Trent Alexander-Arnold, umwe mu bakinnyi b’inkingi ya mwamba muri Liverpool FC, yatangaje ko agiye kuyivamo mu mpera z’uyu mwaka w’imikino, nyuma y’imyaka 20 ayikinira. Yabinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa Mbere, tariki ya 5 Gicurasi 2025.
Uyu mukinnyi ukina yugarira yavuze ko icyemezo cye cyafashwe mu buryo bwa kinyamwuga, ashimangira ko yifuza impinduka mu buzima bwe no gukomeza gutera imbere mu mwuga we w’umupira w’amaguru.
Mu butumwa bwe, yagize ati: "N’amarangamutima menshi, ndatangaza ko ndi mu minsi yanjye ya nyuma muri Liverpool. Ntabwo ari uko nshaka ibirenze, ahubwo ni icyemezo cyo kugerageza ubundi buzima. Ibyo twagezeho hamwe ntibizigera bimva mu mutima."
Alexander-Arnold yashimiye byimazeyo abafana ba Liverpool, abakinnyi bagenzi be n’abatoza bamufashije kuva akiri muto kugeza abaye icyamamare ku rwego mpuzamahanga.
Real Madrid ni yo igiye kumwakira, aho yemeye kumutangaho asaga miliyoni 20 z’amadolari. Uyu mukinnyi w’imyaka 26 yagiye muri Liverpool afite imyaka 6, ayikuriramo ndetse ayifasha kwegukana Champions League, Premier League, FIFA Club World Cup n’ibindi bikombe bikomeye. Liverpool ni yo kipe rukumbi yakiniye kugeza ubu.

Trent Alexandar mu nzira yo kujya muri Real Madrid
![]()
Trent yatwaranye na Liverpool ibikombe bitandukanye
Trent wageze muri Liverpool afite imyaka 6, hano yari yujuje imyaka 18 y'amavuko
