mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki
ya 8 Kanama 2026, ubwo Urban Boys yongeraga guhura n’abakunzi bayo ba Kigali ku
rubyiniro nyuma y’imyaka icyenda.
Saa sita n’iminota 15
z’ijoro, ni bwo Safi Madiba, Humble Jizzo na Nizzo Kaboss bageze ku rubyiniro,
maze aho byari byatangiye nk’igitaramo gisanzwe bihinduka urugendo rwo gusubiza
abafana mu bihe by’ihuriro ry’iri tsinda ryamamaye mu muziki w’u Rwanda.
Urban Boys yari mu bahanzi
basusurukije abitabiriye igitaramo ‘Replay Volume 1’, cyabereye kuri Zaria
Court Hotel mu rwego rwo kwizihiza umwaka umwe iyi hoteli imaze ikorera mu
Rwanda.
Iki gitaramo cyari cyatangiye
mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, ariko cyambukiranya umunsi kuko cyasojwe ahagana
saa saba z’ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 9 Kanama 2026.
Kuva Urban Boys yagera ku
rubyiniro, byagaragaye ko hari inkuru yihariye yari igiye kuvugwa hagati y’iri
tsinda n’abafana baryo.
Nyuma y’imyaka icyenda
batagaragara hamwe ku rubyiniro i Kigali, Safi Madiba, Humble Jizzo na Nizzo
Kaboss bongeye kuririmbira hamwe imbere y’abakunzi babo bo mu murwa mukuru.
Itsinda ryaherukaga
gutaramira i Kigali mu 2017, bityo igitaramo cyo muri Zaria Court kikaba cyari
gifite umwihariko wo kuba ari ubwa mbere nyuma y’igihe kirekire bongera
kugaragara ku rubyiniro rwa Kigali bari kumwe.
Mu ndirimbo zatumye abafana
basubira mu bihe bitandukanye by’urugendo rwa Urban Boys, harimo ‘Umwanzuro’,
imwe mu ndirimbo zabaye ingenzi mu mateka y’iri tsinda.
Igihe iyi ndirimbo
yatangiraga, abitabiriye igitaramo bayakiranye ibyishimo, bamwe basubira mu
bihe indirimbo za Urban Boys zari mu zikunzwe cyane mu Rwanda.
Urban Boys yatangaje ko
yishimiye kongera gutaramira mu Mujyi wa Kigali, cyane ko abafana bayo bo muri
uyu mujyi bari bamaze imyaka myinshi bategereje kongera kubona iri tsinda ku
rubyiniro.
Nyuma y’imyaka icyenda,
igitaramo cyo muri Zaria Court cyabaye nk’umwanya wo kongera guhuza iri tsinda
n’abafana baryo, cyane cyane abakuze bakurikira umuziki waryo kuva mu myaka ya
mbere y’ubwamamare bwaryo.
Kugaruka kwabo i Kigali kandi
byagaragaje ko nubwo imyaka ishobora kuba yaragiye, indirimbo zabo zo mu bihe
bitandukanye zikomeje kugira umwanya mu mitima y’abakunzi b’umuziki nyarwanda.
Baririmbye indirimbo nka ‘Bibaye’,
‘Take if Off’ bakoranye na Jackie Chandiru, ‘Sipiriyani’, ‘Adamu na Eva’, ‘Indahiro’
bakoranye na Riderman, ‘Umwanzuro’ n’izindi.
Amalon na we yagarutse ku rubyiniro rwa Kigali
Mbere y’uko Urban Boys
itaramira abitabiriye igitaramo, umuhanzi Amalon na we yari yabanje gususurutsa
abari muri Zaria Court.
Yinjiriye ku rubyiniro
aririmba indirimbo ye ‘Impanga’, maze akomereza ku zindi ndirimbo ze zamamaye
muri iki gihe, zirimo ‘Ni Imana’, ‘Impunzi’ na ‘Byakubaho’.
Amalon yabwiye abitabiriye ko
yari akumbuye gutaramira abanya-Kigali nyuma y’igihe kinini atarongera
kubataramira.
Uko yakomezaga kuririmba,
abitabiriye igitaramo bagaragarizaga uyu muhanzi ko indirimbo ze zikomeje
kubakora ku mutima, cyane cyane izagiye zimenyekana mu rugendo rwe rushya mu
muziki.
Igitaramo ‘Replay Volume 1’
cyasusurukijwe n’abahanzi n’abanyamuziki batandukanye, barimo DJ Lamper, Selekta
Faba, Dj Crush, Amalon na Urban Boys.
Cyari cyateguwe mu rwego rwo
kwizihiza umwaka umwe Zaria Court Hotel imaze ifunguye ibikorwa byayo mu
Rwanda, ariko ku bakunzi b’umuziki cyabaye n’umwanya wo kongera kwishimira
bamwe mu bahanzi bafite amateka akomeye mu muziki w’u Rwanda. Iki gitaramo
cyayobowe na Luckman Nzeyimana.
Cyatangiye mu ijoro ryo ku wa
Gatandatu tariki ya 8 Kanama, ariko umuziki n’ibyishimo bikomeza kugeza mu
rukerera rwo ku Cyumweru tariki ya 9 Kanama 2026.
Kuri Urban Boys, ariko, uru
ntabwo rwari urundi rubyiniro gusa.
Rwabaye urubuga rwo kongera
guhura n’abafana ba Kigali nyuma y’imyaka icyenda, mu gihe Safi Madiba, Humble
Jizzo na Nizzo Kaboss bongeye kwibutsa abitabiriye ko hari indirimbo n’amateka
bidapfa gusaza.
Kuva mu 2017 kugeza mu 2026,
imyaka icyenda yari ishize ari myinshi ku bafana b’i Kigali batari bakibonera
Urban Boys uko ari batatu ku rubyiniro.
Ariko muri iryo joro ryo muri
Zaria Court, umuziki wongeye kuba ikiraro cyabahuza.
Urban Boys yagarutse i
Kigali, abafana barayakira, naho indirimbo zakunzwe mu bihe bitandukanye
zongera kumvikana mu ijoro rimwe.
Ni ijoro ryasojwe mu
rukerera, ariko ku bakunzi ba Urban Boys, rishobora gukomeza kwibukwa nk’iryo
itsinda ryabo ryagarutse mu Mujyi wa Kigali nyuma y’imyaka icyenda.
Safi Madiba, Humble Jizzo na
Nizzo Kaboss bongeye guhurira ku rubyiniro, baririmba hamwe indirimbo zakunzwe
cyane mu mateka ya Urban Boys

Urban Boys yageze ku
rubyiniro saa sita n’iminota 15 z’ijoro, maze Zaria Court yuzura ibyishimo ubwo
Safi, Jizzo na Nizzo batangiraga gutaramira abafana
“Umwanzuro” yongeye kumvikana
mu ijwi rya Urban Boys, yibutsa abakunzi bayo zimwe mu ndirimbo zagize uruhare
rukomeye mu rugendo rw’iri tsinda
Safi Madiba, Humble Jizzo na
Nizzo Kaboss basusurukije abitabiriye ‘Replay Volume 1’, mu gitaramo cyahuriyemo
umuziki w’ibihe bitandukanye

Urban Boys yahinduye Zaria
Court ahantu ho gusubira mu mateka yayo, ubwo yakomezaga kuririmba indirimbo
zitandukanye zayigize rimwe mu matsinda yamamaye cyane mu muziki w’u Rwanda

Amalon yinjiriye ku rubyiniro
rwa Zaria Court aririmba ‘Impanga’, indirimbo yahereyeho asangiza abitabiriye
ibyishimo by’umuziki we
‘Ni Imana’, ‘Impunzi’ na
‘Byakubaho’ ni zimwe mu ndirimbo Amalon yifashishije mu gususurutsa abitabiriye
igitaramo ‘Replay Volume 1’
Amalon yagaragaje ko yari
akumbuye gutaramira abanya-Kigali, ubwo yasusurutsaga abitabiriye igitaramo
cyabereye muri Zaria Court
Mu ndirimbo ze zamamaye muri
iki gihe, Amalon yagaragaje uruhande rwe rw’umuhanzi ukomeje kwagura umubare w’abakunzi
be mu muziki nyarwanda
Amalon ari mu bahanzi
bashimishije abitabiriye ‘Replay Volume 1’, aho yaserukanye indirimbo ze
zitandukanye zirimo ‘Impanga’, ‘Ni Imana’, ‘Impunzi’ na ‘Byakubaho’












Kanda hano urebe Amafoto menshi yaranze igitaramo cya Urban Boys na Amalon i Kigali
AMAFOTO: Karenzi Rene/InyaRwanda
VIDEO: Melvin Pro/ InyaRwanda
