Ku mugoroba wo ku Cyumweru
tariki 9 Kanama 2026, Urban Boys yagiranye ibiganiro na Richard, washinze Super
Level, inzu y’umuziki yigeze kugira uruhare rukomeye mu kubaka umuziki
nyarwanda no gushyigikira abahanzi benshi b’icyo gihe.
Kuri Urban Boys, guhura na
Richard ntibyari inama isanzwe. Babisobanuye nk’aho ari “guhura ku muryango”,
kuko uyu mugabo ari mu bantu babaye hafi y’iri tsinda mu bihe by’ingenzi
by’urugendo rwaryo, akaryinjizamo amafaranga menshi ndetse akagira uruhare mu
gutuma rigerageza gukabya inzozi zo gukora umuziki urenga imipaka y’u Rwanda.
Richard yamenyekanye cyane mu
myaka ya za 2010 binyuze muri Super Level, inzu y’umuziki yari ifite studio
ndetse ikorana n’abahanzi benshi bakomeye.
Mu gihe yari ikomeye, Super
Level yabaye imwe mu nzu zagize uruhare mu guteza imbere impano nyinshi, zirimo
Urban Boyz, Ama-G The Black, Bruce Melodie, Mico The Best, Fireman n’abandi.
Umugabo wafashe miliyoni 20 cyangwa 30 Frw akazishyira mu mushinga
umwe
Kuri Safi Madiba, umwe mu
bagize Urban Boyz, Richard ni umwe mu bantu bagize uruhare mu iterambere ryabo
ariko akabikora mu buryo butari ubwo gushaka kwamamara.
Mu kiganiro yagiranye na
Televiziyo Rwanda muri gahunda ya ‘Versus’, Safi yagarutse ku ruhare rwa
Richard mu rugendo rwabo, avuga ko uyu mugabo yashoboraga gufata amafaranga
menshi akayashyira mu muziki atagamije ko izina rye rivugwa.
Ati: “Uyu ni we mugabo
wabayeho waje muri uyu muziki wafataga Miliyoni 20 Frw cyangwa Miliyoni 30 Frw
adakeneye kugirango avugwe."
Safi avuga ko imwe mu nkunga
ikomeye Richard yabahaye ari igihe Urban Boys yajyaga muri Nigeria, aho
yabahaye amafaranga arenga Miliyoni 30 Frw kugira ngo babashe kuhakorera
indirimbo.
Icyo gihe, kujya muri Nigeria
ku bahanzi nyarwanda byari bifite igisobanuro kirenze gukora indirimbo. Byari
ukugerageza kwinjira mu isoko ry’umuziki ryari rimaze kuba rinini muri Afurika,
no gushaka amahirwe yo gukora n’abatunganya umuziki ndetse n’abahanzi bafite
amazina ku rwego mpuzamahanga.
Safi avuga ko Richard
atabikoze kugira ngo ahabwe amashyi cyangwa kwamamazwa. Ati: “Ntiyari akeneye
kuvugwa, ahubwo yayaduhaye kugirango tugere ku rwego mpuzamahanga.”
Ibyo Urban Boys bavuga uyu
munsi biha igisobanuro gishya kuri zimwe mu ntambwe z’ingenzi iri tsinda
ryateye mu myaka ryamaze mu muziki.
Richard n’urugendo rwa Urban Boyz rwo kurenga u Rwanda
Urban Boyz ni rimwe mu
matsinda yabayeho afite uruhare rukomeye mu guhindura isura y’umuziki nyarwanda
wo mu myaka ya 2010.
Itsinda rigizwe na Humble
Jizzo, Nizzo Kabosi na Safi Madiba ryakoze indirimbo nyinshi zakunzwe cyane,
rikagira n’uruhare mu gutuma umuziki wo mu Rwanda urushaho gukurikiranwa
n’abaturanyi ndetse n’abari hanze y’igihugu.
Muri urwo rugendo, Richard
yabaye umwe mu bantu bafashije iri tsinda kubona ubushobozi bwo gukora bimwe mu
bikorwa bitari byoroshye ku bahanzi benshi bo muri icyo gihe.
Amafaranga yashyize mu
bikorwa byabo, cyane cyane urugendo rwo kujya muri Nigeria, yabaye igishoro
cyafashije Urban Boyz gukomeza kureba kure y’isoko ry’u Rwanda.
Ni yo mpamvu, nyuma y’imyaka
myinshi, Safi n’abandi bagize Urban Boyz bakomeje kubona Richard nk’umuntu
wagize uruhare mu mateka yabo, atari nk’umushoramari gusa ahubwo nk’umwe mu
bantu bemeye kwizera impano yabo mu gihe cyari kigikomeye.
Si Urban Boyz gusa: Richard yagize uruhare no ku bandi
Uruhare rwa Richard mu muziki
nyarwanda ntirugarukira kuri Urban Boyz.
Safi Madiba yanagarutse ku
ruhare yagize mu guhuza Mico The Best na Diamond Platnumz, ibintu byatumye aba
bahanzi bakorana indirimbo.
Richard kandi ni umwe mu
bantu bashoye imari muri Bruce Melodie mu bihe bya mbere by’urugendo rwe
rw’umuziki.
Ibi bituma Super Level iba mu
mateka y’inzu z’umuziki zagize uruhare mu kuzamura bamwe mu bahanzi bakomeye
baje kugira izina rikomeye mu Rwanda.
Safi abona ko ibyo Richard
yakoze bikwiye kwibukwa no guhabwa agaciro. Ati: “Uyu mugabo akwiriye indabo
ze, arazikwiriye.”
Ni amagambo agaragaza ko, ku
ruhande rwa Urban Boyz, hari abantu bagize uruhare mu rugendo rwabo ariko
amazina yabo atagiye agaragara cyane mu nkuru z’umuziki.
Super Level: Inzu yubatse igice cy’amateka y’umuziki nyarwanda
Iyo uvuze Super Level, uba
uvuga igice cy’amateka y’umuziki nyarwanda wo mu myaka ya za 2010.
Yashinzwe na Nsengumuremyi
Richard, imenyekana cyane mu myaka yakurikiyeho, iba ahantu abahanzi banyuranye
babonaga studio, ubufasha n’ubushobozi bwo gukomeza gukora umuziki.
Muri abo banyuze muri Super
Level harimo Urban Boyz, Ama-G The Black, Bruce Melodie, Mico The Best, Fireman
n’abandi.
Iyi nzu ntiyari studio gusa.
Yari kimwe mu byari bigize urusobe rw’abari batangiye kureba umuziki nk’umwuga
ushobora gushorwamo amafaranga, ugatunganywa mu buryo bw’umwuga ndetse ukagira
n’ubushobozi bwo kugeza abahanzi ku rundi rwego.
Mu gihe umuziki nyarwanda
wari ukiri mu rugendo rwo kwiyubaka, Super Level yabaye ahantu hahuriraga
impano, abatunganya umuziki n’abashoramari.
Ariko inkuru ya Super Level
ntiyarangiye neza
Nubwo Super Level yari imaze
kubaka izina, imikorere yayo yatangiye kuzamo ibibazo mu mpera za 2016 no mu
ntangiriro za 2017.
Abahanzi bari bayirimo
batangiye kuyivamo umwe ku wundi. Ama-G The Black yabaye umwe mu bavuye muri
iyo nzu, nyuma Bruce Melodie na we arasezera, ibintu byakurikiwe n’amakimbirane
ajyanye n’amafaranga ndetse n’imanza.
Uko abahanzi bagendaga
bayivamo, ni na ko ibikorwa bya Super Level byagendaga bigabanuka, kugeza ubwo
byinshi mu bikorwa byayo byahagaze.
Ibikoresho bya studio na byo
byagiye bigurishwa. Muri icyo gihe, ibikoresho birimo piano na soundcard
byagiye bivamo, mu gihe Mico The Best yaje kugirana na Richard ubucuruzi aho
yahaye nyiri Super Level MacBook ye, bakagurana ibikoresho bya studio.
Ibyo byari ibimenyetso by’uko
inzu yari yaragize uruhare rukomeye mu muziki nyarwanda yari itangiye gusenyuka
buhoro buhoro.
Icyasigaye ni umurage
Nubwo Super Level itakomeje
gukora nk’uko byahoze, ibikorwa byayo n’abantu yanyuzemo byasize umurage
utagomba kwirengagizwa.
Abahanzi benshi bayinyuzemo
bakomeje kubaka amazina yabo, bamwe bagera ku rwego rwo gukorana n’abahanzi
bakomeye muri Afurika ndetse no hanze yayo.
Uyu munsi, nyuma y’imyaka
myinshi, iri tsinda riragaruka kuri bamwe mu bantu baryemeye mu gihe ryari
rikiri mu rugendo rwo kwiyubaka.
Guhura na Richard muri Kanama
2026 si ugusubira gusa ku mateka ya Super Level. Ni no kwibuka ko inyuma
y’abahanzi bageze ku rwego rwo hejuru haba hari abantu bagize uruhare mu
rugendo rwabo, rimwe na rimwe bakabikora batabanje gutekereza ku kwamamara
kwabo.
Kuri Urban Boyz, Richard ari mu bantu nk’abo.
Ni umugabo bashimira kuba
yarigeze gufata amafaranga menshi, arenga Miliyoni 30 Frw, akayashyira mu
rugendo rwabo rwo gushaka kumenyekana no gukorera umuziki hanze y’u Rwanda.
Ni yo mpamvu guhura kwabo
nyuma y’imyaka myinshi byaje nk’umwanya wo kongera kwibuka aho batangiye,
abantu babafashije gutera intambwe, n’inzozi zari inyuma y’urugendo rwabo.
Kandi nk’uko Safi Madiba yabivuze, bamwe muri abo bantu bakwiriye “indabo zabo” bakiriho, kuko amateka y’umuziki nyarwanda atagomba kwibuka abahanzi gusa, ahubwo agomba no kwibuka abemeye kubashoramo imari no kubashyigikira mu bihe bitari byoroshye.

Richard Nsengumuremyi
washinze Super Level yagiranye ibiganiro na Urban Boys nyuma yo kongera kwihuza nk'itsinda
Safi Madiba avuga ko Richard
yabashoyemo imari atagamije kuvugwa mu itangazamakuru cyangwa se gushimirwa
Safi Madiba yibuka ko hari
igihe Richard yabahaye arenga Miliyoni 30- Frw ubwo bari bagiye gukorera
indirimbo muri Nigeria
