Aya
marushanwa azwi nka “Moot Court Competitions” afasha abanyeshuri kumenya uburyo
bwo kuburana, gutegura dosiye no gutanga ibitekerezo byabo imbere y’abandi,
ibintu bifatwa nk’ingenzi mu mwuga w’amategeko. Uretse ubumenyi bwo mu bitabo,
abitabira aya marushanwa banunguka ubunararibonye bubafasha kwizera ubushobozi
bwabo.
Umwe
mu banyeshuri witabiriye aya marushanwa yavuze ko hari byinshi yungukiyemo,
agira ati: “Aya marushanwa adufasha gusobanukirwa neza uko urubanza rutegurwa
n’uko ruburanishwa.”
Karl
D. Sivili, urimo gusoza amasomo y’amategeko muri Kaminuza ya UNILAK akaba
yaranahembwe nk’umusore wahize abandi mu kuvuga neza mu irushanwa, mu
kugaragaza ingingo no kuzihuza n’amategeko, yavuze ko byamubereye amahirwe yo
gushyira mu ngiro ibyo yize.
Ati: “Yari amahirwe adufungurira kubasha kwiga tunagaragaza ibyo twize kubera ko ubumenyi bwo mu magambo gusa ntibuhagije, tuba dukeneye n’ubumenyi ngiro dushobore gukoresha mu mwuga wacu.
Kimwe mu byo nize ni uburyo bwo gusubiza
ibibazo by’abagize inteko iburanisha, kuko nabonye ko mu gihe usubiza ugomba
gutanga igisubizo gishimangira ibyo amategeko ateganya.”
Abarezi
n’inzobere mu mategeko bagaragaza ko aya marushanwa ari ingenzi mu guteza
imbere ireme ry’uburezi mu bijyanye n’amategeko, kuko afasha abanyeshuri guhuza
ibyo biga n’ibyo bazakora mu kazi. Bemeza ko ari imwe mu nzira zifasha kubaka
urwego rw’ubutabera rukomeye mu gihugu.
Dr.
Mwenedata Alfred, Umuyobozi w’Ishami ry’Amategeko muri Kaminuza ya INES
Ruhengeri, yagize ati: “Nk’uko abiga amashami y’ubumenyi ngiro bajya muri za
laboratwari, navuga ko twebwe iyi ari yo laboratwari yacu. Ni urubuga
abanyeshuri biga amategeko bitorezamo kuvuga amategeko, kwandika amategeko
ndetse n’imyanzuro, no kwisobanura imbere y’urukiko.”
Abategura
aya marushanwa bagaragaza ko intego nyamukuru ari ugutoza abanyeshuri kuba
abanyamwuga bashoboye, bashobora gutanga ubutabera buboneye kandi bushingiye ku
bumenyi buhamye.
Imanirimaso
Aaron Nova, Umunyamategeko uri mu bashinze akaba n’Umuyobozi Mukuru w‘Ihuriro
‘Moot Court Forum’ ryateguye aya marushanwa,
yashimiye abafatanyabikorwa batandukanye batumye irushanwa ry’uyu mwaka
rishoboka, aboneraho no kugaragaza ko imihigo ikomeje mu gutegura abanyamwuga
bahamye mu by’amategeko.
Yagize
ati: “Twebwe turareba ibifitiye akamaro umunyeshuri wiga amategeko mu Rwanda,
turareba igifitiye akamaro Sosiyete Nyarwanda. Turashaka ko muri uru rugendo
umunyeshuri yamenye iki, ibyo yamenye arabihuza n’ibiri hanze gute? Turashaka
ko ibyo babihuza n’ibiri ku kibuga, babihuza n’ibyo bakora. Nasoza mvuga ngo
mwarakoze mwese abantu bose babanye natwe, turacyahari ejo tuzongera tubegere.”
Iri rushanwa ryasojwe ku wa Gatanu tariki ya 24 Nyakanga ku Cyicaro Gikuru cy’Urukiko rw’Ikirenga, abanyeshuri ba Kaminuza ya Kigali (UoK) begukanye igihembo gikuru, bari bahanganye n’aba Kaminuza y’Abalayiki b’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi (UNILAK), aho baburanaga urubanza mpimbano ruhuza icyaha cya Jenoside, ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI), uburenganzira bwa muntu no kugera ku butabera.

UNILAK yaje ku mwanya wa kabiri






Teddy Valentine Igabe wiga muri INES Ruhengeri, yahembwe nk’umukobwa wahize abandi mu kuvuga neza imbere y’urukiko

Ubuyobozi bwa Moot Court Forum buri kumwe n’abagize Inteko iburanisha
