Iki gikorwa cyahuje ubumenyi n’ubunararibonye bw’ibigo bigize United Capital, aho ishami ryaryo rishinzwe ishoramari mu mabanki ryagize uruhare nk’Ikigo Gihuriweho gishinzwe gutegura no gutanga imigabane (Joint Issuing House), mu gihe United Capital Securities yo yagize uruhare nk’umwe mu bahuza bemewe b’abagura n’abagurisha imigabane muri iki gikorwa.
Ishyirwa ku isoko ry’imigabane ya mbere ya Dangote Petroleum Refinery ni intambwe ikomeye ku masoko y’imari muri Afurika, kuko rishyira ku isoko rusange kimwe mu bigo by’inganda bikomeye ku mugabane wa Afurika, bityo rigaha abashoramari benshi amahirwe yo kugira uruhare mu mutungo wacyo.
Kuri United Capital, iki gikorwa cyongeye kugaragaza ubushobozi bwayo mu guhuza ubumenyi n’ubushobozi mu masoko y’imari, hagamijwe gushyigikira ibikorwa binini by’ishoramari ku mugabane wa Afurika.
United Capital mu guhuza abashoramari n’amasoko y’imari
Ishami rya United Capital rishinzwe ishoramari mu mabanki, ryagize uruhare mu gutegura no gutanga imigabane, ritanga ubujyanama mu by’ubucuruzi ndetse n’ubunararibonye mu bijyanye n’imari n’imigabane.
Ku rundi ruhande, United Capital Securities yagize uruhare nk’umwe mu bahuza bemewe b’abagura n’abagurisha imigabane muri iki gikorwa, ifasha abashoramari kubona uburyo bwo kugira uruhare muri iri soko ry’imari.
Izi nshingano zombi zigaragaza uruhare rwa United Capital mu gukusanya no guhuza igishoro kigenewe ishoramari, ndetse n’ubushobozi bwayo bwo gufasha ibigo bikomeye byo muri Afurika kubona igishoro binyuze ku masoko y’imari.
“Itsinda Rimwe, Amahirwe Atagira Umupaka”
Iki gikorwa kandi gishingira ku ihame rya United Capital rigira riti: “Itsinda Rimwe, Amahirwe Atagira Umupaka”, aho ibigo bigize iri tsinda bihuriza hamwe imbaraga n’ubumenyi kugira ngo bishyigikire ibikorwa by’ishoramari bifite akamaro ku bukungu.
Mu bijyanye n’ishoramari mu mabanki, icuruzwa ry’imigabane, imicungire y’imitungo, ubusigire (Trusteeship) no kubungabunga imari, United Capital ihuza ubumenyi bwihariye kugira ngo itange serivisi ku nzego za Leta, ibigo by’ubucuruzi, inzego z’ubuyobozi ndetse n’abashoramari ku giti cyabo.
Izi mbaraga zikomeje kugaragara mu bihugu bitandukanye bya Afurika, mu gihe United Capital ikomeza kwagura ibikorwa byayo no kugira uruhare mu iterambere ry’amasoko y’imari kuri uyu mugabane.
Mu ntangiriro z’uyu mwaka, United Capital Group yabonye ibyemezo bitangwa n’inzego zibishinzwe byo gutangiza ibikorwa mu Rwanda no muri Ethiopia.
Muri Ethiopia, United Capital yabaye ikigo cya mbere cyo mu mahanga cyahawe uruhushya rwo gutanga serivisi z’ishoramari mu mabanki muri icyo gihugu, intambwe igaragara mu iterambere ry’isoko ry’imari riri kuzamuka.
Mu Rwanda, iri tsinda ryabonye ibyemezo by’inzego zibishinzwe byo gukorera binyuze muri United Capital Trustees Rwanda Limited na United Capital Financial Services Rwanda Limited.
Ibi byatumye rishyiraho urubuga rwo gutanga serivisi z’imicungire y’ishoramari, ishoramari mu mabanki n’ubusigire, bityo rikomeza kwagura ibikorwa byaryo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba.
Izi ntambwe ni zimwe mu zigize gahunda ya United Capital yo gukusanya igishoro no kukigeza hirya no hino muri Afurika, guhuza amahirwe y’ishoramari muri Afurika n’abashoramari bo ku mugabane ndetse n’abaturuka hanze, no guteza imbere ibigo n’ubukungu.
IPO ya Dangote Petroleum Refinery yafunguriye amahirwe abashoramari
Igikorwa cyo gushyira ku isoko imigabane ya mbere (IPO) ya Dangote Petroleum Refinery and Petrochemicals kirenze kuba igikorwa cy’ubucuruzi gusa.
Gushyira imigabane y’uru ruganda ku isoko rusange bituma kimwe mu bigo by’inganda bikomeye muri Afurika giha abashoramari benshi amahirwe yo kugira uruhare mu iterambere ryacyo ry’ahazaza. Bitewe n’ingano y’iki gikorwa ndetse n’amahirwe cyahaye abashoramari bato, cyiswe “IPO igenewe rubanda.”
Ibikorwa by’ishoramari bifite ingano nk’iyi bigaragaza uruhare amasoko y’imari akomeye ya Afurika ashobora kugira mu gufasha ibigo kubona igishoro cy’igihe kirekire, kwagura umubare w’abafite imigabane no guha Abanyafurika benshi amahirwe yo kugira uruhare mu iterambere ry’ibigo bikomeye byo ku mugabane.
Mu gihe United Capital ikomeza kwagura ibikorwa byayo muri Afurika, iri tsinda rivuga ko rizakomeza kugeza ubumenyi n’ubushobozi bwaryo mu bihugu n’uturere bitandukanye, hagamijwe gushyigikira za Leta, ibigo by’ubucuruzi n’abashoramari ku masoko y’ingenzi yo muri Afurika.
United Capital yashimiye Dangote Petroleum Refinery and Petrochemicals ku bw’iki gikorwa cy’amateka, ivuga ko yiyemeje gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’iki kigo nk’ikigo nyafurika gifite imigabane iri mu maboko ya rubanda.
Ibyerekeye United Capital Group
United Capital Plc ni itsinda ry’ibigo bitanga serivisi z’imari n’ishoramari, riharanira inyungu za Afurika kandi rifite uburambe n’ubumenyi bw’imyaka irenga 60.
Iri tsinda ritanga serivisi zirimo ishoramari mu mabanki, icuruzwa ry’imigabane, imicungire y’imitungo, ubusigire (Trusteeship), kubungabunga imari ndetse na serivisi z’imicungire y’imari ku bakiriya batandukanye.
United Capital ikorera mu bihugu birenga 12 bya Afurika, birimo Nigeria, Ghana, Côte d’Ivoire, Rwanda na Ethiopia, kandi ikomeje kwagura ibikorwa byayo ku mugabane wose.
Iri tsinda rihuza ubumenyi bwimbitse ku masoko, guhanga udushya n’ikoranabuhanga mu rwego rwo guha agaciro karambye abakiriya n’abandi bafatanyabikorwa.
United Capital kandi yagiye ihabwa ibihembo n’amashimwe ku rwego rw’igihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga, harimo kuba Financial Times yarayishyize mu bigo bikura vuba kurusha ibindi muri Afurika mu gihe cy’imyaka ine ikurikirana.
Abashoramari bo mu Rwanda bashobora kwiyandikisha kugira ngo bagure imigabane ya IPO ya Dangote Petroleum Refinery and Petrochemicals banyuze kuri:
Ejikeme Okoli – Director, Africa
Telefone: +234 703 785 0328
Email: Ejikeme.Okoli@unitedcapitalplcgroup.com
Email: PanAfrica@unitedcapitalplcgroup.com

Peter Ashade, Umuyobozi Mukuru wa United Capital asinya amasezerano na Dangote Petroleum Refinery

Itsinda rya United Capital

Itsinda rya United Capital mu muhango wo gusinya amasezerano hagati y’impande zombi
